• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon

PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon

Editorial 26 May 2022 Amakuru, IMIKINO

Ibikorwa by’imikino bireba u Rwanda birakomeje hirya no hino ku isi mu mikino itandukanye ndetse bamwe mu bahagarariye igihugu batahukanye ishema abandi nabo bakomeje imyitozo yo kwitegura amarushanwa yo hanze y’igihugu.

Duhereye ku mupira w’amaguru, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 25 Gicurasi 2022 mu masaha y’umugoroba ahagana saa moya z’ijoro nibwo abakinnyi bari bahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amarerero ya Paris St Germain yo hirya no hino ku Isi.

Irerero rya PSG ryo mu Rwanda rikaba ryaratwaye igikombe cy’Isi mu kiciro cy’abari munsi y’imyaka 13, aba bana bakaba baratinze ikipe y’igihugu ya Brazil kuri penaliti 3-1 nyuma y’uko umukino wari warangiye amakipe yombianganyije igitego 1-1.

Mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 11, u Rwanda rwasoje ku mwanya wa kane nyuma yo gutsindwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bahatanira umwanya wa gatatu.


Kuri uyu wa gatatu, ikipe y’igihugu yitegura imikino ibiri yo guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2023, yatangiye imyitozo aho ku munsi wa mbere iyi kipe yakoreye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo ndetse myugariro Ange Mutsinzi akaba yamaze no kugera mu Rwanda avuye muri Portugal.

Mu mukino wa Basketball, i Kigali harimo kubera imikino ya Basketball Africa League aho kuri ubu igeze mu mikino ya nyuma, ikipe ya US Monastir yo muri Tunisie yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2022 itsinze Zamalek yo mu Misiri amanota 88-81.

Undi mukino wabaye mbere, ikipe ya Petro de Luanda yo muri Angola yageze ku mukino wa nyuma itsinze ikipe ya FAP amanota 88-74 mu mukino wa ½ cy’irangiza.

Muri iri rushanwa kandi abakinnyi b’uyu mukino baraye bahawe ibihembo nka bamwe mu bakinnyi bafite inkomoka muri Afurika bagize ibyo bageraho muri uyu mukino, ibi bikaba byarahuriranye n’uko kuri uyu wa gatatu hizihizwaga umunsi wa Afurika, abo bakinnyi ni Mugabe Arstide, Ian Mahinmi, Luol Deng na Joakim Noah.

Mu mukino wo gusiganwa ku magare, Nyuma yo kutitabira, Tour du Cameroun 2021, ikipe y’igihugu yatumiwe mu isiganwa rizatangira muri Kamena 2022, ni isiganwa rizitabirwa n’abakinnyi 6 rigakinwa iminsi 8.

Iyi kipe yatangiye umwiherero i Musanze kuri uyu wa Kane, ikaba igizwe na Mugisha Moise , Munyaneza Didier, Nzafashwanayo Jean Claude, Muhoza Eric, Niyonkuru Samuel na Tuyizere Etienne.

Mu mukino w’intoki wa Volleyball, aho amakipe abiri y’Abagore ahagarariye igihugu mu gikombe cya Afurika ariyo APR WVC na RRA VC, aya makipe yombi arahura muri 1/8 cy’irangiza aho hagomba kuvamo ikipe imwe izagera muri kimwe cya Kane.

2022-05-26
Editorial

IZINDI NKURU

Inzozi za Tshisekedi zo gukuraho Perezida Kagame zizamusiga amahoro?

Inzozi za Tshisekedi zo gukuraho Perezida Kagame zizamusiga amahoro?

Editorial 04 Jul 2023
Amakipe yo mu Rwanda, REG VC na RRA WVC begukanye irushanwa rya KAVC ryaberaga muri Uganda

Amakipe yo mu Rwanda, REG VC na RRA WVC begukanye irushanwa rya KAVC ryaberaga muri Uganda

Editorial 05 Aug 2024
Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Editorial 15 Feb 2024
APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

Editorial 06 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwimuriwe ku wa gatanu tariki 13.10.2017
Mu Rwanda

Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwimuriwe ku wa gatanu tariki 13.10.2017

Editorial 11 Oct 2017
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 11 Nyakanga 2018
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 11 Nyakanga 2018

Editorial 12 Jul 2018
I Dakar : Perezida Kagame yitabiriye inama izwi nka Next Einstein Forum
Mu Rwanda

I Dakar : Perezida Kagame yitabiriye inama izwi nka Next Einstein Forum

Editorial 10 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru