• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Editorial 28 Mar 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Nibyo koko, icyegeranyo cya “Komisiyo Declert” cyambitse ubusa igihugu cy’ Ubufaransa, kigaragaza mu buryo budasubirwaho uruhare rwacyo muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Abafatanyabikorwa b’abajenosideri bashyizwe ku Karubanda, ndetse hanamaganwa abashinja ubwicanyi ingabo za FPR zahagaritse Jenoside, isi yose irebera.

Hagendewe ku nyandiko zibarirwa mu 8.000, nyuma y’imyaka 2, abanyamateka n’abanyamategeko bari bagize iyi Komisiyo basohoye icyegeranyo cy’impapuro 1.200, zishinja Perezida François Mitterrand n’ibyegera bye gushyigikira abajenosideri, haba mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, mu gihe yakorwaga na nyuma yayo. Abakurikiranira hafi iki kibazo kimaze imyaka 27 kigibwaho impaka, bishimiye  ubutwari bwa Perezida w’Ubufaransa muri iki gihe, Emmanuel Macron, washyizeho iyi Komisiyo yigenga, bikagaragaza ubushake bwo gushyira ukuri ahabona, guha agaciro abakorewe Jenoside no kuzahura umubano hagati y’Ubufaransa n’uRwanda. Ibi byanashimangiwe na Leta y’uRwanda, isanga iyi ari intangiriro nziza y’urugendo rushya kandi rwiza mu mibanire y’ibihugu byombi.

Icyakora rero, nubwo iki cyegeranyo kidaca ku ruhande ibikorwa bigayitse by’abanyapolitiki barangajwe imbere na Perezida Mitterrand, birimo kwitiranya ikibazo cy’amoko n’intambara hagati ya FPR-Inkotanyi na Leta ya Yuvenali Habyarimana, bikaza gutuma Abatutsi bicwa kuko bafatwaga nk’abanzi b’u Rwanda, abasesenguzi basanga hari n’inenge muri iki cyegeranyo:

1. Komisiyo Declert yirinze gushinja Ubufaransa ubugambanyi mu gutegura umugambi wa Jenoside, ngo kuko nta kimenyetso gifatika yabonye. Aha harimo kwivuguruza kuko icyegeranyo ubwacyo kivuga ko Leta ya Miterrand yafashije ubutegetsi bwariho mu Rwanda, izi neza ko Habyarimana n’akazu ke bari mu bikorwa byo gutegura umushinga munini wo gutsemba Abatutsi, u Rwanda n’Ubufaransa byafataga nk’abanzi b’Igihugu. Inyandiko nyinshi zigaragaza ko uwari Ambasaderi w’Ubufaransa mu Rwanda atahwemye kubwira ba shebuja b’I Paris ko Interahamwe zitegurwa ngo zitsembe Abatutsi n’abadahuje imyumvire nazo, ndetse n’ingabo za Loni zari mu Rwanda nta munsi zitatabaje Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ku Isi, kandi uBufaransa ni umunyamuryango wako uhoraho. Ibi ni nko kwitabira inama z’ubukwe, ugatwerera, ukanabutaha, ariko ugahakana kuba waragize uruhare mu babuteguye.

2. Mu cyegeranyo cya “Komisiyo Declert” ntaho bavuga operasiyo za gisirikari ingabo z’Abafaransa zoherejwemo mu Rwanda, nka “Opération Noroît” na “Opération Tuquoise” zose zaje gushyigikira ubutegetsi bwakoze Jenoside. Komisiyo ivuga ko itahawe impapuro zijyanye n’ibikorwa bya gisirikari by’Ubufaransa mu Rwanda. Aha, abakurikiraniye hafi imikorere y’iyi Komisiyo bavuga ko igice kirebana no gusesengura ubutumwa bwa gisirikari ingabo z’Ubufaransa zajemo mu Rwanda cyari cyashinzwe umugore witwa Julie d’Andurain waje kuva muri iyi Komisiyo, bimaze kugaragara ko abogamiye ku bajenosideri.

Aho aviriyemo rero, birakekwa ko nta wundi wahawe izi nshingano, cyangwa ibyo yari yakoze bikagirwa imfabusa kubera kubogama. Biranashoboka ariko ko kuvuga ku bikorwa bya gisirikari byaba byarirengagijwe nkana, hatinywa kuvuguruza ibinyoma byo gutagatifuza ibikorwa bya gisirikari Ubufaransa bwakoze mu Rwanda, nko kwemeza ko ‘’Opération Tuquoise’’yari  mu bikorwa by’ubugiraneza! Nyamara uwitwa Guillaume Ancel wari muri iyo operasiyo yivugira ko ubutumwa bari bahawe ntaho buhuriye n’ubutabazi cyangwa ubugiraneza, ko ahubwo bwari bugamije gusubiza mu birindiro Leta n’ingabo zariho zitsindwa, byananirana abicanyi bagafashwa guhungira muri Zayire, ari nako byagenze.

Icyegeranyo ntigisesengura byimbitse imyitwarire ya  Christophe Mitterrand, umuhungu wa Perezida Mitterrand, wari ushinzwe by’umwihariko gutabara Leta y’abajenosideri. Abasirikari b’Abafaransa bagaragaye kuri za bariyeri basaba indangamuntu ngo Umututsi yicwe, ntacyo zivugwaho, abafashije Ex-Far ku rugamba  ku manywa y’ihangu, byarengejweho uruho rw’amazi, hirengagijwe ubuhamya bw’abasirikari b’Ubufaransa bivugira ko bagize uruhare muri ibyo bikorwa,nka Adjudant Chef Prungnaud na General Vallet.Bigaragara rero nk’aho iyi Komisiyo yari ishinzwe kureba amahano ya bamwe mu banyapolitiki gusa, naho aya gisirikari ntavugwe.Umugaba Mukuru w’Ingabo z’Ubufaransa muri iki gihe, François Lecointre, yari aherutse kwishongora , ubwo yavugaga ko “ari ubusazi” gushinja izo ngabo uruhare mu byabaye mu Rwanda. Kuba yarabivuze n’icyegeranyo kitarasohoka, birerekana ko yari azi neza ibikubiyemo.

3.Iki cyegeranyo ntikivuga, ku buryo butarya iminwa, ko n’ubu hari          Abajenosideri bagikingiwe ikibaba n’Ubufaransa, bakaba bakomeje gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri icyo gihugu hari Agatha Kanziga wagaragajwe nk’umwe mu bavurabwenge ba Jenoside. Uwo mugore-gito yimwe(bya nyirarureshwa) ubuhungiro mu Bufaransa ku buryo bwemewe n’amategeko, ariko icyo gihugu cyanze kumuburanisha cyangwa ngo kimwirukane, ajye aho ashobora gushyikirizwa ubucamanza. Muri make Ubufaransa ni indiri y’abajenosideri batabarika, nka Padiri Wensislas Munyeshyaka, Laurent Bucyibarura n’abandi ba ruharwa benshi cyane.

Nubwo koko iki cyegeranyo cya “Komisiyo Declert” ari urufatiro rw’ukuri uri ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse bikaba bikwiye gushimirwa Perezida Emmanuel Macron, ntawabura kuvuga ko hari ibigikeneye kujya ahabona. Uru ni urufunguzo rw’ubundi bushakashatsi buzarushaho gushyira ibintu mu mucyo, ntihagire uzasigara ari”umutagatifu”kandi ari umugome mu bandi ukwiye kumenyekana. Ikindi iyi Komisiyo yaje itinze, kuko imyaka 27 yose ukuri kwarapfukiranywe yafashije abagome gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside.

Icyo kwishimira gusa ni uko nta na rimwe gukora neza bijya bikererwa. Turizera ko  ibyiza biri imbere, nko kuburanisha umuntu wese watumye Ubufaransa bwijandika muri Jenoside, kandi iki gihugu kigafasha mu guta muri yombi abajenosideri, baba abari mu Bufaransa, baba n’abakihishahisha za Mayotte no mu bindi bihugu. Ni ngombwa kandi ko habaho ubutabera budacagase.Abajenosideri nibahanwa,  abahohotewe muri Jenoside bazagenerwe indishyi, kuko ihame ry’amategeko rivuga ko “nta ndishyi, nta butabera”.

Ibindi nko kuzimya no gukoma mu nkokora abashyigikiye imitwe y’iterabwoba nka FDLR n’iyindi, tuzabyisabira Perezida Emmanuel Macron utegerejwe mu ruzinduko mu Rwanda mu minsi mike iri imbere.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

2021-03-28
Editorial

IZINDI NKURU

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

Editorial 03 May 2021
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri village urugwiro kuwa gatanu tariki ya 09/12/2016

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri village urugwiro kuwa gatanu tariki ya 09/12/2016

Editorial 13 Dec 2016
#GumaMuRugo irakomeza kugeza tariki 30 Mata 2020

#GumaMuRugo irakomeza kugeza tariki 30 Mata 2020

Editorial 18 Apr 2020
Kweguza Trump birasaba iki?

Kweguza Trump birasaba iki?

Editorial 06 Dec 2019
AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

Editorial 03 May 2021
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri village urugwiro kuwa gatanu tariki ya 09/12/2016

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri village urugwiro kuwa gatanu tariki ya 09/12/2016

Editorial 13 Dec 2016
#GumaMuRugo irakomeza kugeza tariki 30 Mata 2020

#GumaMuRugo irakomeza kugeza tariki 30 Mata 2020

Editorial 18 Apr 2020
Kweguza Trump birasaba iki?

Kweguza Trump birasaba iki?

Editorial 06 Dec 2019
AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

Editorial 03 May 2021
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri village urugwiro kuwa gatanu tariki ya 09/12/2016

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri village urugwiro kuwa gatanu tariki ya 09/12/2016

Editorial 13 Dec 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali : Nyakatsi yo muri Sports View Hotel yafashwe n’inkongi y’umuriro
Mu Mahanga

Kigali : Nyakatsi yo muri Sports View Hotel yafashwe n’inkongi y’umuriro

Editorial 28 Feb 2016
Hashyizweho igihembo ku muntu watanga amakuru yakuza Perezida Trump ku butegetsi
ITOHOZA

Hashyizweho igihembo ku muntu watanga amakuru yakuza Perezida Trump ku butegetsi

Editorial 18 Oct 2017
Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi
Mu Rwanda

Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi

Editorial 02 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru