• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Rayon Sports isezerewe na Rivers Utd muri CAF Confederation Cup

Rayon Sports isezerewe na Rivers Utd muri CAF Confederation Cup

Editorial 22 Apr 2017 Mu Rwanda

Umukino wo kwishyura mu ijonjora rya gatatu rya CAF Confederation Cup urangiye kuri stade Amahoro, Rayon sports inganyije na Rivers United yo muri Nigeria 0-0 bituma isezererwa muri iri rushanwa kuko yatsinzwe 2-0 mu mukino ubanza.

Iyi kipe yaje mu kibuga izi neza ko nta yandi mahitamo uretse gutsinda uyu mukino hejuru y’ibitego bibiri ku busa, niyo yatangiye isatira cyane mu minota 10 ya mbere ibona uburyo bubiri bwari kubyara igitego harimo aho ku munota wa kane Savio Nshuti Dominique yazamukanye umupira ku ruhande rw’ibumoso gusa ntiyaha umupira Moussa Camara wari uhagaze neza ngo atsinde igitego.

Umutoza Stanley Eguma utigeze wicara mu gice cya kabiri, yakoze impinduka akuramo Aliassou Sanou wari wananiwe yinjiza Lukman Muhammed kugira ngo akomeze kurinda izamu rye. Kuri iyi minota umuntu wari hanze ya Stade Amahoro ntiyari kumenya ko hari umukino uri kuyiberamo kuko abafana bari batuje cyane, icyizere cy’abareyo cyo gukomeza gisa n’icyamaze kuyoyoka.

-6369.jpg

Umutoza Masoudi yakoze impinduka za nyuma akuramo myugariro Mugabo Gabriel ashyiramo Manishimwe Djabel mu rwego rwo kongerera imbaraga ubusatirizi gusa abasore ba Rivers United bitwara neza nubwo bari bake.

Abafana bo batangiye gusohoka mu kibuga n’umukino utararangira kuko nubwo ikipe yabo yakinaga neza inarusha Rivers United kwiharira umupira, kubona igitego cyari gikenewe byakomeje kugorana.

Inzozi za Rayon Sports zo kwandika amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda igeze mu matsinda ya CAF Confederation Cup zarangiriye muri 1/16 ikaba igomba gukomeza urugamba rwo gushaka igikombe cya shampiyona.

Iyi kipe kandi inananiwe kwegukana amadorali ibihumbi 275 arenga miliyoni 200 z’amanyarwanda, yari guhabwa iyo ibasha gusezerera Rivers United.

-6368.jpg
Ikipe ya Rayon Sports

-6370.jpg
Ikipe ya Rivers Utd yo muri Nigeria

2017-04-22
Editorial

IZINDI NKURU

” Tuzabavuna” ko yahahamuye Ingabire Victoire, yaba akeka ko ariwe uzavunwa mbere?

” Tuzabavuna” ko yahahamuye Ingabire Victoire, yaba akeka ko ariwe uzavunwa mbere?

Editorial 02 Jul 2024
U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

Editorial 21 Sep 2021
Urwandiko: Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame – intore izirusha Intambwe

Urwandiko: Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame – intore izirusha Intambwe

Editorial 24 Jul 2017
‘ Twagiramungu yagira ngo angire urutindo yambukiraho ‘ – Kagame

‘ Twagiramungu yagira ngo angire urutindo yambukiraho ‘ – Kagame

Editorial 30 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen Kale Kayihura Yakuwe Aho Yari Afungiwe Mu Kigo Cya Gisirikare Asubira Iwe I Muyenga
INKURU NYAMUKURU

Gen Kale Kayihura Yakuwe Aho Yari Afungiwe Mu Kigo Cya Gisirikare Asubira Iwe I Muyenga

Editorial 09 Jul 2018
Loni yategetse ko ingabo z’amahanga ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani zisoza inshingano kuri iyi tariki ya 31 Ukuboza 2020, abaturage nabo barigaragambya banga ko zitaha. Birarangira bite?
Amakuru

Loni yategetse ko ingabo z’amahanga ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani zisoza inshingano kuri iyi tariki ya 31 Ukuboza 2020, abaturage nabo barigaragambya banga ko zitaha. Birarangira bite?

Editorial 31 Dec 2020
Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri idasanzwe yo kuwa 5 Ukuboza 2017
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri idasanzwe yo kuwa 5 Ukuboza 2017

Editorial 06 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru