• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»RIB yatangiye iperereza ku bujura bwa miliyoni zisaga 400 Frw arimo ayibwe ibiro by’ivunjisha

RIB yatangiye iperereza ku bujura bwa miliyoni zisaga 400 Frw arimo ayibwe ibiro by’ivunjisha

Editorial 06 Aug 2018 ITOHOZA

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, ruri gushakisha Abarabu babiri bashinjwa kwiba $315 000 (nibura miliyoni 270Frw) ibigo bibiri by’ivunjisha mu bwambuzi bushukana, hakiyongeraho ibikoresho bahawe bamaze gufungura ikigo cy’ubucuruzi mu Rwanda ku buryo bakurikiranyweho umwenda ugera mu $500 000, angana na miliyoni zirenga 400Frw.

Kuri uyu wa Kane tariki 2 Kanama 2018 nibwo amakuru y’ubu bujura yagiye ahabona, aho abakozi b’ibiro bibiri by’ivunjisha bari bateye amatako ku biro by’umwarabu ufite pasiporo igaragaza ko yitwa Nasser El Haj wavukiye i Tripoli muri Libya mu 1982.

Mu byumweru bibiri bishize nibwo yafunguje ikigo cy’ubucuruzi acyita Delta Petroleum Services Rwanda, bivugwa ko cyagombaga kujya gitanga serivisi zo kuzana ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda, gishinga ibiro mu muturirwa wuzuye vuba ku Kimihurura munsi ya Kigali Heights.

Ibiro by’abatekamutwe

Umuvunjayi umwe Itangazamakuru  ryasanze ku biro by’uwo mwarabu kuri uyu wa Kane, yavuze ko Nasser yagiye aho bavunjira mu Mujyi wa Kigali ahagana saa tanu, avuga ko ashaka amadolari menshi agatanga amafaranga y’u Rwanda, ariko ngo kubera ubwinshi bwayo yayasize mu biro.

Yabasabye ko bamuherekeza bitwaje amadolari mu biro bye ku Kimihurura, ngo abahe amafaranga y’u Rwanda yavugaga ko ahafite.

Kimwe n’undi mucuruzi wese ubonye icyashara, uyu muvunjayi avuga ko yafashe amadolari ibihumbi $135 bagaherekeza Nasser. Si uyu muvunjayi wenyine kuko hari na mugenzi we watanze ibihumbi $180, agataha amara masa.

Bitandukanye n’uburyo byavugwaga mbere, Itangazamakuru ryabonye andi makuru ko Nasser atariwe wariganyije abavunjayi kuko bageze ku biro, bahuye n’uwitwa Said Abdallah ari nawe Muyobozi Mukuru w’icyo kigo.

Abdallah ngo yabwiye aba bacuruzi ngo bamuhereze amadolari bamuzaniye, ayashyira mu kabati kari iruhande aho, asohoka avuga ko agiye mu kindi cyumba kuzana amafaranga y’u Rwanda ngo abahe.

Umwe mu bakurikiranye iby’iki kibazo yagize ati “Ni twa tubati two mu biro ariko inyuma dutoboye, noneho kandi aho dutoboreye n’urukuta ruhari naho haratoboye. Urareba ibyumba bitatu bishoreranye, icyo hagati gitoboye cyinjira mu cyo ku ruhande rumwe, kinatobora cyinjira mu cyo ku rundi ruhande.”

Abo yibye ngo umwe yari mu cyumba kimwe undi ari mu kindi mu byo ku mpande, bose akabaka ayo madolari agashyira mu kabati gatoboye inyuma, aza gusohoka avuga ko agiye kuzana amafaranga y’u Rwanda ngo abahe, arangije anyura inyuma “arayakusanya ya yandi yose ayo mu cyumba cyo hirya n’ayo mu cyo hino, arasohoka aca hasi aragenda.”

Umuvugizi wa RIB, Mbabazi Modeste, yatangaje ko bamenye aya makuru ndetse batangiye iperereza no gushakisha abakekwaho ubu bujura.

Yagize ati “Ubu turimo turabashakisha, iperereza rirakomeje, RIB ikimenya amakuru yahise itangira gukurikirana, inamenya ko uwakoze ubu bujura bw’amadolari ari uwitwa Said Abdallah wakoranaga n’uwitwa Nasser. Ubu tukaba tugishakisha ngo tumenye ukuri kwabyo.”

Ubwo umunyamakuru wa IGIHE dukesha iyi nkuru  yageraga kuri ibyo biro ahagana saa tanu kuri uyu wa Gatanu, uretse abibwe amadolari yabo, n’Abahinde batanze ibikoresho byo mu biro, bavuze ko bari bemeranyije ko nibamara kubikora azabishyura ibihumbi $190. Mu bari bahari harimo na nyir’inzu, abamukoreye ibyapa n’abandi bari benshi ubona bumiwe nta cyo gukora bafite kuko nabo batishyuwe.

Uwamukodesheje inzu yavuze ko nta mazina ye yigeze amusaba kuko amasezerano y’ubukode bayakoze mu izina rya Sosiyete Delta Petroleum Services Rwanda.

Abahuye n’uwo mwarabu amanuka mu nyubako ahetse ibikapu bibiri bisa nk’aho agiye ataragaruka. Ikindi giteye inkeke ni uko ajya kugenda yabanje gusiba amashusho yafashwe na camera zo muri iyo nyubako ndetse akanatwara ibyuma ayo mashusho abikwaho (disks).

Ushyizemo n’amadeni yishyuzwa, Naser arakekwaho gutwara amadolari asaga ibihumbi 500 (arenga miliyoni 430 Frw).

 

2018-08-06
Editorial

IZINDI NKURU

Ba Ofisiye bato n’abakuru ba Polisi 35,  basubijwe mu buzima busanzwe  n’Umukuru w’Igihugu Paul Kagame

Ba Ofisiye bato n’abakuru ba Polisi 35, basubijwe mu buzima busanzwe n’Umukuru w’Igihugu Paul Kagame

Editorial 26 Dec 2016
Nyaruguru: Mapengu Damascene Akurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka 9 yarangiza agashaka kumuroha

Nyaruguru: Mapengu Damascene Akurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka 9 yarangiza agashaka kumuroha

Editorial 23 Jun 2017
Rudasingwa ashobora kwirukanwa (deportation) muri  Amerika

Rudasingwa ashobora kwirukanwa (deportation) muri Amerika

Editorial 22 Dec 2016
I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

Editorial 03 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore inyungu ziri mukonka amabere y’ umugore wawe
SHOWBIZ

Dore inyungu ziri mukonka amabere y’ umugore wawe

Editorial 15 Jun 2018
Abakozi bo mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero bigishijwe kwirinda inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Abakozi bo mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero bigishijwe kwirinda inkongi z’imiriro

Editorial 29 Jan 2016
Gabiro : Kagame yemereye Infantino ko u Rwanda rwiteguye kwakira ibikorwa by’umupira w’amaguru FIFA yarusaba
Mu Rwanda

Gabiro : Kagame yemereye Infantino ko u Rwanda rwiteguye kwakira ibikorwa by’umupira w’amaguru FIFA yarusaba

Editorial 27 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru