• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali

Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali

Editorial 05 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umunyarwanda yabivuze ukuri ngo ‘Igisiga cy’urwara rurerure kimennye inda’. Uwavuga ko uyu mugani wagannye akariho kuri Rudasingwa Théogene, ntiyaba abeshye kuko uyu aherutse kwerura akiyemerera ko yagize uruhare mu bitero bya gerenade byahitanye inzirakarengane mu myaka ya 2010-2014.

Iyi myaka iyo uyivuze hari abasesa urumeza bibutse ibisasu bya gerenade byagiye bihitana abantu abandi bagakomereka ku buryo hari n’abasigiwe ubumuga na byo.

Uruhare rw’umutwe w’iterabwoba wa RNC, washinzwe n’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, rwagiye rugarukwaho mu manza z’abatawe muri yombi bakurikiranyweho gutera izo gerenade. Urugero ni Nshimiyimana Joseph uzwi nka Camarade wakurikiranyweho uruhare mu bitero bya gerenade byagabwe mu isoko rya Kicukiro tariki 13 Nzeri 2013.

Nshimiyimana icyo gihe yivugiye ko yinjijwe muri ibyo bikorwa na Jean Paul Turayishimiye wari Umuvugizi w’Umutwe w’Iterabwoba (RNC) ndetse ko ari na we wamuhaye amabwiriza n’amafaranga yo kujya kugaba icyo gitero.

Kuri ubu, uru ruhare rwa RNC ntawe ukirushidikanyaho nyuma y’uko uwahoze ari inkingi ya mwamba muri uyu mutwe, Théogène Rudasingwa, yeruye akiyemerera ko ibi bitero babigabye bagamije guhungabanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

Rudasingwa yimennye inda mu gikorwa abo mu ishyirahamwe Jambo Asbl ry’urubyiruko rwiyemeje guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no kuburanira abayikoze ndetse n’abo muri Institut Seth Sendashonga, bari bateguye cyo kunamira Kizito Mihigo wiyahuye kuwa 17 Gashyantare 2020.

Théogène Rudasingwa yabaye Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuyobozi mu Biro bya Perezida wa Repubulika.

Abazi ibye neza bamwibukira ku buriganya mu iyubakwa ry’ibikorwa remezo bikomeye birimo na Hotel Intercontinental (Serena tubona ubu), icyo gihe ifaranga ryaratikiriye karahava abigizemo uruhare.

Yari ageze ku kigero cyo kwandika imitungo ku bantu batari bo, byigeze no gutuma afungwa, acitse umunyururu, nawe ayabangira ingata.

Rudasingwa yavuze ko mu gushinga RNC bashakaga guhuza abantu benshi b’ingeri zose, kuko bumvaga bakeneye gushyiraho ikintu cyagira ingufu zahubanganya ubuyobozi bw’u Rwanda burangajwe imbere na Perezida Kagame.

Ati “Turi muri RNC nagize uruhare rwo gushyiraho ikintu cyagira ingufu kigahungabanya ubutegetsi bwa Kagame, twashatse abantu benshi, dufatanyije na FDU-Inkingi, kandi mubyibuke neza mu mwaka 2011, 2012…byagize ingaruka ubutegetsi bwa Kagame bwarahungabanye”.

Iyi myaka ya 2011, 2012…ni yo muri Kigali n’ahandi hagabwe ibitero bya gerenade.

Mu ntangiriro, ibisasu bya gerenade byatewe ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Kigali, ruri ku Gisozi, biterwayo inshuro eshatu zose. Uretse aha, tariki ya 19 Gashyantare 2010, mu Mujyi wa Kigali hatewe gerenade eshatu ahagana mu ma saa mbili z’joro.

Izi gerenade zatewe mu bice bitatu bitandukanye bihurirwamo n’abantu benshi, zahitanye abantu babiri, abagera kuri 30 barakomereka, batanu muri bo bakomereka ku buryo bukabije.

Hari iyatewe ahazwi nko Kwa Rubangura, hakaba icyo gihe hari hagitegerwa imodoka zerekeza Kimironko, indi iterwa ahitwaga Chez Venant, ahategerwaga tagisi zerekeza mu byerekezo bitandukanye by’umujyi, iya gatatu yatewe muri gare nini ya Nyabugogo hahurirwa n’abantu benshi.

Hari kandi nk’izatewe Kimironko, ku Gitega, Kicukiro Centre n’izindi zatewe no mu ntara mu turere twa Nyamagabe, Gisagara, Muhanga, Huye na Rubavu.

Kuva muri Werurwe 2010, kugera muri Mutarama 2013, inzego z’iperereza zashoboye guta muri yombi abagera kuri 30 bakekwagaho kuba bafite uruhare cyangwa aho bahuriye n’ibi bikorwa.

Ubutabera bwaratanzwe bamwe bakatirwa igifungo cya burundu, abandi bahanishwa igifungo cy’imyaka itandukanye.

Irondabwoko mu bikomeje gushegesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi

Rudasingwa yavuze ko irondabwoko mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda rikomeje kuyashegesha, aho usanga hakorwa amashyaka y’abatutsi, ay’abahutu.

Ati “Umbajije ngo opozisiyo ubu mumeze mute nakubwira ngo ubu opozisiyo turi mu mwanya w’imbaraga nke ahubwo yaba byashobokaga hari ikintu mu gisirikare iyo watsinzwe, ugapfusha abantu benshi, umusozi wari uriho bakawukuvanaho ukora icyo bita ‘reorg’ [kwisuganya]”.

Rudasingwa avuga ko mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bananiwe kubwizanya ukuri, iki kikaba nacyo kiri mu bikomeje kubasenya ijoro n’umunsi.

Ati “Dushoboye gukemura ikibazo cyo kubwizanya ukuri…tutareba ngo aba ni abahutu, abatutsi, abameze bate…ni cyo cyatunaniye, nicyo gituma RNC yarasenyutse, FDU ijya mu bibazo na yo”.

RNC Rudasingwa avuga ko yasenyutse, abayishinze bavugaga ko ari ihuriro ry’abanyarwanda rigamije impinduka mu Rwanda binyuze mu nzira z’amahoro. Ijya gushingwa, yari irangajwe imbere n’abagabo bane.

Abo ni Théogène Rudasingwa, Kayumba Nyamwasa, Gérald Gahima, na Patrick Karegeya nibo bari ku ruhembe rw’ishingwa rya RNC mu 2010, umugambi wabo bawunogereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, batangira ibikorwa ubwo.

Kugeza ubu ariko uyu mutwe uyobowe na Kayumba Nyamwasa uri mu marembera n’umwiryane udashira ukomeje gutuma abari inkingi za mwamba zawo bawuvamo ubutitsa abandi bakirukanwa.

2020-03-05
Editorial

IZINDI NKURU

Urubyiruko rukomoka ku bicanyi rwibumbiye muri Jambo asbl rwateguye Mitingi yo kurwanya ubumwe n’iterambere mu Rwanda

Urubyiruko rukomoka ku bicanyi rwibumbiye muri Jambo asbl rwateguye Mitingi yo kurwanya ubumwe n’iterambere mu Rwanda

Editorial 28 May 2021
Urubanza rw’amateka mu Bufaransa: Umugome Charles Onana wamamaye mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ashyikirijwe ubutabera.

Urubanza rw’amateka mu Bufaransa: Umugome Charles Onana wamamaye mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ashyikirijwe ubutabera.

Editorial 13 Sep 2024
Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Editorial 31 May 2024
Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baradohorewe, bo babifata nko kubatinya cyangwa kubinginga

Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baradohorewe, bo babifata nko kubatinya cyangwa kubinginga

Editorial 13 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rusizi: Abantu Bataramenyekana Barashe Abaturage Babiri
Mu Rwanda

Rusizi: Abantu Bataramenyekana Barashe Abaturage Babiri

Editorial 11 Jun 2018
Abanyarwanda baba West-Midland UK bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

Abanyarwanda baba West-Midland UK bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 28 Apr 2016
Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze
Amakuru

Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze

Editorial 09 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru