• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Editorial 20 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, POLITIKI

Mu gihe ubutegetsi bwa Museveni bukomeje kuzunguzwa n’ibyahishuwe na Olivier Nduhungirehe kuwa Gatanu ushize mu nama yahuje impande zihagarariye u Rwanda na Uganda zigaga ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’ubwumvikane hagati y’ibihugu byombi, i Entebbe; ibitanzamakuru by’icengezamatwara rya Kampala byongereye ikibatsi mu gukwirakwiza ibinyoma.

Ikinyamakuru cyo kuri murandasi ‘CommandPost’, gihabwa amabwiriza na Col. CK Asiimwe, umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya iterabwoba mu mutwe ushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda, cyatangaje inkuru ifite umutwe ugita uti “Intumwa z’u Rwanda zidashinga, mu biganiro by’i Kampala bigamije kugarura amahoro, zananiwe kugaragaza ibihamya bifatika bishinja Uganda”. Iyi ni imyandikire igayitse yagereranywa n’iya filime y’amakabyankuru atarabayeho, kuruta kuba inkuru.

Iyi nkuru itangirira ku kinyoma gikomeye, ivuga ko abahuza muri ibyo biganiro (Angola na DRC) baguye mu kantu nyuma y’uko itsinda ry’u Rwanda rinaniwe kugaragaza byibura ingingo imwe ishingirwaho mu birego barega Uganda. Hashingiwe ku makuru yatanzwe n’abari bahagarariye amatsinda y’impande zombi mu kiganiro bahaye itangazamakuru, nyuma y’ibiganiro, iki kinyamakuru ‘CommandPost’ cyanditse ibinyuranye nabyo.

U Rwanda rwagaragaje neza ibibazo bikomeye byanegekaje umubano w’ibihugu byombi, bigabanywa mu ngingo eshatu: Kuba Uganda icumbikiye imitwe y’iterabwoba ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda; gushimuta, gukorera iyicarubozo, no kwica abanyarwanda b’inzirakarengane, bikozwe n’inzego zishinze umutekano za Uganda nta butabera bahawe; ndetse n’icengezamatwara rirwanya u Rwanda, ryiganjemo ibitutsi n’ibinyoma.

Ibi byose byagaragajwe biherekejwe n’ibihamya bifatika, kandi abahuza muri ibi biganiro bari basanzwe babizi kuko kuva iki kibazo cyatangira, u Rwanda rwakomeje kubigaragaza mu buryo busesuye.

Ni nayo mpamvu abahuza basabye Kampala kwirukana ku butaka bwayo abayobozi b’imitwe y’iterabwoba barwanya u Rwanda, nk’umwanzuro w’ingenzi wo kubaka icyizere, ariko Uganda ikabitera utwatsi.

Inkuru ya ‘CommandPost’ ikomeza ivuga ko u Rwanda rutahagarariwe uko bikwiye muri iyo nama. Itsinda rihagarariye u Rwanda ryari rigizwe na Olivier Nduhungirehe, umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga, ushinzwe ibikorwa by’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba nk’umuyobozi waryo; hari kandi n’abaminisitiri batatu, Gen Patrick Nyamvumba wa minisiteri y’umutekano; Prof. Anastase Shyaka wa minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu; na Johnston Busingye minisitiri w’ubutabera, akaba n’intumwa nkuru ya leta.

Mu bandi bari bahari, harimo Maj Gen Joseph Nzabamwita, umunyamabanga mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe ubutasi (NISS), ndetse n’uhagarariye u Rwanda muri Uganda, Maj Gen Frank Mugambage.

Iri niryo tsinda inkuru y’icengezamatwara ivuga ko ryari riciriritse ugereranyije n’abari bahagarariye Uganda. Ikindi gisekeje, iki gitangazamakuru kiyobya cyavuze ko itsinda rihagarariye u Rwanda ryanze kuvugisha itangazamakuru, kikavuga ko ryifuje kwinjira nyuma y’uko itangazamakuru rigiye gufata amafunguro.

Ku rundi ruhande, itsinda rihagarariye Uganda ryatewe ubwoba n’ibyo abahagarariye u Rwanda bavugaga ku gihugu cyabo, bahitamo guhindura imiterere y’inama ku munota wa nyuma.

Bwa mbere imiterere y’ibiganiro yari yemeranyijwe n’impande zombi, yateganyaga ko buri ruhande rwagombaga gutanga ijambo ry’ikaze, nyuma hagakurikiraho abahuza mbere y’uko itangazamakuru rihabwa ikaze, ibiganiro bigakomeza ku mugaragaro, nkuko byari byagenze mu biganiro by’i Kigali byabaye tariki ya 16 Nzeri, 2019.

Gusa Uganda yahinduye gahunda ku munota wa nyuma, isaba ko abahuza aribo bavuga mbere yo gushyira itangazamakuru mu muhezo. Mu biganiro byabereye mu muhezo, ibimenyetso ntakuka byashyizwe ahagaragara, birimo n’ibigaragaza uruhare rutaziguye rw’Umunyamabanga wa Leta muri Uganda ushinzwe ubutwererane bw’akarere, Philemon Mateke, mu bikorwa byo gutera u Rwanda.

U Rwanda rwerekanye uruhare rwa Mateke mu bitero byo mu Kinigi, mu majyaruguru y’u Rwanda mu kwezi k’Ukwakira, aho abasivili 14 bahasize ubuzima, abandi bagakomereka. Ibimenyetso byatanzwe bigaragaza ko Mateke yavuganana n’abagabye icyo gitero bo mu mutwe w’iterabwoba wa RUD-Urunana mbere, mu gihe cy’igitero ku Rwanda, ndetse na nyuma yacyo.

Muri iyi nama, itsinda rihagarariye Uganda ryahariye Kutesa ijambo ku rugero rwa 80% nkuko byemezwa n’abari bahari.

Bageze ku ngingo y’abanyarwanda 46 bafatiwe ku mupaka uhuza Uganda na Tanzaniya, Mwesigwa Rukutana yashatse gutanga inyunganizi, yisanga avuguruje Sam Kutesa, nkuko bivugwa na bamwe mu bari bahari.

Rukutana asa n’utari wamenye ko Kutesa yemeye ko abo bantu batawe muri yombi kandi bahabwaga ubufasha n’urwego rw’ubutasi rwa Uganda.

Asa n’uwari usinziriye, gusa ubwo yari ari gutanga inyunganizi ye, yavuze ko abo bantu bafatiwe muri Tanzaniya ndetse ko Uganda ntacyo biyirebaho. Icyo gihe Kutesa yaguye mu kantu, ndetse asaba n’imbabazi mu mwanya wa mugenzi we.

Inama isojwe, Uganda yashakaga ko imyanzuro yayo isigirizwa, bikavugwa ko ibiganiro byageze ku ntego yabyo. Gusa itsinda rihagarariye u Rwanda ryanze icyo kinyoma, ndetse rivuga ko ntacyo byafasha abaturage b’ibihugu byombi.

Ibi bisa n’ibisobanura imyitwarire idasanzwe ya Kutesa wagaragaye yivuguruza mu kiganiro cy’iminota hafi 30 yakoranye na Olivier Nduhungirehe baganira n’itangazamakuru nyuma y’inama.

Uganda yakomeje gufatirwa mu cyuho, ariko abacengezamatwara bayo barwanya u Rwanda bakomeje kutava ku izima

2019-12-20
Editorial

IZINDI NKURU

Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho

Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho

Editorial 27 Nov 2017
Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Editorial 30 Aug 2021
Rwanda -Uganda :  Ibidasanzwe Perezida Kagame yagezeho mu miyoborere ye  [ Igice 5 ]

Rwanda -Uganda : Ibidasanzwe Perezida Kagame yagezeho mu miyoborere ye [ Igice 5 ]

Editorial 23 May 2019
Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge

Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge

Editorial 29 Jan 2020
Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho

Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho

Editorial 27 Nov 2017
Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Editorial 30 Aug 2021
Rwanda -Uganda :  Ibidasanzwe Perezida Kagame yagezeho mu miyoborere ye  [ Igice 5 ]

Rwanda -Uganda : Ibidasanzwe Perezida Kagame yagezeho mu miyoborere ye [ Igice 5 ]

Editorial 23 May 2019
Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge

Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge

Editorial 29 Jan 2020
Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho

Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho

Editorial 27 Nov 2017
Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Editorial 30 Aug 2021
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Inararibonye
    December 23, 20197:55 am -

    a) kubabaza Rutabana Benjamin bakarya indimi
    b) kuvuguruza perezida wabo, kuko yasinye amasezerano yemeza ibiriho n’uko bigomba gukemurwa, hanyuma bo bakabihakana bavuga ngo ntibashyigikiye imitwe irwanya u Rwanda cg ngo nta banyarwanda bafunzwe cg kubangamira imishinga y’u Rwanga. Bakarya indimi. Tekereza rwose. ni agahoma munwa.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru