• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ruswa ishingiye ku gitsina mu Rwanda, ihurizo rikomereye Umuvunyi Mukuru

Ruswa ishingiye ku gitsina mu Rwanda, ihurizo rikomereye Umuvunyi Mukuru

Editorial 21 Jan 2017 Mu Mahanga

Raporo zitandukanye zirimo iya Komisiyo ishinzwe abakozi n’iy’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane (TI Rwanda), zigaragaza ko ruswa ishingiye ku gitsina cyane cyane mu itangwa ry’akazi mu Rwanda ikaze, ariko kuyitahura no kuyihana bikaba bikomeje kuba ingorabahizi.

Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo ishinzwe abakozi bwo mu mwaka wa 2014-2015, bwerekana ko ruswa ishingiye ku gitsina mu itangwa ry’akazi iri kuri 40%.

Kuri uyu wa Gatanu Komisiyo y’Imibereho Myiza y’Abaturage, Uburenganzira bwa Muntu n’Ibibazo by’Abaturage muri Sena yahuriye mu nama n’Urwego rw’Umuvunyi hasuzumwa raporo y’ibikorwa by’uru rwego mu 2015-2016, hagaragajwe ko ruswa ishingiye ku gitsina ikomeje kuba ingorabahizi ku rwego rushinzwe kurwanya ruswa no gukumira akarengane.

Senateri Narcisse Musabeyezu yabajije Urwego rw’Umuvunyi ingamba rufite mu guhashya ruswa ishingiye ku gitsina, nk’imwe mu zikomeje gufatwa nk’imvano y’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda.

Yagize ati “Ruswa ishingiye ku gitsina, biravugwa hanze abaturage iyo muganiriye bakubwira ko iriho, kandi iyi ruswa ikaba iri mu nzego zaba iza leta n’izabikorera cyane cyane ku mirimo. Iyi ruswa hari igihe ituma tugira abakozi badashoboye, ugasanga bituma tugira umusaruro mubi mu byo dukora.”

-5466.jpg

Aloysia Cyanzayire

Umuvunyi Mukuru, Aloysia Cyanzayire, yabwiye abasenateri ko bivugwa ko hari ruswa ishingiye ku gitsina ariko kugeza uyu munsi bafite ikibazo cyo kuyikurikirana, kuko n’iyo babonye amakuru ba nyirubwite baba imbogamizi mu guhana icyo cyaha.

Ati “Nubwo ruswa muri rusange igoranye kuyikurikirana no kuyibonera ibimenyetso, iki ni ikintu kigoranye cyane byihariye, kuko bishoboka ko ababigizemo uruhare baba babiziranyeho, bakaba badashaka ko bisohoka, cyangwa se uwatswe ruswa akaba adashaka ko bimenyekana.”

Yakomeje atanga ubuhamya bw’ibibazo bya ruswa ishingiye ku gitsina Urwego rw’Umuvunyi rwashatse gukurikirana ariko rugahura n’inzitizi zatumye ntacyo rugeraho.

Ati“Hari ibibazo bimwe twashatse gukurikirana ariko nta na kimwe twigeze tugeraho kuko hari igihe tuba twabonye amakuru tuyahawe n’uwabimenye, ariko wagera kuri nyirubwite akagutsembera ngo icyo kintu ntikizigere kimenyekana, nimunabisohora ntabwo nzabafasha njyewe nzabahakanira ko nta byabaye.”

Umuvunyi mukuru, Aloysia Cyanzayire agaragaza ko gutahura ruswa ishingiye ku gitsina biri kugorana

Urwego rw’Umuvunyi rwanashyizeho umukozi wigenga ushinzwe kwakira abasabwe ruswa ishingiye ku gitsina ariko nta muntu n’umwe urabyitabira. Ni ikibazo cyakemurwa no gushyiraho ingamba zibikumira yaba mu mitangire y’akazi no kuzamura abakozi mu ntera, ariko gukurikirana icyaha ubwacyo kirimo inzitizi nyinshi.

Cyanzayire avuga ko hari n’abemeye gutanga amakuru ariko bagasaba ko bitazajya mu nkiko.

Iyi ruswa ishingiye ku gitsina yagaragaye cyane mu mashuri ariko urwego rw’Umuvunyi ntirwigeze rugera kuri dosiye ishobora kujyanwa mu rukiko.

Yavuze ko igishoboka gusa ari ubukangurambaga bwo gushishikariza abaturage kwirinda ruswa harimo n’ishingiye ku gitsina kuko imunga ubukungu bw’igihugu, asaba Abasenateri kuzatanga ibitekerezo by’icyakorwa.

Gutanga amakuru kuri ruswa biracyari umuti usharira

Raporo y’Umuvunyi igaragaza ko gutanga amakuru kuri ruswa bikigoye Abanyarwanda kandi bigenda bigabanuka ugereranyije n’imyaka yashize.

Raporo ya ya Transparency Rwanda (TI) yerekana ko mu mwaka wa 2011, abatanga amakuru kuri ruswa bari 19 %, mu mwaka wa 2012 baba 17.4 %, muri 2013 baba 14.3 %, muri 2014 % baba 25%, muri 2015 baba 18.1% naho muri uyu mwaka wa 2016 ni 15.4%.

Umuvunyi Mukuru yasabye Abanyarwanda gutanga amakuru kuri ruswa kugira ngo imenyekane bityo kuyikumira, kuyitahura no kuyihana byorohe. Akabizeza ko abatanga amakuru kuri ruswa babikirwa ibanga rikomeye n’Urwego rw’Umuvunyi.

2017-01-21
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yahawe igihembo kubera kuba indashyikirwa mu guharanira uburinganire

Perezida Kagame yahawe igihembo kubera kuba indashyikirwa mu guharanira uburinganire

Editorial 10 Jul 2016
Ntabwo Perezida Nkurunziza azongera gukandagiza ikirenge mu kibuga cy’umupira w’amaguru

Ntabwo Perezida Nkurunziza azongera gukandagiza ikirenge mu kibuga cy’umupira w’amaguru

Editorial 22 Jun 2018
Mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda

Mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda

Editorial 27 Oct 2016
Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside

Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside

Editorial 25 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu gatsiko kiyise « Amahoriwacu » ishyamba si ryeru
ITOHOZA

Mu gatsiko kiyise « Amahoriwacu » ishyamba si ryeru

Editorial 14 Sep 2016
Ibivugwa kuri Tuyisenge Jacques wari Kapitani wa mavubi muri CHAN
IMIKINO

Ibivugwa kuri Tuyisenge Jacques wari Kapitani wa mavubi muri CHAN

Editorial 09 Mar 2016
Perezida Kagame umwe mu bakuru b’ibihugu bitabira kuri uyu wa Kabiri, irahira rya Kenyatta
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame umwe mu bakuru b’ibihugu bitabira kuri uyu wa Kabiri, irahira rya Kenyatta

Editorial 27 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru