• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ruswa ishingiye ku gitsina mu Rwanda, ihurizo rikomereye Umuvunyi Mukuru

Ruswa ishingiye ku gitsina mu Rwanda, ihurizo rikomereye Umuvunyi Mukuru

Ubwanditsi 21 Jan 2017 Mu Mahanga

Raporo zitandukanye zirimo iya Komisiyo ishinzwe abakozi n’iy’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane (TI Rwanda), zigaragaza ko ruswa ishingiye ku gitsina cyane cyane mu itangwa ry’akazi mu Rwanda ikaze, ariko kuyitahura no kuyihana bikaba bikomeje kuba ingorabahizi.

Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo ishinzwe abakozi bwo mu mwaka wa 2014-2015, bwerekana ko ruswa ishingiye ku gitsina mu itangwa ry’akazi iri kuri 40%.

Kuri uyu wa Gatanu Komisiyo y’Imibereho Myiza y’Abaturage, Uburenganzira bwa Muntu n’Ibibazo by’Abaturage muri Sena yahuriye mu nama n’Urwego rw’Umuvunyi hasuzumwa raporo y’ibikorwa by’uru rwego mu 2015-2016, hagaragajwe ko ruswa ishingiye ku gitsina ikomeje kuba ingorabahizi ku rwego rushinzwe kurwanya ruswa no gukumira akarengane.

Senateri Narcisse Musabeyezu yabajije Urwego rw’Umuvunyi ingamba rufite mu guhashya ruswa ishingiye ku gitsina, nk’imwe mu zikomeje gufatwa nk’imvano y’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda.

Yagize ati “Ruswa ishingiye ku gitsina, biravugwa hanze abaturage iyo muganiriye bakubwira ko iriho, kandi iyi ruswa ikaba iri mu nzego zaba iza leta n’izabikorera cyane cyane ku mirimo. Iyi ruswa hari igihe ituma tugira abakozi badashoboye, ugasanga bituma tugira umusaruro mubi mu byo dukora.”

-5466.jpg

Aloysia Cyanzayire

Umuvunyi Mukuru, Aloysia Cyanzayire, yabwiye abasenateri ko bivugwa ko hari ruswa ishingiye ku gitsina ariko kugeza uyu munsi bafite ikibazo cyo kuyikurikirana, kuko n’iyo babonye amakuru ba nyirubwite baba imbogamizi mu guhana icyo cyaha.

Ati “Nubwo ruswa muri rusange igoranye kuyikurikirana no kuyibonera ibimenyetso, iki ni ikintu kigoranye cyane byihariye, kuko bishoboka ko ababigizemo uruhare baba babiziranyeho, bakaba badashaka ko bisohoka, cyangwa se uwatswe ruswa akaba adashaka ko bimenyekana.”

Yakomeje atanga ubuhamya bw’ibibazo bya ruswa ishingiye ku gitsina Urwego rw’Umuvunyi rwashatse gukurikirana ariko rugahura n’inzitizi zatumye ntacyo rugeraho.

Ati“Hari ibibazo bimwe twashatse gukurikirana ariko nta na kimwe twigeze tugeraho kuko hari igihe tuba twabonye amakuru tuyahawe n’uwabimenye, ariko wagera kuri nyirubwite akagutsembera ngo icyo kintu ntikizigere kimenyekana, nimunabisohora ntabwo nzabafasha njyewe nzabahakanira ko nta byabaye.”

Umuvunyi mukuru, Aloysia Cyanzayire agaragaza ko gutahura ruswa ishingiye ku gitsina biri kugorana

Urwego rw’Umuvunyi rwanashyizeho umukozi wigenga ushinzwe kwakira abasabwe ruswa ishingiye ku gitsina ariko nta muntu n’umwe urabyitabira. Ni ikibazo cyakemurwa no gushyiraho ingamba zibikumira yaba mu mitangire y’akazi no kuzamura abakozi mu ntera, ariko gukurikirana icyaha ubwacyo kirimo inzitizi nyinshi.

Cyanzayire avuga ko hari n’abemeye gutanga amakuru ariko bagasaba ko bitazajya mu nkiko.

Iyi ruswa ishingiye ku gitsina yagaragaye cyane mu mashuri ariko urwego rw’Umuvunyi ntirwigeze rugera kuri dosiye ishobora kujyanwa mu rukiko.

Yavuze ko igishoboka gusa ari ubukangurambaga bwo gushishikariza abaturage kwirinda ruswa harimo n’ishingiye ku gitsina kuko imunga ubukungu bw’igihugu, asaba Abasenateri kuzatanga ibitekerezo by’icyakorwa.

Gutanga amakuru kuri ruswa biracyari umuti usharira

Raporo y’Umuvunyi igaragaza ko gutanga amakuru kuri ruswa bikigoye Abanyarwanda kandi bigenda bigabanuka ugereranyije n’imyaka yashize.

Raporo ya ya Transparency Rwanda (TI) yerekana ko mu mwaka wa 2011, abatanga amakuru kuri ruswa bari 19 %, mu mwaka wa 2012 baba 17.4 %, muri 2013 baba 14.3 %, muri 2014 % baba 25%, muri 2015 baba 18.1% naho muri uyu mwaka wa 2016 ni 15.4%.

Umuvunyi Mukuru yasabye Abanyarwanda gutanga amakuru kuri ruswa kugira ngo imenyekane bityo kuyikumira, kuyitahura no kuyihana byorohe. Akabizeza ko abatanga amakuru kuri ruswa babikirwa ibanga rikomeye n’Urwego rw’Umuvunyi.

2017-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ab ‘Avoka  b’impunzi z’Abanyarwanda 45 ziherutse gutabwa muri yombi  zijyanywe mu myitozo ya gisirikare ya RNC bagejeje ikirego mu rukiko

Ab ‘Avoka b’impunzi z’Abanyarwanda 45 ziherutse gutabwa muri yombi zijyanywe mu myitozo ya gisirikare ya RNC bagejeje ikirego mu rukiko

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Judi Rever yaba yabaye umuvugizi mushya w’ishyirahamwe Igicumbi?

Judi Rever yaba yabaye umuvugizi mushya w’ishyirahamwe Igicumbi?

Ubwanditsi 19 Mar 2024
Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?

Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?

Ubwanditsi 12 Mar 2024
Uganda: polisi yikomye raporo yayishyize  mu myanya 5 ya nyuma kw’isi mu mikorere

Uganda: polisi yikomye raporo yayishyize mu myanya 5 ya nyuma kw’isi mu mikorere

Ubwanditsi 15 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishingwa rya CDR, Hutu Power n’igurwa rya toni 581 z’imihoro yakoreshejwe muri Jenoside
POLITIKI

Ishingwa rya CDR, Hutu Power n’igurwa rya toni 581 z’imihoro yakoreshejwe muri Jenoside

Ubwanditsi 25 Feb 2020
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha rwasabwe kuba maso
Mu Mahanga

Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha rwasabwe kuba maso

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu
POLITIKI

Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu

Ubwanditsi 18 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru