• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Rutsiro: Ubutwari bw’Umurinzi w’igihango Rwamucyo warokoye Abatutsi barenga 400 yifashishije ubwato

Rutsiro: Ubutwari bw’Umurinzi w’igihango Rwamucyo warokoye Abatutsi barenga 400 yifashishije ubwato

Editorial 13 Apr 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Izina niryo muntu koko, Rwamucyo Juvénal ni umuturage wo mu Karere ka Rutsiro warokoye Abatutsi barenga 400 akoresheje ubwato nyamara na we yarahigwaga, avuga ko yabitewe no guhora abona akarengane Abatutsi bakorerwaga n’ubutegetsi bwariho, bityo akumva abafitiye impuhwe nk’abantu bari mu kaga.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, RwamucyoJuvénal yari afite imyaka 43 y’amavuko. Yari atuye mu nkengero z’Ikiyaga cya Kivu mu Murenge wa Mushubati y’ubu, icyo gihe hakaba hari muri Komini Mabanza muri Perefegitura ya Kibuye. Uku guturira ikiyaga ngo byatumye amenya neza koga no gutwara ubwato.

Ubu bumenyi buhanitse mu koga no gutwara ubwato ni bwo Rwamucyo yifashishije arokora bamwe mu Batutsi bahigishwaga uruhindu n’Interahamwe.

Yabashyiraga mu bwato bwa moteri yari yatiriye inshuti ye yari ituye ku Kirwa cya Idjwi cyo muri Kongo, akabambukanayo babanje guca ku Kirwa cya Nyamunini yari afiteho urwuri.

Rwamucyo asobanura ko atazi umubare w’abo yarokoye muri ubu buryo ariko ngo barenga 400.

Rwamucyo na we yarahigwaga muri Jenoside, ndetse abicanyi bishe umugore we n’abana be barindwi, nyina umubyara, bashiki be batandatu, n’abandi batandukanye bo mu muryango we.

Ibi ntibyamuciye intege kuko yagerageje kurokora Abatutsi nubwo na we yahigwaga ndetse ashobora kubanza gukiza amagara ye.

Umwe mu barokowe na Rwamucyo, umusaza Kayumba Gerase utuye mu Murenge wa Boneza, avuga ko ubwo yabagezaga ku Kirwa cya Nyamunini mbere y’uko bakomereza ku Idjwi, ngo yanababagiraga inka ze yari yoroye, buri wese agafata inyama zo kurya nta kiguzi abasabye.

Nk’uko tubikesha urubuga rwa RBA, Rwamucyo Juvénal, nyuma yo kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi, yiteje imbere ku buryo ubu yikorera ku giti cye. Ni n’umurinzi w’igihango ku rwego rw’Akarere ndetse yanabiherewe icyemezo cy’ishimwe.

Iyo rero tuvuga kuba intwari ni ibikorwa si amagambo, Intego ya buri munyarwanda wa none yakabaye kumva ko abereyeho igihugu kurusha kwiberaho, Haharanirwe kutibagirwa Jenoside yakorewe abatutsi kandi ibe intego ko Jenoside itazongera ukundi, abarinzi b’igihango rero bakoreye u Rwanda mu ntege nke bari bafite tubaha agaciro gakomeye ndetse no kubafata nk’urugero mu Banyarwanda n’abandi baturarwanda.

2025-04-13
Editorial

IZINDI NKURU

Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Editorial 17 Aug 2022
Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge

Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge

Editorial 11 Apr 2019
Rusizi: Abantu Bataramenyekana Barashe Abaturage Babiri

Rusizi: Abantu Bataramenyekana Barashe Abaturage Babiri

Editorial 11 Jun 2018
Kenya:Komisiyo y’amatora na Odinga basabiwe gukorwaho iperereza

Kenya:Komisiyo y’amatora na Odinga basabiwe gukorwaho iperereza

Editorial 25 Sep 2017
Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Editorial 17 Aug 2022
Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge

Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge

Editorial 11 Apr 2019
Rusizi: Abantu Bataramenyekana Barashe Abaturage Babiri

Rusizi: Abantu Bataramenyekana Barashe Abaturage Babiri

Editorial 11 Jun 2018
Kenya:Komisiyo y’amatora na Odinga basabiwe gukorwaho iperereza

Kenya:Komisiyo y’amatora na Odinga basabiwe gukorwaho iperereza

Editorial 25 Sep 2017
Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Editorial 17 Aug 2022
Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge

Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge

Editorial 11 Apr 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru