• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rwanda: 25 Baregwa gushaka guhirika ubutegetsi, bamwe bemeye ko bambukije intwaro bazivanye muri DRC

Rwanda: 25 Baregwa gushaka guhirika ubutegetsi, bamwe bemeye ko bambukije intwaro bazivanye muri DRC

Editorial 29 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha ku rwego mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya imipaka mu rukiko rukuru mu Rwanda ruri i Nyanza mu majy’epfo y’igihugu rwatangiye kumva urubanza rw’itsinda ry’abantu 25 baregwa ibyaha byo gushaka kugirira nabi ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Ku munsi wa mbere umucamanza ntiyaburanishije urubanza mu mizi kuko havutse ibibazo by’abadafite amadosiye n’abatunganiwe.

Muri 25, batatu gusa ni bo bagaragaye bafite abunganizi mu mategeko, abandi hafi ya bose baraburana biyunganira. Ni abantu baturuka mu mpande zitandukanye z’igihugu barimo n’abaturuka mu murwa mukuru w’u Rwanda Kigali. Barimo abo bigaragara ko ari abasaza n’abakiri bato.

Ubushinjacyaha bubakurikiranyeho ibyaha byo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, ubugambanyi bugamije kugirira nabi ubutegetsi buriho n’ibindi. Bamwe hari ibyo bemera ko babikoze abandi bagatsemba.

10 muri 25 ku byaha baregwa barabihakana bakavuga ko icyo bemera ari uko bamenye amakuru y’umugambi wariho ntibatanga amakuru. Abandi icumi kandi nta cyaha na kimwe bemera mu byo baregwa.

Uwabimburiye abandi kwemera ibyaha ni Mme Rose Mukamurenzi wabwiye umucamanza ko abyemera akabisabira imbabazi. Ntiyarondoye icyaha ku kindi.

Mugenzi we Basabose yavuze ko yemera icyaha kimwe cyo kwambutsa Grenade azikura muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo azizana mu Rwanda. Uwitwa Bizimungu na we yemera ko yambukije Imbunda mu Rwanda ayikuye Congo. Ni mu gihe uwitwa Nshimiyimana we yemera ko yambukije ibiyobyabwenge ntiyatanga amakuru kuri za grenade zari muri ibyo biyobyabwenge.

Ubushinjacyahwa buhagarariwe na Bwana Ndibwami Rugambwa na mugenzi we bwabwiye urukiko ko ari uburenganzira bw’abaregwa guhabwa dosiye bakabona uko biregura. Busaba ko urubanza rusubikwa abaregwa bagahabwa dosiye bagategura urubanza.

Umucamanza Alice Umulisa uburanisha uru rubanza yibukije ubushinjacyaha ko ari bwo bufite inshingano zo kubashyikiriza dosiye nk’uko bitangazwa na Radio Ijwi ry’Amerika.

Bwasubije ko ku manza zihuriweho n’abantu benshi, ubwanditsi bw’urukiko ari bwo bukurikirana ko amadosiye yageze ku baregwa bubanje kuyanyuza kuri gereza bafungiwemo.

Muri rusange iri tsinda ry’abantu i 25 bararegwa ibyaha byo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, ibyaha by’ubugambanyi bugamije kugirira nabi ubutegetsi buriho n’ibindi. Bararegwa gukoranira bya hafi n’umutwe wa FDLR ubarizwa mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo urwanya Leta y’u Rwanda ndetse bagashinjwa gukoranira bya hafi n’abo mu ihuriro RNC nayo irwanya Leta y’u Rwanda.

Iburanisha ritaha ryimuriwe ku itariki ya 18 z’ukwezi gutaha kwa karindwi.

2018-06-29
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Editorial 26 Jun 2019
Rwa rubyaro rw’abajenosideri rwakoranaga na FDLR rwihishwa, noneho rubishyize ku mugaragaro

Rwa rubyaro rw’abajenosideri rwakoranaga na FDLR rwihishwa, noneho rubishyize ku mugaragaro

Editorial 23 Jun 2024
Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Editorial 04 Jan 2022
 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Editorial 05 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE
Amakuru

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Editorial 07 Apr 2025
Uganda: Lt Gen. Tumukunde uherutse kwirukanwa muri guverinoma yizeye kuyigarukamo bidatinze
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda: Lt Gen. Tumukunde uherutse kwirukanwa muri guverinoma yizeye kuyigarukamo bidatinze

Editorial 22 May 2018
Kayiranga Baptiste  yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18
Amakuru

Kayiranga Baptiste yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18

Editorial 17 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru