• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»RwandAir yemerewe gukorera ingendo muri Singapore

RwandAir yemerewe gukorera ingendo muri Singapore

Editorial 15 Jun 2018 UBUKERARUGENDO

Ikompanyi Nyarwanda itwara abantu n’ibintu mu ndege, RwandAir, yahawe uburenganzira bwo gukorera ingendo muri Singapore, u Rwanda narwo rwemerera Singapore Airlines gukorera ingendo ku butaka bwarwo.

Kuri uyu wa Kane u Rwanda na Singapore byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege, aha uburenganzira kompanyi z’indege z’ibihugu byombi kubikoreramo nta mananiza.

Aya masezerano yasinyiwe i Kigali, u Rwanda ruhagarariwe n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi, Jean de Dieu Uwihanganye naho Singapore ihagarariwe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Koh Poh Koon, wari mu itsinda riyobowe na Minisitiri w’Intebe wungirije, Tharman Shanmugaratnam, ryari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo, yavuze ko aya masezerano ari amahirwe akomeye mu kwagura ingendo za RwandAir no mu mikoranire na Kompanyi ya Singapore Airlines, ifite ubunararibonye bukomeye.

Yagize ati “Gusinya aya masezerano biraduha amahirwe yo kwagura ibyerekezo byacu muri Aziya, ubu tujya Mumbai, umwaka utaha tuzajya Guangzhou, ni ibintu bishimishije kuri twe. Biraduha kandi amahirwe y’imikoranire na Kompanyi y’indege ya Singapore, dukeneye gusangira ubunararibonye yaba mu mikorere y’indege n’ibindi.”

Akomeza avuga ko RwandAir yifuza kugirana ubufatanye bwimbitse na Singapore Airlines, kugira ngo iyigireho nayo ibashe gutera imbere.

U Rwanda rusanzwe rufitanye amasezerano atandukanye na Singapore mu bijyanye n’ubwikorezi bw’indege, aho ibihugu byombi bisangira ubunararibonye, amahugurwa no kubaka ubushobozi bw’abakozi. Kugeza ubu hari Abanyarwanda 17 basoje aya mahugurwa binyuze muri ubu bufatanye.

Mu ruzinduko rw’itsinda ry’Abanya-Singapore mu Rwanda, impande zombi zanaganiriye ibijyanye n’imicungire y’abakozi, ubwikorezi bw’indege, iterambere ry’urwego rw’imari, uburyo burambye bwo gucunga neza ubutaka, kwita ku bidukikije n’ibindi.

Minisitiri w’Intebe wungirije wa Singapore, Tharman Shanmugaratnam, yavuze ko hari byinshi ibihugu byombi bisanzwe bifatanya ariko umubano mwiza bifitanye ugiye gukomereza no mu kwagura ubufatanye mu iterambere ry’urwego rw’imari, ubwikorezi bw’indege no gucunga abakozi nka rimwe mu ibanga ry’iterambere rya Singapore.

Yagize ati “U Rwanda ni igihugu cyanyuze mu bizazane ibihugu bike cyane byanyuzemo mu myaka nka 20 ishize, twumva dufite inshingano zo gufatanya namwe tukabasangiza ubunararibonye dufite, ntabwo ari ubufatanye twabara mu nyungu aka kanya ariko twizera ko uko imyaka ihita buzagera aho buri mpande zombi zibyungukiramo.”

Ubufatanye bwa Singapore n’u Rwanda kandi bwitezweho kongera ubucuruzi. Ibyo u Rwanda rwoherezayo bingana na miliyoni 30 z’amadolari ya Amerika ku mwaka, mu gihe ibyo Singapore yohereza bingana na miliyoni eshanu z’amadolari ku mwaka. U Rwanda rwoherezayo cyane cyane ikawa, icyayi n’ubuki.

Umuyobozi wa RwandAir, Yvonne Makolo

2018-06-15
Editorial

IZINDI NKURU

Mkapa asanga u Rwanda rufite ahazaza heza kubera kurengera ibidukikije

Mkapa asanga u Rwanda rufite ahazaza heza kubera kurengera ibidukikije

Editorial 11 Jan 2018
Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Editorial 10 Mar 2019
RwandAir igiye gufungura ibyerekezo bishya bitanu mu mwaka umwe

RwandAir igiye gufungura ibyerekezo bishya bitanu mu mwaka umwe

Editorial 10 Aug 2018
U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)

U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)

Editorial 19 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

René Mugenzi yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri azira kwiba amaturo ya Kiliziya, ibi bibaye nyuma yuko we na Ally Yussuf Mugenzi wa BBC bacucuye impunzi ngo barabashakira ibyangombwa
INKURU NYAMUKURU

René Mugenzi yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri azira kwiba amaturo ya Kiliziya, ibi bibaye nyuma yuko we na Ally Yussuf Mugenzi wa BBC bacucuye impunzi ngo barabashakira ibyangombwa

Editorial 24 Oct 2020
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 04 May 2023
Uko Umuhango wo guherekeza mu cyubahiro  Senateri Jean de Dieu Mucyo wagenze
Mu Mahanga

Uko Umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Jean de Dieu Mucyo wagenze

Editorial 07 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru