• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Editorial 01 Mar 2024 INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Nk’uko tubikesha ibitangazamakuru bikomeye muri Mozambique, birimo Cabo Ligado na Zitamar News, kuva mu ntangiriro z’ukwezi gushize, ubwo ingabo za SADC zatangiraga guta uduce zagenzuraga mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, ubu utwo duce turagenda twigarurirwa n’ umutwe w’iterabwoba wa Islamic State-Mozambique(ISM), zongeye kwica no gukiza muri utwo duce.

Abasirikari ba SADC bayobowe na Major Patrick Dube ukomoka muri Afrika y’Epfo, bageze muri Mozambique muri Nyakanga 2021, bavuga ko baje gufasha umunyamuryango mugenzi wabo guhashya ibyihebe bya ISM.

Ibyo “gutabara” Cabo Delgado nyuma y’imyaka myinshi yarabaye akarima k’ababicanyi kabuhariwe, nabyo byari nko kwikura mu isoni, nyuma y’aho u Rwanda, rutari no muri SADC, rwoherereje ingabo n’abapolisi kugarura umutekano aho muri Cabo Delgado.

Bidateye kabiri SADC yatangiye gukura ingabo zayo muri Mozambique, nyamara icyugarijwe n’ibyihebe, ihitamo kuzohereza mu ntambara yo burasirazuba bwa Kongo. Amakuru yizewe avuga ko abategetsi b’ibihugu byoherejeyo abasirikari bagororewe ibidolari bitabarika n’ibilombe by’amabuye y’agaciro, maze bemera gutererana abaturage ba Cabo Delgado.

Kuva SADC yatangira kuva muri Mozambique, ibyihebe bya ISM bimaze kugaba ibitero byinshi, byaguyemo abantu binangiza ibikorwa byinshi.

Nko ku itariki 09, iya 10 n’iya 12 Gashyantare 2024,ISM yateye uduce dutandukanye nka Litamanda, Chiure, Mucojo, Nacoja na Mazeze, ihica abantu benshi, inatwika amaduka, ingo z’abaturage n’insengero.

Ibi byose biraba mu gihe abasesenguzi benshi berekanye ko SADC idakwiye gutererana igisirikari cya Mozambique, cyagaragaje ko kitihagije mu kurinda abaturage n’ibyabo

Ubu ahantu hatekanye muri Cabo Delgado, ni ahagenzurwa gusa n’abasirikari n’abapolisi b’Abanyarwanda, ndetse abaturage bakaba bamaze igihe barasubiye mu byabo, banasubukura imirimo yabo ya buri munsi.

Raporo z’ibigo n’imiryango mpuzamahanga zivuga ko ubusabane ari bwose hagati y’abaturage n’Abanyarwanda, mu gihe ngo ibyihebe bidashobora gusunutsa izuru aho zumvise ushinzwe umutekano w’Umunyarwanda.

Muri make rero, kubera inda nini ya bamwe mu bategeka ibihugu bya SADC, yahisemo gusiga Mozambique mu kaga, ijya”gutabara” Kongo, kandi bombi ari abanyamuryango bayo. Ikibazo ni uko nabyo itabishoboye, kuko yirirwa itoragura imirambo y’abahitanywe n’intambara batazi icyo barwanira.

SADC yahisemo gusiga mu kangaratete inzirakarengane zo muri Cabo Delgado zibuzwa amahwemo n’ibyihebe, ijya kurwanya M23 itarahwemye kugaragaza ko irwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bahohoterwa na Leta yabo yakabarengeye.

Abanyapolitiki, sosiyete sivile n’impuguke mu bya gisirikari mu bihugu byo muri Afrika y’amajyepfo, ntibasiba gusaba ko ingabo za SADC zava muri Kongo vuba na bwangu, kuko ikibazo gikwiye gukemurwa n’ibiganiro hagati y’Abakongomani ubwabo.

Byongeye ingabo za SADC, cyane cyane iz’Afrika y’Epfo, ngo ntizifite imyitozo, ubushake n’ibikoresho bigezweho, byatuma batsinsura M23 izi neza akarere k’imirwano, inafite icyo irwanira cyumvikana.

2024-03-01
Editorial

IZINDI NKURU

Inzego z’Iperereza muri Uganda zirahiga  bukware abahoze mu nzego z’igisirikare na Polisi mu Rwanda

Inzego z’Iperereza muri Uganda zirahiga bukware abahoze mu nzego z’igisirikare na Polisi mu Rwanda

Editorial 30 Jul 2018
Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram

Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram

Editorial 11 Dec 2018
Visi Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Burundi yatawe muri yombi azira agahimbazamusyi k’ikipe yari muri CAN 2019  

Visi Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Burundi yatawe muri yombi azira agahimbazamusyi k’ikipe yari muri CAN 2019  

Editorial 10 Jul 2019
Umunyarwanda TWIZERE Fideli ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika amaze kwamburwa ubwenegihugu yari yabonye mu buriganya

Umunyarwanda TWIZERE Fideli ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika amaze kwamburwa ubwenegihugu yari yabonye mu buriganya

Editorial 30 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwatangije gahunda idasanzwe yo guhashya imibu itera Malaria hifashishijwe ’drones’
IKORANABUHANGA

U Rwanda rwatangije gahunda idasanzwe yo guhashya imibu itera Malaria hifashishijwe ’drones’

Editorial 10 Mar 2020
Impuguke mu by’umutekano Alex Ward yavuze uko abona ahazaza ha Trump na Iran
POLITIKI

Impuguke mu by’umutekano Alex Ward yavuze uko abona ahazaza ha Trump na Iran

Editorial 21 May 2018
Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN
IMIKINO

Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN

Editorial 11 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru