• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim
Mo Ibrahim yatangarije France 24 ko u Rwanda ruri ku isonga mu bihugu biyobowe neza muri Afurika

Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Editorial 03 May 2018 UBUKUNGU

Umuherwe w’Umunya-Sudani, Mohammed Ibrahim ‘uzwi nka Mo Ibrahim’, yatangaje ko u Rwanda rumaze gutera intambwe ishimishije muri demokarasi n’imiyoborere myiza ishingiye ku gutanga serivisi nziza mu nzego za Leta.

Mu mpera z’icyumweru gishize u Rwanda rwakiriye Inama ngarukamwaka yiswe ‘2018 Ibrahim Governance Weekend’, yanatangiwemo igihembo cya Mo Ibrahim, cyashyikirijwe uwahoze ari Perezida wa Liberia, Ellen Johnson Sirleaf, ndetse haganirwa no ku ngingo zirimo imikorere y’inzego za Leta muri Afurika.

Mu kiganiro umuherwe Mo Ibrahim, yagiranye na Televiziyo ya France 24, yasobanuye ko icyatumye kuri iyi nshuro bahitamo kuganirira mu Rwanda ari uko rwujuje ibyo bagenderaho birimo kuba nta bwumvikane buke muri politiki bushingiye ku matora buhari, hari umutekano nta ntambara za gisivili ziharangwa kandi abashyitsi boroherwa n’urujya n’uruza n’ibindi.

Mo Ibrahim yavuze ko u Rwanda ari igihugu cyihariye kubera amateka yacyo, kandi kimaze gutera intambwe mu gutanga serivisi nziza mu nzego za leta, ari wo mutima w’imyoborere.

Yagize ati “Ndatekereza ko u Rwanda rwateye intambwe, turavuga ku ngingo hano yo ‘gutanga serivisi nziza mu nzego za leta, niwo mutima w’imiyoborere. Hari ugutanga uburezi, ubuzima, umutekano ku bantu, ibyo byose ni ingenzi cyane kandi nkuko wabivuze iki gihugu kiyobowe neza, ni ibintu bitangaje uko wabona viza ukoresheje ikoranabuhanga…”

Umunyamakuru Rob Parsons, yagarutse ku bavuga ko Perezida Kagame yakoze byinshi mu buzima, uburezi, iterambere n’ibindi ariko ku rundi ruhande uburenganzira bwa muntu, demokarasi ihuriweho, ibijyanye n’amategeko ugasanga bitameze neza.

Mo Ibrahim yamusubije ko demokarasi iri ahantu abaturage bashonje, batiga, cyangwa bativuza ntacyo iba imaze.

Yagize ati “Njya mbona mu bitangazamakuru byo mu Burayi na Amerika bavuga ngo iterambere n’imiyoborere ni ukugira amashyaka menshi. Ku bwanjye nkunda amashyaka menshi ariko nshima ko imiyoborere ari ikintu cyagutse. Abantu bashonje, nk’abaturage bo muri Sudani y’Epfo barimo kwicwa, bakanafatwa ku ngufu, mu magambo bafite uburenganzira bwo gutora, ariko se bibamariye iki?”

Yakomeje asobanura ko kuba icyegeranyo cy’Umuryango yashinze, Mo Ibrahim Foundation, kigaragaza ko u Rwanda ari igihugu kimaze gutera intambwe muri Demokarasi n’imiyoborere myiza bidasobanuye ko cyageze aho kijya, ahubwo ari ukwerekana ko ugereranyije amateka cyanyuzemo n’aho kigeze hari intambwe ishimishije yatewe.

Mo Ibrahim yatangaje kandi ko u Rwanda ari urugero rwiza muri Afurika, urebye iterambere rugezeho n’aho ruvuye.

Ati “Sinizege mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda, ibi ni ibikorwa bidasanzwe byagezweho ntabwo twabishyira ku ruhande.”

Muri iki kiganiro cyamaze umwanya utarambiranye, uyu muherwe ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza, yanenze ko Abanyaburayi bigize abarimu ba demokarasi kandi nabo batayigira, bagahora banenga Afurika gusa ntibanarebe n’ibyiza biri kuhakorwa.

Yagize ati “Reka nkubaze, ni ibihugu bingahe mu bigize EU bifite demokarasi isesuye, Hongrie ifite demokarasi, ni iki murimo kubikoraho, bimeze bite muri Pologne, Czech Republic…”

Yanenze kuba Afurika ifite ibihugu 54 ariko itangazamakuru ryo hanze yayo, Abanyaburayi n’abandi bagatangaza ko ari umugabane w’ibibazo, bagendeye gusa ku bibera mu bihugu bigera kuri birindwi, ni ukuvuga 4% by’ibiwugize.

Igihembo cyitiriwe umuherwe ‘Mo Ibrahim’ cyegukanwa n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ba Afurika, bamaze imyaka itarenze itatu bavuye ku butegetsi. Bakaba barayoboye batowe n’abaturage kandi bakubahiriza ibyo Itegeko Nshinga riteganya.

 

2018-05-03
Editorial

IZINDI NKURU

Imyaka 10  BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe

Imyaka 10 BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe

Editorial 11 May 2019
Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe

Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe

Editorial 18 May 2018
BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

Editorial 30 May 2019
Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Editorial 14 Jan 2020
Imyaka 10  BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe

Imyaka 10 BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe

Editorial 11 May 2019
Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe

Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe

Editorial 18 May 2018
BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

Editorial 30 May 2019
Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Editorial 14 Jan 2020
Imyaka 10  BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe

Imyaka 10 BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe

Editorial 11 May 2019
Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe

Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe

Editorial 18 May 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique
Amakuru

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Editorial 18 Nov 2024
I Dakar : Perezida Kagame yitabiriye inama izwi nka Next Einstein Forum
Mu Rwanda

I Dakar : Perezida Kagame yitabiriye inama izwi nka Next Einstein Forum

Editorial 10 Mar 2016
Amakipe 20 atarimo Gisagara VC niyo azitabira imikino yo kwibuka Padiri Kayumba igiye gukinwa ku ncuro ya 12
Amakuru

Amakipe 20 atarimo Gisagara VC niyo azitabira imikino yo kwibuka Padiri Kayumba igiye gukinwa ku ncuro ya 12

Editorial 04 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru