• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim
Mo Ibrahim yatangarije France 24 ko u Rwanda ruri ku isonga mu bihugu biyobowe neza muri Afurika

Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Editorial 03 May 2018 UBUKUNGU

Umuherwe w’Umunya-Sudani, Mohammed Ibrahim ‘uzwi nka Mo Ibrahim’, yatangaje ko u Rwanda rumaze gutera intambwe ishimishije muri demokarasi n’imiyoborere myiza ishingiye ku gutanga serivisi nziza mu nzego za Leta.

Mu mpera z’icyumweru gishize u Rwanda rwakiriye Inama ngarukamwaka yiswe ‘2018 Ibrahim Governance Weekend’, yanatangiwemo igihembo cya Mo Ibrahim, cyashyikirijwe uwahoze ari Perezida wa Liberia, Ellen Johnson Sirleaf, ndetse haganirwa no ku ngingo zirimo imikorere y’inzego za Leta muri Afurika.

Mu kiganiro umuherwe Mo Ibrahim, yagiranye na Televiziyo ya France 24, yasobanuye ko icyatumye kuri iyi nshuro bahitamo kuganirira mu Rwanda ari uko rwujuje ibyo bagenderaho birimo kuba nta bwumvikane buke muri politiki bushingiye ku matora buhari, hari umutekano nta ntambara za gisivili ziharangwa kandi abashyitsi boroherwa n’urujya n’uruza n’ibindi.

Mo Ibrahim yavuze ko u Rwanda ari igihugu cyihariye kubera amateka yacyo, kandi kimaze gutera intambwe mu gutanga serivisi nziza mu nzego za leta, ari wo mutima w’imyoborere.

Yagize ati “Ndatekereza ko u Rwanda rwateye intambwe, turavuga ku ngingo hano yo ‘gutanga serivisi nziza mu nzego za leta, niwo mutima w’imiyoborere. Hari ugutanga uburezi, ubuzima, umutekano ku bantu, ibyo byose ni ingenzi cyane kandi nkuko wabivuze iki gihugu kiyobowe neza, ni ibintu bitangaje uko wabona viza ukoresheje ikoranabuhanga…”

Umunyamakuru Rob Parsons, yagarutse ku bavuga ko Perezida Kagame yakoze byinshi mu buzima, uburezi, iterambere n’ibindi ariko ku rundi ruhande uburenganzira bwa muntu, demokarasi ihuriweho, ibijyanye n’amategeko ugasanga bitameze neza.

Mo Ibrahim yamusubije ko demokarasi iri ahantu abaturage bashonje, batiga, cyangwa bativuza ntacyo iba imaze.

Yagize ati “Njya mbona mu bitangazamakuru byo mu Burayi na Amerika bavuga ngo iterambere n’imiyoborere ni ukugira amashyaka menshi. Ku bwanjye nkunda amashyaka menshi ariko nshima ko imiyoborere ari ikintu cyagutse. Abantu bashonje, nk’abaturage bo muri Sudani y’Epfo barimo kwicwa, bakanafatwa ku ngufu, mu magambo bafite uburenganzira bwo gutora, ariko se bibamariye iki?”

Yakomeje asobanura ko kuba icyegeranyo cy’Umuryango yashinze, Mo Ibrahim Foundation, kigaragaza ko u Rwanda ari igihugu kimaze gutera intambwe muri Demokarasi n’imiyoborere myiza bidasobanuye ko cyageze aho kijya, ahubwo ari ukwerekana ko ugereranyije amateka cyanyuzemo n’aho kigeze hari intambwe ishimishije yatewe.

Mo Ibrahim yatangaje kandi ko u Rwanda ari urugero rwiza muri Afurika, urebye iterambere rugezeho n’aho ruvuye.

Ati “Sinizege mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda, ibi ni ibikorwa bidasanzwe byagezweho ntabwo twabishyira ku ruhande.”

Muri iki kiganiro cyamaze umwanya utarambiranye, uyu muherwe ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza, yanenze ko Abanyaburayi bigize abarimu ba demokarasi kandi nabo batayigira, bagahora banenga Afurika gusa ntibanarebe n’ibyiza biri kuhakorwa.

Yagize ati “Reka nkubaze, ni ibihugu bingahe mu bigize EU bifite demokarasi isesuye, Hongrie ifite demokarasi, ni iki murimo kubikoraho, bimeze bite muri Pologne, Czech Republic…”

Yanenze kuba Afurika ifite ibihugu 54 ariko itangazamakuru ryo hanze yayo, Abanyaburayi n’abandi bagatangaza ko ari umugabane w’ibibazo, bagendeye gusa ku bibera mu bihugu bigera kuri birindwi, ni ukuvuga 4% by’ibiwugize.

Igihembo cyitiriwe umuherwe ‘Mo Ibrahim’ cyegukanwa n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ba Afurika, bamaze imyaka itarenze itatu bavuye ku butegetsi. Bakaba barayoboye batowe n’abaturage kandi bakubahiriza ibyo Itegeko Nshinga riteganya.

 

2018-05-03
Editorial

IZINDI NKURU

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

Editorial 09 Apr 2020
Amasezerano ya Arsenal  yatesheje umutwe abiyita ko barwanya Leta y’u Rwanda

Amasezerano ya Arsenal  yatesheje umutwe abiyita ko barwanya Leta y’u Rwanda

Editorial 31 May 2018
Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Editorial 07 Feb 2018
Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Editorial 07 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen Muhoozi Kainerugaba yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, UPDF
Amakuru

Gen Muhoozi Kainerugaba yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, UPDF

Editorial 22 Mar 2024
Mu gushaka guhindura itegeko nshinga hari icyo Museveni amaze kwigira kuri Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Mu gushaka guhindura itegeko nshinga hari icyo Museveni amaze kwigira kuri Nkurunziza

Editorial 16 Dec 2017
Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.
Amakuru

Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.

Editorial 08 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru