• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»‘ Sinoshyana ndi mukuru ‘– Mbanda

‘ Sinoshyana ndi mukuru ‘– Mbanda

Editorial 04 Jun 2017 POLITIKI

Hashize iminsi Jean Mbanda wari waratangaje ko aziyamamariza kuyobora u Rwanda atangaje ko abihagaritse ahubwo ko agiye gufatanya na leta mu rugendo rwayo rwo kugeza iterambere ku baturage. Ibi abantu bamwe barabishimye, abandi barabinenga ndetse bamuvumira kugahera, abandi bati ni umugambinyi n’ibindi …

Nkuko Mbanda aherutse kubwira kimwe mu bitangazamakuru bikorera mu Rwanda ko akigera mu Rwanda avuye muri Canada aho yabaga kuva mu 2007, yahisemo gufata umwanya we agatekereza kuri gahunda ajemo. Muri uko gutekereza, ngo yifashishije ibitabo bitatu bimuha ishusho ya nyayo y’icyo agomba gukora.

Muri ibyo bitabo avugamo icy’amahame shingiro ya PSD yakozeho ubwo iri shyaka yaryinjiragamo mu myaka ya 1990, harimo kandi ikijyanye na gahunda za leta z’imyaka irindwi (2010-2017) ndetse n’ikindi kirimo imyitwarire iranga umunyapolitiki.

By’umwihariko igitabo kivuga ku migabo n’imigambi ya gahunda za leta, Mbanda avuga ko cyamweretse ishusho n’intambwe u Rwanda rumaze gutera kugeza ubwo asanze gahunda yari agiye kugenderaho yiyamamaza zihari n’izitarakorwa ziri mu mihigo, ahera aho afata umwanzuro wo kureka gahunda yo kwiyamamaza.

-6749.jpg

Mpayimana Philippe

Icyemezo cye ndetse nticyakiriwe neza n’ abandi bifuza kuyobora u Rwanda barimo Mpayimana Philippe wavuze ko bisa no kutamenya icyo politiki aricyo kuko isaba umuntu kwiyibagirwa ahubwo akaberaho abandi.

Mpayimana yagize ati “Uwo mugabo yarirebye ku giti cye. Ariko njye kuko ndeba n’abandi Banyarwanda benshi ibyo batekereza n’ibyo bifuza […] ubwo rero kubera ko yasesenguye akagera aho abona ibye bihwanye n’iby’ubutegetsi buriho, ni uburenganzira bwe ni byiza yafashe icyemezo cya kigabo.

Njye ibyo ubuyobozi buriho bukora nshima ndabizi, noneho hakabaho n’ibindi nashingiyeho ntashima. […] ntabwo namwigana rwose.”

Yakomeje agira ati “ Ku rwego rwe yarirebye ku giti cye, iyo wiyemeje kujya muri politiki uriyibagirwa [biri mu byo nzasobanurira Abanyarwanda]. Politiki ni ukwiyibagirwa, ni uguharanira inyungu z’abandi bantu, ni uguharanira kuvuganira abandi.”

Sinoshyana ndi mukuru – Mbanda

Hagati aho, Mbanda atangaza ko yasesenguye ibivugwa na bamwe mu bakandida bamaze kuvuga ko baziyamamariza kuyobora u Rwanda, barimo na Mpayimana, agasanga bafite porogaramu zidahamye.

-6750.jpg

Frank Habineza

Ibi yabivuze mu gihe hashize iminsi Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda,Green Party, ryemeje Dr Frank Habineza nk’umukandida uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Uyu mugabo yahise asa n’uwigana Donald Trump wa USA maze yiyemeza ko mu gihe yazaba atowe azubaka urukuta rwa metero umunani ku mipaka ihuza u Rwanda, Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi mu gukumira abo yise “abanzi b’igihugu”.

-6751.jpg

Diane Shima Rwigara

Mbanda yavuze ko iyo gahunda ya Habineza idahamye, anagaruka kuri Diane Rwigara wavuze ko ashaka gufasha Abanyarwanda kuva mu bukene ndetse na Mpayimana wari waratangaje ko azashaka akazi kazamufasha ibikorwa bye byo kwiyamamaza.

Ati “Sinoshyana ndi mukuru […] uko mbabona nkabagaya […] ntabwo navuga ngo nje kubaka urukuta kugira ngo ngire umutekano, ntabwo iyo ari porogaramu rwose, Ntabwo navuga ngo nje gushaka akazi kugira ngo mbone amafaranga yo gukora ibikorwa byo kwiyamamaza, oya ntabwo iyo ari porogaramu, ntabwo navuga ngo nje gukiza igihugu ubukene tuzi uko giteye nirengagije inzego aho zigeze zikora ibintu.”

-6748.jpg

Jean Mbanda

2017-06-04
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Editorial 08 Apr 2020
U Rwanda rwanzuye kutavugurura amasezerano y’imikoranire na Human Rights Watch

U Rwanda rwanzuye kutavugurura amasezerano y’imikoranire na Human Rights Watch

Editorial 06 Mar 2018
Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Editorial 28 Oct 2024
U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

Editorial 24 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina
MULTIMEDIA

Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina

Editorial 11 May 2017
Miss Mutesi Jolly mu nama yitabiriwe na Moussa Fakki Mahamat na Perezida wa Angola
HIRYA NO HINO

Miss Mutesi Jolly mu nama yitabiriwe na Moussa Fakki Mahamat na Perezida wa Angola

Editorial 18 Sep 2019
Iya 15 Gicurasi 1994: Papa Yohani Pawulo II yemeje ko mu Rwanda hari Jenoside
Mu Rwanda

Iya 15 Gicurasi 1994: Papa Yohani Pawulo II yemeje ko mu Rwanda hari Jenoside

Editorial 15 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru