• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Sosiyete sivile irasabwa kujya mu magereza kureba ko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa uko bikwiye

Sosiyete sivile irasabwa kujya mu magereza kureba ko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa uko bikwiye

Editorial 05 Jan 2023 Amakuru, ITOHOZA, Mu Rwanda

Abantu bamwe bibwira ko iyo umuntu yafunzwe, yaba ari muri gereza cyangwa ahandi hose hafungirwa abantu by’igihe gito, uburenganzira bwe buba bwarangiye, ariko ibi ntabwo ari ko bimeze kuko n’ubwo umuntu  aba yafunzwe, ariko uburenganzira bwe nk’ikiremwamuntu bugomba kubahwa kandi bukubahirizwa.

Perezida wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda, Mukasine Marie Claire, avuga ko abantu bibwira ko umuntu iyo yafunzwe uburenganzira bwe buba bwarangiye, ariko ngo siko bimeze, kuko uburenganzira bwe nti burangirira ku marembo ya gereza .

Niyo mpamvu, iyi komisiyo ikangurira imiryango itari iya Leta kujya mu magereza kureba ko uburenganzira bw’imfungwa bwubahirizwa, hanyuma aho isanze hari aho bitagenda neza igatanga inama kugira ngo Leta nayo ihereho ibikosore.

Agira ati ”imiryango itari iya Leta , ikora ku burenganzira bwa muntu n’imibereho, twifuza ko nyuma yo kumenya amahame mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu yajya ijya mu magereza, mu bigo bifungirwamo abantu by’agateganyo, mu ma kasho ya Polisi cyangwa se mu bigo by’inzererezi, bakareba ko abahafungiwe uburenganzira bwabo bwubahirijwe,noneho ibyo basanzeyo bakaza bakabiyungurura, bakabikorera raporo,  bakoze raporo na komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu igakora indi, icyo gihe Leta nayo izabona aho ihera ikosora ibitagenda neza”

Ubushakashatsi buheruka bwakozwe n’Umuryango Mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International, Ishami ry’u Rwanda bugaragaza ko ubucucike mu magereza yo mu Rwanda bugenda bwiyongera aho bugeze ku gipimo cya 174%.

Muri rusange abasaga ibihumbi 84 ni bo bafungiye mu magereza yo mu Rwanda. Abagera ku bihumbi 12 bafunzwe by’agateganyo hatabariwemo abafungiwe muri za sitasiyo za polisi nk’uko byagaragaye mu bushakashatsi bw’uyu muryango bwo muri Gicurasi 2022.

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda, Me Moise Nkundabarashi, avuga ko akurikije ibyavuye mu bushakashatsi bwa Transparency Rwanda, ubundi buryo buteganyijwe mu mategeko y’u Rwanda butari ugufunga buramutse bukoreshejwe neza byagabanya ubucucike mu magereza ku kigero cya 97,38%.

Hugo Moudiki Jombwe, uhagarariye umuryango RCN , avuga ko nyuma yo guhugura sosiyete sivile zikora ku burenganzira bwa muntu , yizera ko hari umusaruro bizatanga, kuko iyi miryango itari iya Leta  niramuka ihurije hamwe na komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu, hari icyo bizatanga  ariko kandi asaba Leta , kurushaho gukorana na sosiyete sivile  bakareba ko uburenganzira bw’abafunzwe bwubahirizwa ku bipimo mpuzamahanga ndetse n’ibibazo byabo bigacyemuka vuba.

Ati”Leta ikwiye gushyiramo imbaraga ndetse igafatanya na sosiyete sivile, bakareba uburyo uburenganzira bw’abafunze bwakubahirizwa, kugira ngo ibibazo bahura nabyo bijye bhita bishakirwa umuti, nk’ubu komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu igihe igiye gusura amagereza, iramutse ijyanye na sosiyete sivile byakoroha, kuko akenshi sosiyete sivile ntibona uburyo yakwinjiramo yisanzuye, ariko ijyanye na komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu byayorohera kugeramo., bitewe n’imbogamizi zitandukanye, iyi mikoranire iramutse ibaye ihari, byose byagirira akamaro abafunzwe”

Ubusanzwe imiryango itari iya Leta , isanzwe ijya muri gereza gusura imfungwa ariko ngo nta bumenyi buhagije bari bafite bw’ibipimo mpuzamahanga, bareberaho bapima ko uburenganzira ku mfungwa bwubahirizwa.

Kugeza ubu komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu , ivuga ko u Rwanda rugerageza kubahiriza ibipimo mpuzamahanga by’uburenganzira bwa muntu, nkuko bigaragara muri Raporo y’umwaka ushize ,yakozwe muri gereza 14 zo mu Rwanda.

2023-01-05
Editorial

IZINDI NKURU

Abakinnyi 10 ndetse n’umutoza w’ungirije wa Espoir FC ntabwo bagaragara ku munsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda

Abakinnyi 10 ndetse n’umutoza w’ungirije wa Espoir FC ntabwo bagaragara ku munsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda

Editorial 05 Mar 2022
Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?

Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?

Editorial 09 Jan 2022
Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Editorial 03 Jul 2025
Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Editorial 15 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwami Kigeli V Ndahindurwa arasaba Perezida  Kagame ko yategura inama rusange (table ronde)
POLITIKI

Umwami Kigeli V Ndahindurwa arasaba Perezida Kagame ko yategura inama rusange (table ronde)

Editorial 05 Jan 2016
U Burundi bwemeye kwitabira inama ya EAC iheruka gusubikwa
ITOHOZA

U Burundi bwemeye kwitabira inama ya EAC iheruka gusubikwa

Editorial 16 Dec 2018
Paul Rusesabagina na Sankara kwitwerera ibitero bya baringa mu Nyungwe  bimubyariye amazi nk’ibisusa  
INKURU NYAMUKURU

Paul Rusesabagina na Sankara kwitwerera ibitero bya baringa mu Nyungwe  bimubyariye amazi nk’ibisusa  

Editorial 24 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru