• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»#TAS2017: Kigali yabaye Umujyi ku bw’impanuka – Kagame

#TAS2017: Kigali yabaye Umujyi ku bw’impanuka – Kagame

Editorial 11 May 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko ubusanzwe Umujyi wa Kigali wabaye umujyi ku bw’impanuka kubera ngo nta buhanga mu myubakire bigeze bategura imiterere yayo kuva yashingwa.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabivuze ubwo yatangaga ikiganiro hamwe n’abandi Bakuru b’Ibihugu bitabiriye inama ku guhindura Afurika hifashishijwe ikoranabuhanga izwi nka Transform Africa igeze ku munsi wa kabiri muri Kigali Convention Centre.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho muri Uganda, Frank Tumwebaze yabajije ikibazo cy’uko mu byaro hagerwaho ikoranabuhanga kandi no mu mijyi bikigoranye kubera kuko imijyi ya Afurika myinshi yagiye yubakwa nta gishushanyombonera.

Aha Minisitiri Tumwebaze yatanze urugero rw’Umurwa Mukuru wa Uganda; Kampala avuga ko nubwo hari ibikorwa by’ikoranabuhanga birimo, bikigoranye kugira ngo hazagire ibindi bizashyirwamo.

Mu kumusubiza, Perezida Kagame yagaragaje ko atari Kampala gusa, ati “Na Kigali kugira ngo ibe umujyi ntekereza ko byabaye ku bw’impanuka. Kuko nta bahanga bigeze bawukorera igishushanyombonera mbere y’uko utangira kubakwa. Ariko ibyo ntibyatuma hatabaho uburyo bw’ikoranabuhanga bwateze imbere abawutuye.”

Yagize n’icyo avuga ku buringanire

Umukuru w’Igihugu kandi yanagarutse kuri politiki yo guha agaciro buri wese nta vangura aho asaba ibihugu kwita ku bagore kimwe nk’uko byita ku bagabo, ati “Igihe politiki zanyu ari iziha uburenganzira bumwe abagabo n’abagore uko bikwiye, ubwo ibindi bizakurikira.”

Perezida Kagame yanavuze ko iyo wigisha abana bawe nta vangura ushyize mu bahungu n’abakobwa, icyo uburinganire mu ikoranabuhanga buhagarara kuba ikibazo.

-6548.jpg

-6547.jpg

Umujyi wa Kigali kuri ubu

Umujyi wa Kigali washinzwe mu 1907 (umaze imyaka 110), ushingwa n’Umudage Richard Kandt.

-6549.jpg

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ubu nibwo buri gushyira mu bikorwa igishushanyombonera kimaze imyaka mike gitangajwe kugira ngo uyu mujyi wiyemeje kuba intangarugero mu ikoranabuhanga.

-6546.jpg

Perezida Paul Kagame

2017-05-11
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Editorial 01 May 2021
Rayon  yarahiye itsemba isano ko  idahawe igikombe yatsindiye  ku mukino uzayihuza na APR ntacyo izafata kuwa Kiyovu

Rayon yarahiye itsemba isano ko idahawe igikombe yatsindiye ku mukino uzayihuza na APR ntacyo izafata kuwa Kiyovu

Editorial 26 May 2017
Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Editorial 19 Aug 2023
Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje

Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje

Editorial 19 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sylvia Mukankiko si umusazi, ni umurozi urota kumara abadasangiye nawe ubugome
Amakuru

Sylvia Mukankiko si umusazi, ni umurozi urota kumara abadasangiye nawe ubugome

Editorial 19 Nov 2021
Amakipe 4 y’u Rwanda, 2 mu bagabo n’andi 2 mu bagore yerekeje i Mombasa gukina imikino ya Beach-Volleyball
Amakuru

Amakipe 4 y’u Rwanda, 2 mu bagabo n’andi 2 mu bagore yerekeje i Mombasa gukina imikino ya Beach-Volleyball

Editorial 19 Dec 2023
Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano
Mu Mahanga

Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano

Editorial 10 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru