• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Editorial 09 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Tribert Rujugiro Ayabatwa, wiyemerera ko arwanya ubutegetsi bw’u Rwanda akaba umuterankunga mukuru w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, Rwanda National Congress (RNC)  ashimangira ko yiyemeje gutera inkunga iyo mitwe, Perezida Kagame yava ku butegetsi mugihe kitarenze amezi atandatu.

Ku batazi Rujugiro, batekereza ko uyu musaza ari intungane, nyamara igitangazamakuru Great Lakes Eye cyahishuye ibimenyetso ndakuka bigaragaza ko Rujugiro ifitanye isano n’ibikorwa bibisha byari bigamije guhirika ubuyobozi bwatowe n’abaturage mu Rwanda.

Nubwo atigeze atangaza ku mugaragaro ko afatanya na RNC ku bw’impamvu zatekerejweho neza, bizwi ko ari we muterankunga mukuru w’iri shyaka.

Taliki ya 20 Gicurasi 2015, David Himbara na Robert Higiro bahuye n’abagize agashami ka leta zunze ubumwe z’Amerika ka Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, kibanda kuri Afurika, Ubuzima, uburenganzira bwa muntu n’imiryango mpuzamahanga, bashinja leta y’u Rwanda iyobowe na perezida Kagame kutubahiriza uburenganzira bwa muntu, umugambi bacuriwe n’ikigo Podesta Group gikorera i Washington, D.C bakacyishyura $190 000 bahawe na Rujugiro.

Hatitawe k’uruhare rwe mu bikorwa bibisha bitandukanye, Leta ya Uganda yo ivuga ko Rujugiro ari umushoramari w’intangarugero, nubwo iyo mari ye ikoreshwa mu gufasha imitwe yiyemeje guhungabanya u Rwanda. Mu bikorwa bye by’ubucuruzi bifuditse, Rujugiro aritwararika cyane kugirango hatazagira ikimenyetso na kimwe kizagaragaraza mu nyuma ko yagize uruhare rwe mu bikorwa bibisha.

Uretse kuba umuterankunga w’imitwe y’inyashyamba, Rujugiro abeshejweho na ruswa, kunyunyuza no gusahura ubukungu bw’ibihugu bikennye, urugero rufatika ni Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo ndetse n’u Burundi.  Muri Mata 2011, Itsinda rya Loni ry’inararibonye ryakoze ubushakashatsi ku isahurwa ry’umutungo kamere wa Kongo, ryashyize Rujugiro ku rutonde rw’abijanditse muri ibyo bikorwa. Uyu muherwe ari mubesheje agahigo mu gucuruza magendu ndetse no kunyereza imisoro mu bihugu bitandukanye nka South Africa, Ghana, Nigeria n’umujyi wa London.

Mu gihugu cya Uganda, Rujugiro yagiye akorana bya hafi n’abayobozi bo munzego nkuru mu kunyereza imisoro yagombaga kujya mu bigega bigamije guteza imbere imibereho y’abaturage, ahubwo ayo mafaranga agafatwa nk’inyungu ikagabanywa hagati y’ uyu munyamabi ruharwa n’abo bayobozi.

Mu rwego rwo gucunga neza ibikorwa bye binini by’ubucuruzi biri muri Uganda, nka Meridian Tobacco Company Ltd iherereye mu majyaruguru ya Uganda ikagira icyicaro mu gace kitwa Kireka gaherereye ku muhanda wa Kampala-Jinja, Rujugiro yahaye ruswa abayobozi bo mu nzego zo hejuru nka Gen(rtd) Caleb Akandwanaho alias Salim Saleh-murumuna wa perezida Museveni- amuha imigabane ingana na 15% mu rundi ruganda rwe rw’itabi rwitwa Leaf Tobacco and Commodities Company Ltd.

Mu masezerano y’ubufatanye, Great Lakes Eye ifitiye kopi, yasinywe ku italiki ya 12 Kamena 2017, hagati ya Leaf Tobacco and Commodities Ltd,  Gen(rtd) Caleb Akandwanaho na Tribert Rujugiro Ayabatwa, Akandwanaho yahawe 15% by’imigabane y’urwo ruganda nk’umunyamuryango udafite ububasha bwo gutora mugufata ibyemezo bijyanye n’uruganda. Amasezerano agaragaza kandi ko ku ruhande rwa Akandwanaho we, azatanga serivisi z’umutekano ku bikorwa by’uruganda imbere no hanze y’igihugu. Nk’igisubizo cy’ubwo bufatanye, Gen. Salim Saleh yijeje Rujugiro umutekano wose ku bikorwa bye muri Uganda. Nta gatangaza rero kuba ubuyobozi bwa Uganda bwakingira ikibaba Rujugiro kuko afitanye imikorere ya hafi cyane na bamwe mubayobozi b’iki gihugu.

Hari amakuru avuga ko Rujugiro yakoreshejwe cyane mu kuvugururwa kw’itegeko nshinga muri Uganda mu mwaka wa 2017, impinduka zatumye imyaka ya perezida izamurwa kugeza kuri 75. Rujugiro yatanze amafaranga menshi mu izina rya Gen (rtd) Caleb Akandwanaho alias Salim Saleh, kugirango amavugururwa agendanye n’imyaka agende neza. Aya mafaranga yanyanyagijwe mu badepite kugirango babashe gutora ayo mavugurura.

Bigaragara ko uburyo Rujugiro afatwa nk’amata y’abashyitsi na leta ya Uganda inamuha umwanya uhagije mu itangazamakuru kugirango yangize isura y’u Rwanda, bigamije kugirango nawe azatere inkunga amatora y’umukuru w’igihugu ateganijwe mu mwaka wa 2021. Hashingiwe ku masezerano yasinywe na Rujugiro na Gen Salim Salem, umuherwe Rujugiro azaha ishyaka riri kubutegetsi NRM amafaranga menshi azifashishwa mu kwiyamamaza, ibi bigafatwa nk’igihembo ku buryo bamucungiye umutekano.

2019-08-09
Editorial

IZINDI NKURU

RDC : Ingabo Za Kayumba Mu Misozi Miremire Ya Minembwe

RDC : Ingabo Za Kayumba Mu Misozi Miremire Ya Minembwe

Editorial 02 Jul 2018
Mu Bubiligi RNC imeze nk’imbwa zirwanira mu mayezi

Mu Bubiligi RNC imeze nk’imbwa zirwanira mu mayezi

Editorial 08 Jul 2016
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 1 Mata 2020,  yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 1 Mata 2020, yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga

Editorial 02 Apr 2020
Amazing Grace yambuwe uburenganzira bwo gukora nka Radio mu Rwanda

Amazing Grace yambuwe uburenganzira bwo gukora nka Radio mu Rwanda

Editorial 24 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi : Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane
Amakuru

Burundi : Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Editorial 03 Nov 2017
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!
Amakuru

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Editorial 07 Oct 2020
Kisoro:  Bamwe mu Banyarwanda bafashwe bafungiwe ahatazwi
INKURU NYAMUKURU

Kisoro: Bamwe mu Banyarwanda bafashwe bafungiwe ahatazwi

Editorial 09 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru