• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Trump yashimye uburyo umugore we yitwaye mu kwakira Macron
Trump US France

Trump yashimye uburyo umugore we yitwaye mu kwakira Macron

Editorial 25 Apr 2018 POLITIKI

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yanyuzwe n’uburyo Melania yakiriye mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, n’umugore we Brigitte bari mu ruzinduko rw’iminsi itatu muri iki gihugu.

Ubwo ku wa kabiri mu gitondo Donald na Melania bajyaga kwakira Macron na Brigitte nk’abashyitsi babasuye, byagaragariraga buri wese ko uyu mugore yabiteguye bihagije, haba mu buryo yari yambaye ndetse n’uko yitwaye.

Mu ijipo n’ishati by’umweru byahanzwe na Michael Kors, ndetse n’ingofero ya Hervé Pierre, Melania Trump utaragize ijambo na rimwe avuga yatangaga ubutumwa busobanutse ko aho bari ari iwe, mu musangiro yateguye kandi byose bigomba kugenda uko yabiteguye.

Muri iki Cyumweru Melania wagaragaye mu ruhame cyane, uhereye ku kuba ariwe wahagarariye White House mu muhango wo gushyingura Barbara Bush uherutse kwitaba Imana n’umusangiro na Perezida w’u Bufaransa yerekanye ko hagati ye n’umugabo we hari itandukaniro ishingiye cyane mu myitwarire kuko we yagaragaje gutuza no gushishoza.

Mu muhango wo kwakira Macron, Trump yagaragaje ko yanyuzwe n’uburyo umugore we yakiriye abashyitsi aho yamushimiye mu ruhame.

Ati “Ku mugore w’akataraboneka wa Perezida wa Amerika, wakoze gutuma uyu mugoroba uba uw’agaciro kandi tuzahora twibuka. Wakoze Melania.”

Umuyobozi ushinzwe ibijyanye no kwakira abashyitsi muri White House, Rickie Niceta, yabwiye CNN ko Melania ari we wateguye ibintu byose byakoreshejwe, nyuma yo kumara igihe kitari gito yihugura ku birebana n’umusangiro ubera muri perezidansi.

Umuco wo kwakira umusangiro muri White House (State dinner) watangiye mu 1874 ku butegetsi bwa Grant, iyi ikaba yari inshuro ya 14 u Bufaransa bwakiriwe muri iki gikorwa.

Bitandukanye n’abamubanjirije bifashishaga abashinzwe gutegura ibirori (event planner), Melania niwe watoranyije guhera ku ntebe zari zateguwe kugeza ku mafunguro yafashwe, kandi byose bikaba byari bifite igisobanuro kidasanzwe.

2018-04-25
Editorial

IZINDI NKURU

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Editorial 06 Nov 2017
Uko Gen. Kabarebe yinjije  Kayumba mu gisirikare cya Uganda kikiri inyeshyamba mu 1985.

Uko Gen. Kabarebe yinjije  Kayumba mu gisirikare cya Uganda kikiri inyeshyamba mu 1985.

Editorial 03 Sep 2019
Amahoro muri Kongo aracyari kure nk’ukwezi: Aho gusenya FDLR imunga ayo mahoro,Tshisekedi arayishakira amaboko.

Amahoro muri Kongo aracyari kure nk’ukwezi: Aho gusenya FDLR imunga ayo mahoro,Tshisekedi arayishakira amaboko.

Editorial 16 Sep 2024
i Bruxelles Uwimana Benoît ati : ‘ Opozisiyo ni baringa ‘ –   [ VIDEO ]

i Bruxelles Uwimana Benoît ati : ‘ Opozisiyo ni baringa ‘ – [ VIDEO ]

Editorial 06 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho
Amakuru

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Editorial 20 Dec 2024
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bushukana mu Mujyi wa Kigali, Miliyoni 27  zari zigiye gutikira
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bushukana mu Mujyi wa Kigali, Miliyoni 27 zari zigiye gutikira

Editorial 23 Sep 2016
Gakenke : Perezida Kagame yongeye kwihanangiriza abayobozi bashishakazwa no gukora mu gihe bamutegereje gusa
Mu Mahanga

Gakenke : Perezida Kagame yongeye kwihanangiriza abayobozi bashishakazwa no gukora mu gihe bamutegereje gusa

Editorial 26 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru