• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Editorial 12 Feb 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abahanga mu gukemura amakimbirane bavuga ko udashobora kubona igisubizo utazi neza inkomoko n’ imiterere yacyo.

Abasesenguzi b’intambara nabo bungamo, bakemeza ko gutsinda umwanzi bibanzirizwa no kumva neza uwo ariwe n’icyateje iyo ntambara.

Ibyo utabizi, hama hamwe ukubitwe n’inkuba itagira amazi.

Iyo urebye imiterere y’intambara ica ibintu cyane cyane mu burasirazuba bwa Kongo, wibaza niba abategetsi b’icyo gihugu bazi, cyangwa bashaka kumva neza ko ikibazo cyabo gifite imizi mu miyoborere mibi ya Kongo, uko ingoma zagiye zisimburana. Ngiyi intandaro ya mbere yo kunanirwa kwikura ahakomeye.

Mu buswa bukabije, abategetsi ba Kinshasa banze kwemera ko umutwe wa M23 ugizwe n’Abakongomani barambiwe imiyoborere idahwitse, itagishobora kwihanganirwa.
Kuba iyo leta itumva cyangwa yirengagiza ko ikibazo ari icy’Abanyekongo ubwabo, byatumye itabasha kugishakira umuti, ahubwo ihitamo kukigereka ku mahanga kandi ariyo yakayifashije kugikemura.

Kubera ko abaturage batotezwa biganjemo abavuga ikinyarwanda, leta ya Kongo yumva byoroshye kuvuga ko ingorane zayo ziterwa n’u Rwanda.

Nyamara burya ntushobora guhisha ukuri abantu bose n’igihe cyose. Iki kinyoma cyanze gufata, kugeza ubwo umuryango mpuzamahanga ugaragarije Perezida Tshisekedi ko ikibazo cya leta ye na M23 kidashobora gukemurwa n’intambara, ko ahubwo umuti urambye wava mu biganiro hagati y’abahanganye ku rugamba.

Kubera ubushishozi hafi ya ntabwo,Tshisekedi yananiwe kwakira uku kuri, ngo anywe uyu muti ushobora kuba usharira, ariko wavura ikimungu Kongo imaranye igihe. Nguko uko yafashe n’ibindi bihugu byose byo mu Muryango w’Afrika y’Uburasirazuba (uretse u Burundi) abyongera ku Rwanda, maze urutonde rw’abo Tshisekedi yita “abanzi” rurushaho kuba rurerure. Ingabo uwo muryango wari wohereje kubungabunga amahoro mu burasirazuba bwa Kongo ziswe”ibyitso by’u Rwanda na M23″, zihambirizwa igitaraganya, maze zisimbuzwa iza SADC zo zifatwa nk’inkoramutima za Kongo-Kinshasa.

Nk’aho umubare w’abanzi Tshisekedi ashaka utaruzura, ubu ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Ubwongereza, Ubufaransa n’Umuryango w”Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi, noneho nibyo bigezweho!

Birazira kuba byareruriye Tshisekedi, ko nta yandi mahitamo afite uretse gushyikirana na M23. Magingo aya ibintu byadogereye mu mijyi hafi ya yose muri Kongo, cyane cyane mu murwa mukuru Kinshasa, aho imodoka, amazu, ambasade z’ibyo bihugu, birimo gutwikwa, umuntu wese ukekwa ko yaba abikomokamo akaba ari mu y’abagabo, yitwa”icyitso cy’uRwanda na M23″.

Ingabo za Loni ziri muri Kongo, MONUSCO, nazo ntizirebwa neza n’ubwo ntako zitagize ngo zihohore ku butegetsi. Zageze n’aho zivanga mu mirwano, zimisha ibisasu ku birindiro bya M23, nyamara Ntamunoza Tshisekedi ntibyamubujije gushumuriza abaturage MONUSCO, izira ko yananiwe gutsinsura abarwanyi kabuhahriwe ba M23.

Abakurikiranira hafi intambara ya Kongo bose bamaze kugaragaza ko ibiganiro ariyo nzira rukumbi yo guhagarika ubushyamirane buhitana abantu batabarika, abandi bagata ibyabo, imitungo igatikira. Kubyirengagiza bisaba ubwiyahuzi nk’ubwa Tshisekedi, nyamara binaboneka ko nta mbaraga za gisirikari yifitiye. Abamushuka ngo bazamurwanirira nabo ni amaco yo kwisahurira, kuko nk’uko byumvikana, nta munyamahanga watega agatwe ngo aramenera Abanyekongo amaraso, kubera ibibazo banze kwikemurira.

Imivuno yose Tshisekedi yagerageje yaramupfubanye. Burya rero koko ngo ntawe unanira umushuka.Tshisekedi nawe yumvira abamuroha, akananira abamuhana.

Ikindi ngo”usenya urwe umutiza umuhoro”. Ubwo twateguraga iyi nkuru umudepite w’Umufaransa wo mu ishyaka”La France Insoumise”(rihanganye n’iriri ku butegetsi aho mu Bufaransa) yahamagariraga Abanyekongo gukaza umurego muri ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Uretse ko twanamenye ko Depite anafite inkoko muri Kongo, mu by’ukuri ninde ufite igihombo mu kwiteranya n’isi yose uretse Abakongomani?

Kutamenya ko umwanzi we nyakuri ari imyumvire ye iciriritse, ahubwo abamugira inama nzima akaba ari bo yita abanzi, nta handi bimuganisha uretse ku gutsindwa ruhenu, kandi kwa vuba cyane.

2024-02-12
Editorial

IZINDI NKURU

Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Editorial 07 Apr 2016
Kongo yataye muri yombi abakekwaho kwica abantu 890

Kongo yataye muri yombi abakekwaho kwica abantu 890

Editorial 13 Feb 2019
Burera: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe gushyira imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana

Burera: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe gushyira imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana

Editorial 12 Sep 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA Y’UWITWA HASINGIZWIMANA Jean Berchimas

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA Y’UWITWA HASINGIZWIMANA Jean Berchimas

Editorial 18 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo
Mu Mahanga

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Editorial 19 May 2018
Umutoza António Conceição utoza ikipe y’igihugu ya Cameroon akoze impinduka mu rutonde rw’abakinnyi 25 bitegura imikino ya Cap-Vert n’u Rwanda
Amakuru

Umutoza António Conceição utoza ikipe y’igihugu ya Cameroon akoze impinduka mu rutonde rw’abakinnyi 25 bitegura imikino ya Cap-Vert n’u Rwanda

Editorial 19 Mar 2021
Abagenzacyaha ba Polisi barebeye hamwe uko bakomeza guteza imbere akazi kabo
Mu Mahanga

Abagenzacyaha ba Polisi barebeye hamwe uko bakomeza guteza imbere akazi kabo

Editorial 16 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru