• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Ubwanditsi 15 Jul 2016 ITOHOZA

Nyuma yo gutandukana na Kayumba Nyamwasa, Rudasingwa Theogene ngo yiteguye gushyira ahagaragara iby’urupfu rwa Col. Patrick Karegeya, n’uburyo yagambaniwe na bamwe mubayobozi bakuru ba RNC, kugeza yishwe.

Dore ibyo Rudasingwa theogeye yandikiye Kayumba Nyamwasa, aho avuga ko adashira amakenga uwo bita mu mvugo zabo KP, ariko twaje gusanga ari ( Patrick Karegeya) . Uyu KP agaragara nk’intasi yabo nkuru, ariko bakeka ko ifite abandi bayikoresha! Imizinga rero irikuvamo imyibano.

“Afande, murakomeye muraho,

Mpereye kubyo twaganiriye, namenye izindi nkuru zidashimishije. Navuganye na KB ku wa gatanu w’icyumweru gishize, ndangije mvugana na Doctor uwo mugoroba.

Bwana White, kuri contact z’ubutaha, twavuganye kuwa gatandatu. Navuganye kandi na Diplomat. Naho kuwa mbere navuganye na Mzee. Afande Details ntizishimishije na gato.

White yambwiye ko KB yahamagaye ashaka Passeport mu kwezi kwa 3. Nyuma y’amezi abiri yamugezeho inyuze muri DHL. White ariko aravugako nta details azi z’urugendo rwe rwa Saint –Petersbourg. Nashoboye kuvugana na Schilinger ( Fixer), nawe ampa izindi details. Ngo bishoboka ko bamenye aho KP aherereye mu Burusiya. Kuri twe, ngo KP atekereza ko batashoboye kumukurikira kuko atanyuze kubutaka bwabo. Ikindi yavuzeko yabonye amakuru ku mwanzi, abantu bakomeye hano.

Ariko Muzee we, burya akunda ibisobanuro biri ku murongo. ( Rujugiro Tribert ) Ngo KP yaramuhamagaye amusaba kumwoherereza amadolari 80,000, Muzee amwoherereza 43,000, abwira Muzee, ko hari deal nini azamugezaho. Urazi Muzee ntakunda kubaza byinshi. Ariko ngo hari inshuti ye yamubwiye ko itazi icyo KP ari gukora muri Russia. Akandi gakuru namenye nkabwiwe na Monica, ngo nuko Mama Portia ngo yamubwiye ko agiye gushaka umugati w’abana ahandi.

Monica amubajije icyo ashatse kuvuka ku “ahandi” , ngo yamubwiye ko wa muntu atamubwira byose. Ngo nicyo amubwiye, akimubwira yarangije mission.

Ikigaragara Afande n’uko hari ibyo KP akora kandi umwanzi akurikira Mouvements ze zose.

Umwanzi yamushyizeho uburyo bwose bwo kuneka ibyo akora. Ngirango uribuka case ya Frank. Kandi si ubwa mbere KP ajya muri mission atatubwiye. Nagerageje kumubwira kenshi ko atariko bigomba kugenda, akikiriza ariko ntibimubuze kongera kubikora.

Ikindi nabwiwe na Stanley, n’uko KP yohereje Major Dar es Salam, Maputo na Kiev guhura n’abantu. Kandi uribuka ko twavuze ko aho hantu nidukenerayo abantu, tuzajya dutuma Joseph.

Jyewe uko mbibona, KP ashobora kuba atanga raporo habiri. Ngirango Afande uribuka igihe tuvugana kuri Skype conference, uko yabwiye Frank. Nta kintu na kimwe yubahaga cyavugagwa na Frank. We avuga ko Frank ari intumwa yawe yihariye n’umuryango wawe bwite, ariko atari intumwa y’ihuriro ryacu.

Uribuka kandi igihe nari Bruxelles, Doctor yari yarakaye. Yavuze ko ibintu bikomeje gutya, yafata inzira ye.

Afande, kuko wambwiye ngo nzakore ka Anketi gato kuri ibyo bintu, hanyuma nkore rapporo kuburyo burambuye, ndasanga KP, tutakimufite mu biganza. Ndetse murangaye, yatujyana mu bintu bibi.

Urabona uko Doctor yavugaga i JBG mu nama. Ubona asa n’utishimye kandi ari KP, ubitera.

Les commentaires du procureur utilisé en parlant de l’affaire et le rôle du KP, devraient être un autre appel au réveil.

Commentaires za Procureur yakoresheje avugakuri ya affaire n’uruhare rwa KP, zagombaga kudukebura. Procureur we ntiyashakaga ko uriya akwiyegereza, kuko nta securite we afite.

Jye icyo mbona n’ukumureka agakore ibye ariko tugashyiraho izindi structurew, n’aho ubundi dushobora gutungurwa.

Afande, FYI: ndi mu ruzinduko Dayton , ku wambere w’icyumweru gitaha, nzahura na ya groupe nakubwiye.

Bariya baturage bakeneye mobilisation ikomeye mbere y’uko Umwanzi abigarurira. Urabona ko Hano arahahora. Nzakumenyeshe nkoresheje bwa buryo busanzwe.

Nsuhuriza Rose na fille. Nzareba uko tuvugana ningaruka mu rugo, ngirango bashobora no kuvugana na Kadada, we yashobora kumvugisha.

Imana ikureinde”

Turacyabikurikirana……

-3281.jpg

Rudasingwa, Karegeya, Kayumba

Umwanditsi wacu Cyiza D.

2016-07-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ADEPR : Batatu bari bayoboye Komisiyo – Nzahuratorero mu turere tw’Umujyi wa Kigali bandikiye inzego nkuru z’Igihugu bamena amabanga , banasaba imbabazi

ADEPR : Batatu bari bayoboye Komisiyo – Nzahuratorero mu turere tw’Umujyi wa Kigali bandikiye inzego nkuru z’Igihugu bamena amabanga , banasaba imbabazi

Ubwanditsi 10 Mar 2017
Babiri bafite Uburwayi bwo mu mutwe babana nk’umugore n’umugabo kandi bibateye ishema dore ko  n’umugore atwite

Babiri bafite Uburwayi bwo mu mutwe babana nk’umugore n’umugabo kandi bibateye ishema dore ko n’umugore atwite

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Nyuma y’imyaka 23 atavuga rumwe na leta, Rukerantare wari Maneko wa Habyarimana  yagandutse

Nyuma y’imyaka 23 atavuga rumwe na leta, Rukerantare wari Maneko wa Habyarimana yagandutse

Ubwanditsi 21 Feb 2017
Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene

Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene

Ubwanditsi 14 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ]
Mu Rwanda

Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017
Didier Drogba yasezeye mu kibuga
IMIKINO

Didier Drogba yasezeye mu kibuga

Ubwanditsi 22 Nov 2018
Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP
UBUKUNGU

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Ubwanditsi 16 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru