• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Twagiramungu Faustin yibasiwe ubwo yanengaga itorwa rya Louise Mushikiwabo

Twagiramungu Faustin yibasiwe ubwo yanengaga itorwa rya Louise Mushikiwabo

Editorial 13 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Ku wa Gatanu tariki ya 12 Ukwakira 2018, nibwo inkuru yakwiriye Isi yose ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Mushikiwabo Louise yatorewe kuyobora Umuryango Uhuriweho n’Ibihugu bivuga Ururimi rw’Igifaransa(OIF). Mu gihe hari abacinyaga akadiho babyishimiye, umunyapolitiki Twagiramungu Faustin, utavuga rumwe na Leta y’u Rwanda we yabinenze, abatari bake baramwibasira.

Uyu munyapolitiki wanabaye Minisitiri w’Intebe mu Rwanda, ubu akaba arwanya Leta ari mu buhunzi, avuga ko ari ibintu bidasanzwe kuba Mushikiwabo yatorewe kuyobora OIF (Organisation internationale de la Francophonie) mu gihe ngo Igifaransa kitagikoreshwa mu Rwanda nk’ururimi rwemewe n’amategeko (Langue Officielle).

Mu butumwa bwe yacishije ku rukuta rwe rwa Twitter, Twagiramungu avuga ko Mushikiwabo yatowe kubera ko yari ashyigikiwe na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, ngo mu gihe Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yakuyeho Igifaransa mu gihugu, yimakaza Icyongereza.

Ibi si ko abandi babibona, abantu batandukanye mu bitekerezo batanze kuri ibi byari bimaze kuvugwa na Twagiramungu, bagiye bamunenga ndetse bamwe banamusaba gusaza neza atanduranya.

Twagiramungu yagize ati “Ni ibidasanzwe kuba Madamu Mushikiwabo abaye umunyamabanga mukuru wa OIF, ku bw’uko ashyigikiwe na Emmanuel Macron, mu gihe Paul Kagame yakuyeho Igifaransa nk’ururimi rwemewe n’amategeko mu Rwanda (Langue Officielle) ku bw’inyungu z’Icyongereza”.

Uyu musaza w’imyaka 73 y’amavuko akomeza avuga ko u Rwanda rwirengagije Igifaransa byo ku rwego rwo hejuru, ruba umunyamuryango w’Umuryango w’Ibihugu Bikoresha Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth).

Uwitwa Karim Abdoul, yagize ati “Reka mbikubwire mu Kinyarwanda, rekeraho gusaza wanduranyije cyane,  Paul Kagame wirirwa uvuga amabi kubera amaco y’inda yawe uramuzi ko ari umugabo w’intwari kandi ugira impuhwe, nakugira inama yo kumusaba imbabazi ukazisaba n’abanyarwanda ukagaruka mu rwakubyaye ukareka kwangara”.

Ku bw’iki gitekerezo cya Twagiramuntu, benshi ntibemeranya na we ku kuba avuga ko Igifaransa kidakoreshwa mu Rwanda nk’ururimi rwemewe n’amategeko.

Iyikirenga Laurent ati “ Bwana Twagira, u Rwanda ntabwo rwigeze rukuraho Igifaransa ndetse nta nubwo rwigeze ruva mu muryango w’Ibihugu Bivuga Igifaransa, u Rwanda rubanisha neza Ururimi rw’Igifaransa n’izindi ndimi zo ku Isi n’ururimi rwacu Gakondo(Kinyarwanda), ibyo ntabwo bihabanye n’amahame ya Francophonie”.

Manzi ati “ U Rwanda ni igihugu cy’i Kinyarawanda, gifata Igifaransa, Icyongereza ndetse n’Igiswahiri nk’indimi zemewe n’amategeko”. Mungu Pascal na we ati “Urabeshya Bwana, Igifaransa ntabwo kigeze kivanwa mu ndimi zemewe n’Amategeko mu Rwanda, mu mashuri kiravugwa ndetse kikanigishwa, izo ndimi abyiri (Francais & Anglais) ndetse n’Igiswahili”.

Abanje guseka cyane, uwitwa Justin we yagize ati “Hahaha… Igifaransa kiracyavugwa mu Rwanda, ahubwo ni ikimwaro kuri wowe (Twagiramungu) kuko Louise Mushikiwabo yabaye umunyamabanga mukuru wa OIF”.

Uwimbabazi M. Aimmee, ati “Reba neza Igifaransa n’ubu kirahari kandi warakihasize uzanakihasanga muze(he)”. Vuningoma we yahise amutura indirimbo ya Rugamba Sipiriyani ‘Jya umenya gusaza [Utanduranyije cyane]’ ahita abihurizaho n’uwitwa Nesta agira ati “Iyo ushaje uba ushaje koko, n’amagambo urayitiranya, uti ‘a supprimé?? Ahubwo ndabona ari wowe wibagiwe Igifaransa”.

Twagiramungu Faustin ni umuyobozi w’Ishyaka RDI- Rwanda rwiza rikorera mu mahanga rikaba ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, ku wa 19 Nyakanga 1994 kugera ku wa 28 Kanama 1995 yari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuri iyi Leta arwanya. Ubu akaba aba mu Bubiligi ari naho akinira Politiki.

Ingingo ya 5 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 nk’uko ryavuguruwe mu 2015, igira iti “Ururimi rw’Igihugu ni Ikinyarwanda. Indimi zikoreshwa mu butegetsi ni Ikinyarwanda, Igifaransa n’Icyongereza.”

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu, tariki ya 12 Ukwakira 2016, muri Village Urugwiro, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame yemeje Umushinga w’ltegeko Ngenga rishyiraho ururimi rw’Igiswahili nk’ururimi rwemewe mu butegetsi, imaze kuwukorera ubugororangingo.

 

2018-10-13
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda igiye gukora iperereza kuri bitugukwaha ivugwa kuri Minisitiri w’Ububanyinamahanga- Museveni

Uganda igiye gukora iperereza kuri bitugukwaha ivugwa kuri Minisitiri w’Ububanyinamahanga- Museveni

Editorial 12 Dec 2018
Nyuma yo gukora ibara, agafata ku ngufu umwana yibyariye w’imyaka 15 yasinze, Sergeant Major Robert Kabera yahise ahungira muri Uganda inzoga zimushizemo

Nyuma yo gukora ibara, agafata ku ngufu umwana yibyariye w’imyaka 15 yasinze, Sergeant Major Robert Kabera yahise ahungira muri Uganda inzoga zimushizemo

Editorial 23 Nov 2020
Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Editorial 03 Mar 2025
Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Editorial 07 Aug 2024

Igitekerezo kimwe

  1. katsinono
    October 13, 20186:40 pm -

    GUSAZA NI UGUSAHURWA. Aho ageze ubu ntashobora kumenya aho isi igeze.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore Urutonde rw’ Ibyamamare by’ Ibihe Byose Byabayeho Kuva Isi Yatangira Kugera Magingo Aya
SHOWBIZ

Dore Urutonde rw’ Ibyamamare by’ Ibihe Byose Byabayeho Kuva Isi Yatangira Kugera Magingo Aya

Editorial 17 Dec 2017
Nyamirambo : Me Ntaganda  akomereje iwe mu rugo  imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara
Mu Rwanda

Nyamirambo : Me Ntaganda akomereje iwe mu rugo imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara

Editorial 01 Mar 2017
Rtd. Capt. Safari  Patrick Arishinganisha nyuma yo gutanga amakuru y’ibyagwiririye urugo rwe [ VIDEO ]
INKURU NYAMUKURU

Rtd. Capt. Safari Patrick Arishinganisha nyuma yo gutanga amakuru y’ibyagwiririye urugo rwe [ VIDEO ]

Editorial 20 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru