• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Twitege iki kuri guverinoma nshya ya Perezida Tshisekedi yuzuyemo abanyabyaha ruharwa?

Twitege iki kuri guverinoma nshya ya Perezida Tshisekedi yuzuyemo abanyabyaha ruharwa?

Editorial 24 Mar 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’aho Perezida Félix Tshisekedi avugururiye guverinoma, akongeramo amasura mashya, ayandi akayereka umuryango, abasesenguzi batangiye kwibaza niba iri vugurura ritaje gutuma ibitu bihumira ku mirari, cyane cyane ko iyi Kongo yakomeje kugirwa inama yo guca umuco wo kudahana, ikazima amatwi, ahubwo igakomeza gushyira ku ibere abanyabyaha.

Abakurikiranira hafi ibibera muri Kongo kandi batewe impungenge n’uko iyi guverinoma ishobora kuzarangwa n’urwikekwe, dore ko yashyizwemo abantu bigeze kuba abatoni ba Perezida Tshisekedi, ariko akaza kubagambanira bagashyirwa mu buroko. Aba bazakora barebana ku jisho, birinda ko amateka yakwisubiramo.

Urugero rwa mbere rw’umuntu ushobora kuzakora nk’umucancuro, ni Vital Kamerhe wagizwe Ministri w’ubutegetsi bw’Igihugu. Uyu mugabo yigeze kuba Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida Tshisekedi, nyamara nyuma y’igihe gito yisanga muri gereza nkuru ya Makala, akurikiranyweho kunyereza miliyoni 46 z’amadolari, zari zigenewe kubakira abasirikari n’abapolisi, nk’uko Perezida Tshisekedi yari yabibasezeranyije mu gihe cyo kwiyamamaza.

Mu matora y’umukuru w’igihugu yo muw’2018, Vital Kamerhe yemeye guharira amajwi ye Tshisekedi, ariko nawe akazamureka akiyamamaza muri manda yo muw’2023. Mu rwego rwo kumusiga icyasha, muw’2020 Perezida Tshisekedi yafungishije Kamerhe kubera ubusahuzi, nyamara bivugwa ko bafatanyije. Yaje gufungurwa mu buryo butavuzweho rumwe, abakurikiranye urubanza rwe bakemeza ko yarekuwe mu rwego rwo gukigira ikibaba Perezida Tshisekedi, kuko iyo agumishwa mu ibohero, uruhare rwa ”Boss” muri ubwo bujura narwo rwari gushyirwa ahabona. Ese Vital Kamerhe yakwizera ate ko amateka atazisubiramo?

Baba Abanyekongo se, baba n’abanyamahanga, ninde wagirira icyizere umuyobozi nk’uyu urya utwe akarya n’utwa rubanda? Undi ni Jean-Pierre Bemba wigeze kuba Visi-Perezida ku butegetsi bwa Joseph Kabila, akaza gufungwa imyaka 10 yose i La Haye muri gereza y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, akurikiranyweho ubwicanyi abarwanyi b’umutwe we wa MLC wakoze mu gihugu cy’abaturanyi cya Santarafrika.

Jean-Pierre Bemba yagizwe Minisitiri w’Ingabo, ufite inshingano zo kubungabunga ubusugire bw’igihugu kandi ari umwe mu babuhungabanyije mu buryo bukomeye, dore ko ubwicanyi n’ubundi bugome bwatewe n’intambara hagati ya MLC ye , igisirikari cya Leta ndetse n’indi mitwe yitwaje intwaro, n’ubu butarava mu mitwe. Jean-Pierre Bemba rero afitanye inzigo n’abaturage, ku buryo ntawamwizera, ariko nawe icyasha afite nticyatuma yisanzura, kuko azi ko Perezida Tshisekedi ashobora kumuhinduka, akabyutsa idosiye y’ibyaha bya Bwana Bemba.

Uku ni nako bimeze kuri Mbusa Nyamwisi Antipas, wagizwe Ministiri ushinzwe ubutwererana bw’Akarere. Uyu nawe yabaye umukuru w’umutwe w’inyeshyamba wa RCD-ML wayogoje agace ka Beni, cyane cyane muw’2001, ubwo uyu mutwe we warwanaga na MLC ya Jean-Pierre Bemba, maze abaturage b’inzirakarengane bakahasiga ubuzima. Perezida Joseph Kabila yaje kumwiyegereza, amuha imyanya muri guverinoma, kugeza muw’2011 ahinduka mukeba wa shebuja mu matora ya Perezida wa Kongo.

Yaje guhungira mu mahanga, aza kugarurwa na Perezida Tshisekedi wirengagije amahano yakoreye Abanyekongo, amufitemo inyungu gusa zo kumufasha guhangana na Joseph Kabila n’abandi bo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi buriho ubu. Julien Paluku Kahongya yahawe minisiteri y’inganda. Amateka azahora yibuka ko ari umwe mu batumye umutwe w’abajenosideri wa FDLR ushinga imizi muri Kongo, cyane cyane ubwo yari Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru kugeza muw’2019.

Julien Paluku niwe watumye FDLR ibona abarwanyi bashya, bakora imyitozo nta nkomyi, bahabwa intwaro, maze barica barakiza muri iyo ntara. Abatutsi b’Abanyekongo iyo bumvise izina rya Julien Paluku barahungabana, bikaba bihumiye ku mirari kuko noneho yongerewe imbaraga zo gushyigikira jenoside barimo gukorerwa.

Ikigaragarira buri wese rero, ni uko muri rusange Perezida Tshisekedi atahisemo abagize guverinoma nshya kubera ubushobozi abaziho. Yabatoranyije kuko benshi muri bo aria bantu bafite icyasha, batazatinyuka kubangamira ibyemezo bye, birimo gutobanga amatora ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka.

Aya matora kandi aramutse anabaye, Perezida Tshisekedi wamaze kuvuga ko aziyamamariza indi manda, yizeye ko izi nkomamamashyi zizabangamira abandi bakandida, nka Moise Katumbi, martin Fayulu, cyangwa undi wese washyigikirwa na Joseph Kabila, kuko iyi guverinoma irimo abahoze ku ibere mu butegetsi bwa Kabila, bakaza gushwana kubera impamvu zinyuranye.

Iyi turufu ishobora no gupfuba ariko, kuko iyi guverinoma nshya, yiganjemo abahoze bayobora imitwe ishingiye ku moko, by’umwihariko abakomoka mu bwoko bwa Perezida Tshisekedi bw’Abaluba. Ibi nabyo bikaba bishobora gutuma igice kinini cy’Abanyekongo kitayibonamo, ngo kiyigirire icyizere. Tubitege amaso.

2023-03-24
Editorial

IZINDI NKURU

Dr. Justin Nsengiyumva wagizwe Minisitiri w’Intebe ni muntu ki?

Dr. Justin Nsengiyumva wagizwe Minisitiri w’Intebe ni muntu ki?

Editorial 24 Jul 2025
Cassien Ntamuhanga wacitse inzego z’ubutabera mu Rwanda niwe ugiye gusimbura Jean Paul Turayishimye ku buvugizi bw’umutwe w’iterabwoba wa RNC

Cassien Ntamuhanga wacitse inzego z’ubutabera mu Rwanda niwe ugiye gusimbura Jean Paul Turayishimye ku buvugizi bw’umutwe w’iterabwoba wa RNC

Editorial 02 Nov 2019
Gasabo: Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano basabwe  gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Gasabo: Abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Editorial 17 May 2016
Col Byabagamba na Rusagara byavugwaga ko batorotse gereza basubiye mu rukiko

Col Byabagamba na Rusagara byavugwaga ko batorotse gereza basubiye mu rukiko

Editorial 22 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Fattah El Sisi yashimye uburyo yasanze Perezida Kagame ari umugabo ukoresha imbaraga ze zose mu guharanira iterambere ry’u Rwanda n’abanyarwanda
Mu Rwanda

Perezida Fattah El Sisi yashimye uburyo yasanze Perezida Kagame ari umugabo ukoresha imbaraga ze zose mu guharanira iterambere ry’u Rwanda n’abanyarwanda

Editorial 16 Aug 2017
#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda

Editorial 26 Jun 2019
Bugesera FC yahakanye amakuru y’uko yahagaritse umutoza wayo Mbarushimana Abdoul, iboneraho kwisegura kubwo umusaruro utari mwiza
Amakuru

Bugesera FC yahakanye amakuru y’uko yahagaritse umutoza wayo Mbarushimana Abdoul, iboneraho kwisegura kubwo umusaruro utari mwiza

Editorial 25 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru