• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.

U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.

Editorial 08 Apr 2019 POLITIKI

Minisitiri w’Intebe w’ubwami bw’u Bubiligi, Charles Michel, yatangaje ko mbere y’uko uku kwezi kwa Mata 2019 kurangira, inteko ishinga amategeko y’Ububiligi izaba yamaze gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.

Yabivugiye i Kigali, mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 abasirikare 10 b’Ababiligi biciwe i Kigali muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu kwibuka aba basirikare 10, Minisitiri Michel yabanje gusoma amazina y’abasirikare bose b’Ababiligi biciwe muri Camp Kigali, nyuma avuga n’amazina y’abanyamuryango babo bari baje kubibuka.

Minisitiri Michel yavuze ko abana b’Ababiligi biciwe mu Rwanda mu gihe cya Jenoside bishwe mu buryo bw’agashinyaguro, na cyane ko bari bamaze amasaha arenga ane barwana n’ingabo zabarushaga ubwinshi n’ibikoresho.

Yavuze ko abasivile b’Ababiligi bibuka abo basirikare, ariko bakanibuka imbaga y’Abatutsi bishwe bazira akarengane muri Jenoside.

Yavuze ko uko u Bubiligi bwunamira aba basirikare, ari n’uburyo bwo kubaka icyizere ko Jenoside nta handi izongera kuba ku isi.

Minisitiri Michel, yavuze ko mu rwego rwo guca umuco wo kudahana, bitarenze uku kwezi kwa Mata inteko ishinga amategeko izaba yamaze gutora itegeko rihana abapfobya n’abahakana Jenoside.

Ati” Ndabizeza ko mbere y’uko uku kwezi gushira, inteko ishinga amategeko y’u Bubiligi izaba yamaze gutangaza itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside”.

Minisitiri Michel kandi yasabye Ababiligi n’Abanyarwanda bitabiriye umuhango wo kwibuka abasirikare b’Ababiligi biciwe mu Rwanda, ko ubuzima bw’abo basirikare bukwiye kubabera urumuri mu buzima bwa buri munsi.

Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente, wifatanyije n’abandi bayobozi mu kunamira abasirikare b’Ababiligi, yavuze ko abasirikare 10 b’Ababiligi biciwe i Kigali ku munsi wa mbere wa Jenoside, bishwe bari baje mu Rwanda ngo batange umusanzu wabo mu kugarura amahoro.

Ati “Tuzahora twibuka iteka umuhate wabo n’ubwitange mu kurwanya ikibi”.

Minisitiri Ngirente yavuze ko nyuma y’imyaka 25 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, u Rwanda rwahisemo kureba ahazaza heza h’abaturage barwo.

Yongeyeho ko kwibuka abasirikare b’Ababiligi biciwe mu Rwanda ari kimwe, ariko ko hakwiye no gukomeza gushyira imbaraga mu mibanire y’ibihugu byombi n’abaturage babyo.

Ati “Kwibuka aba basirikare b’Ababiligi biciwe i Kigali muri Jenoside ni kimwe mu byo tugomba kubakorera, ariko igikomeye cyane tubagomba ni ugukomeza umubano uri hagati y’abaturage b’ibihugu byacu, ndetse n’umubano uri hagati y’ibihugu muri rusange”.

Carine Lotin, umuvandimwe wa Lieutenant Thierry Lotin umwe mu basirikare baguye muri Camps Kigali, yavuze ko n’ubwo bimubabaza iyo aje kwibuka umuvandimwe, ariko ngo aterwa imbaraga no kubona uko Abanyarwanda babuze imbaga y’abantu babyirengagije bagaharanira kwiyubaka.

Ati “Mwarababaye cyane kuturusha. Abaturage b’u Rwanda bagaragaje umuhate n’ubushake bwo kureba imbere. Ibyo rero mbibona nk’ibintu by’ingenzi cyane, ndetse no mu muryango wacu ni ibyo twahisemo. Turababaye nk’uko namwe mwese mubabaye, ariko birakwiye ko tureba imbere, kugira ngo dukomeze kwiyubaka no kubaka ibintu byiza”.

Carine Lotin kandi yatangaje ko yashimishijwe no kuba igihugu cye kigiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside, kuko ari imwe mu nzira zo gukumira ko hari ahandi yakongera kuba, ariko no guhana abagihembera ingengabitekerezo yayo hirya no hino ku isi.

Abasirikare 10 b’Ababiligi biciwe mu Rwanda bari bagize batayo (bataillon) ya kabiri y’abakomando, bakaba barishwe mu gitondo cya tariki ya 07 Mata 1994.

Inkuru ya KT

2019-04-08
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi

Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi

Editorial 17 Apr 2019
MINISITIRI MUSHIKIWABO YAGANIRIYE NA MINISITIRI W’INTEBE WA ISRAEL, BENJAMIN NETANYAHU.

MINISITIRI MUSHIKIWABO YAGANIRIYE NA MINISITIRI W’INTEBE WA ISRAEL, BENJAMIN NETANYAHU.

Editorial 21 Jan 2016
Perezida wa Malawi yemeye ko umushahara we ukatwaho 10 % kubera coronavirus

Perezida wa Malawi yemeye ko umushahara we ukatwaho 10 % kubera coronavirus

Editorial 06 Apr 2020
U Rwanda  rwamaganye ibivugwa ko rwigeze ruganira n’u Burundi mu ibanga

U Rwanda rwamaganye ibivugwa ko rwigeze ruganira n’u Burundi mu ibanga

Editorial 27 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe
Amakuru

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Editorial 30 Nov 2021
80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro
UBUKUNGU

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

Editorial 20 Jun 2018
Gen. Godfroid Niyombare yongeye kumvikana avuga k’umugambi wo gukura Nkurunziza k’ubutegetsi
Mu Rwanda

Gen. Godfroid Niyombare yongeye kumvikana avuga k’umugambi wo gukura Nkurunziza k’ubutegetsi

Editorial 08 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru