• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bubiligi bwandikiye amateka ku Buyapani, busanga Brazil muri ¼

U Bubiligi bwandikiye amateka ku Buyapani, busanga Brazil muri ¼

Ubwanditsi 03 Jul 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Bubiligi habuze gato ngo isezererwe n’u Buyapani muri 1/8 kuri uyu wa Mbere mu mukino yabanje gutsindwamo ibitego bibiri ku busa ariko ikaza kubyishyura ndetse igatsinda icya gatatu byatumye iba iya mbere ikoze ayo mateka mu myaka 52.

U Bubiligi bwavuye mu matsinda butsinze imikino yose harimo n’uwo bwahuye n’u Bwongereza byatumye abantu babwongerera icyizere mu makipe ashobora kugera kure muri iri rushanwa ariko habuze gato ngo butungurwe n’u Buyapani bwazamukiye ku mahirwe kuko bwanganyaga na Senegal ibintu byose bikaba ngombwa ko harebwa ku yahawe amakarita make.

U Buyapani buyobowe na Nishino nk’umutoza mukuru, bwagaragaje kwihagararaho mu gice cya mbere, bukina neza abakinnyi b’u Bubiligi yaba Kevin De Bruyne, Eden Hazard, Romelu Lukaku n’abandi bafite amazina akomeye ku mugabane w’u Burayi babura aho binjirira iminota 45 irangira ari ubusa ku busa.

Mu gice cya kabiri Abayapani bagarutse batinyutse bashaka ibitego, icya mbere bakibona ku munota wa 48 Genki Haraguchi ku ishoti yatereye hanze y’urubuga rw’amahina umunyezamu Thibaut Courtois ntabashe gukurikura, nyuma y’iminota ine gusa Takashi Inui atsinda icya kabiri cyashyize u Bubiligi mu mibare ikomeye.

Umutoza Roberto Martinez n’abo bafatanya barimo Thierry Henry basabye abakinnyi babo kudacika intege, ku munota wa 65 bakora impinduka ebyiri icya rimwe, Marouane Fellaini asimbura Dries Mertens naho Nacer Chadli afata umwanya wa Yannick Ferreira-Carrasco bihita bitanga n’umusaruro kuko nyuma y’iminota ine yabonye igitego cyo kwishyura cyatsinzwe na Jan Vertonghen.

U Bubiligi bwakomeje kotsa igitutu u Buyapani, butsinda igitego cya kabiri cya Marouane Fellaini ku munota wa 74 nk’ikipe nkuru ikomeza gushaka igitego cya gatatu, ikibona habura amasegonda ngo umukino urangire gitsinzwe na Nacer Chadli ikaba yahise isanga Brazil muri ¼.

Iyi kipe yabaye iya mbere mu myaka 52 ibashije kuva inyuma yatsinzwe ibitego 2-0 mu mikino yo gukuranamo (knockout) mu gikombe cy’Isi ikishyura ikanatsinda umukino bikaba baherukaga gukorwa na Portugal mu 1966 itsinda Korea.

Amakipe abiri agomba kwerekeza muri ¼ cy’iri rushanwa agomba kumenyekana kuri uyu wa Kabiri, saa 16h00 Suede ikaza kwisobanura n’u Busuwisi zishakamo ikomeza, saa 20h00 hakaza kuba undi mukino w’ishiraniro hagati ya Colombia n’u Bwongereza. Abiri akomeza niyo azahura muri ¼.

2018-07-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amateka ya Chan kuva igitangira

Amateka ya Chan kuva igitangira

Ubwanditsi 06 Jan 2016
AS Kigali yitegura umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro yasinyishije abakinnyi babiri bashya, Musanze FC yatandukanye n’abakinnyi batatu

AS Kigali yitegura umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro yasinyishije abakinnyi babiri bashya, Musanze FC yatandukanye n’abakinnyi batatu

Ubwanditsi 24 Jun 2022
Henok Muluberhan yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2025, Byukusenge Patrick aba Umunya-Rwanda waje hafi

Henok Muluberhan yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2025, Byukusenge Patrick aba Umunya-Rwanda waje hafi

Ubwanditsi 24 Feb 2025
FibaU18Africa: Angola  yatwaye igikombe itsinze Misiri ku mukino wa nyuma

FibaU18Africa: Angola yatwaye igikombe itsinze Misiri ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 01 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kabila yakuyeho igitaraganya uruzinduko rwa Guterres, Mahamat na Nikki Haley i Kinshasa
POLITIKI

Perezida Kabila yakuyeho igitaraganya uruzinduko rwa Guterres, Mahamat na Nikki Haley i Kinshasa

Ubwanditsi 10 Jul 2018
Burundi: Agathon Rwasa Yashinze Irindi Shyaka
POLITIKI

Burundi: Agathon Rwasa Yashinze Irindi Shyaka

Ubwanditsi 13 Sep 2018
Muri gicurasi 2021, Kigali Arena izakira irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryagomba kuba umwaka ushize ntiribe kubera koronavirusi
Amakuru

Muri gicurasi 2021, Kigali Arena izakira irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryagomba kuba umwaka ushize ntiribe kubera koronavirusi

Ubwanditsi 29 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru