• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»U Bufaransa: Gen. Kabarebe yatanzwe nk’umutangabuhamya wa Ngenzi na Barahirwa baregwa ibyaha bya jenoside

U Bufaransa: Gen. Kabarebe yatanzwe nk’umutangabuhamya wa Ngenzi na Barahirwa baregwa ibyaha bya jenoside

Editorial 03 May 2018 ITOHOZA

Abanyarwanda, Octavien Ngenzi na Tito Barahirwa bakatiwe igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cya jenoside  n’Urukiko rwa Mbere rw’Iremezo mu Bufaransa,  bongeye kugaruka i Paris ku burana mu rukiko rw’ubujurire, icyatunguranye muri urwo rubanza ni uko batanze Gen. James Kabarebe nk’umutangabuhamya ku ruhande rwabo.

Ngenzi na Barahira bashinjwa ibyaha bya jenoside n’ibindi byaha byibasiye inyokomuntu, urubanza rwabo rw’ubujurire rwatangiye ku wa Kabiri itariki ya 1 Gicurasi 2018. Aho batanze Gen. Kabarebe, Minisitiri w’Ingabo mu Rwanda nk’umutangabuhamya ku ruhande rwabo, ibi bamwe bakaba babifashe nk’ubushotoranyi.

Octavien  Ngenzi w’imyaka 60 y’amavuko yafashwe muri Kamena 2010, naho Tito Barahirwa w’imyaka 67 afatwa muri Mata 2013, bombi bahoze ari ba Burugumesitiri w’icyahoze ari komini Kabarondo, bakatiwe igihano cya burundu mu 2016.

Iki kikaba ari igihano cya mbere kiremereye ubucamanza bw’u Bufaransa bwageneye abaregwa icyaha cya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, kuva aho imanza nk’izi zitangiriye.

Mu masaha abiri urubanza rwamaze, hatanzwe imyirondoro no kurahira kw’abafite uruhare mu rubanza, hanatangazwa abazatanga ubuhamya ku mpande zombi, ku ruhande rw’abaregwa Ngenzi na Barahirwa, bamwe mu batangabuhamya batari bake ntibabashije kuboneka mu Rwanda, umwe ngo ari muri Uganda.

Aba baregwa, batanze n’abaganga babo nk’abatangabuhamya nk’inzobere, ariko aba baganga batangaza ko atari ngombwa gutangwa nk’abatangabuhamya ku ruhande rw’abakiriya babo ngo bagire icyo bavuga.

Nk’uko radiyo Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ibitangaza, ngo icyatunguye abantu muri uru rubanza, ni uko mu batangabuhamya aba bagabo bombi bantanga ku ruhande rwabo, harimo na Gen. James Kabarebe.

Nyuma yo kumva Gen. Kabarebe atanzwe nk’umutangabuhamya w’aba bagabo, Alain Gotien, umwe mu bafaransa bagize uruhare mu gushaka ibimenyetso bishinja abaregwa ibyaha bya jenoside mu Bufaransa, yatangarije iyi radiyo amagambo ngo agaragaza uburakari n’akababaro.

Agira ati “Ndatekereza ko ku ruhande rw’abaregwa ari nk’ubushotoranyi, mumbabarire ntacyo nongeraho”.

Me Richard Gisagara , uhagarariye abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, wanatanze ikirego , yunze mu rya Alain avuga ko ku ruhande rumwe atatunguwe.

Ati “Nkeka ko muri make, bagenzi banjye baburanira abashinjwa uruhare bafite, hari sitarateji [strategie] bakoresha, ibi nabyo ntekereza ko ari imwe muri sitarateji bafite, mwumvise ko mu byo basaba, basabye no kujya mu Rwanda, kandi bakabisaba mu cyumweru gitaha kandi ari ibintu bakagombye kuba barakoze kera niba babishaka, njye ntabwo bintunguye kandi ntabwo numva ari ikintu gitangaje, umuntu akoresha sitarateji ashaka,…”.

Mu gihe Gen. Kabarebe nta cyo yari yatangaza niba azatanga ubuhamya mu rubanza rw’aba bagabo, urubanza ngo rurakomeza kugeza ku wa 6 Gicurasi n’aho abatangabuhamya abacamanza bakaba bazabumva kugeza mu kwezi kwa karindwi abatazaboneka ku butaka bw’u Bufaransa ngo hazakoreshwa itumanaho rigezweho.

Tito Barahira na Octavien Ngenzi basimburanye mu kuyobora icyahoze ari komini  Kabarondo muri Perefegitura ya Kibungo, ubu ni mu karere ka Kayonza, Intara y’i Burasirazuba, kuva mu 1977 kugeza mu 1994 ubwo jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga.

Octavien Ngenzi yafatiwe mu birwa bya Mayotte mu 2004 ashaka ubuhungiro akoresheje impapuro mpimbano mu gihe Tito Barahira yafatiwe i Toulouse aho yari atuye muri Mata 2013.

Octavien Ngenzi na Tito Barahirwa bashinjwa ibyaha bya jenoside yakorewe Abatutsi
Me Richard Gisagara, uhagarariye abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu

2018-05-03
Editorial

IZINDI NKURU

Icyimenyetso  ko Rujugiro afasha ibikorwa bihungabanya umutekano mu Rwanda

Icyimenyetso ko Rujugiro afasha ibikorwa bihungabanya umutekano mu Rwanda

Editorial 25 Oct 2016
Inkundura muri ADEPR, Bishop Tom Rwagasana na we yagejejwe mu gihome

Inkundura muri ADEPR, Bishop Tom Rwagasana na we yagejejwe mu gihome

Editorial 06 May 2017
OIF: Michaëlle Jean yahawe urw’amenyo nyuma yo kubeshya ku mateka ya Mushikiwabo bahanganye

OIF: Michaëlle Jean yahawe urw’amenyo nyuma yo kubeshya ku mateka ya Mushikiwabo bahanganye

Editorial 13 Jul 2018
Leta y’u Burundi irikanga igiti n’isazi, Ese ibitero biraturuka he?

Leta y’u Burundi irikanga igiti n’isazi, Ese ibitero biraturuka he?

Editorial 22 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwasuye abapolisi buganira nabo ku mikorere y’akazi
Mu Mahanga

Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwasuye abapolisi buganira nabo ku mikorere y’akazi

Editorial 12 Jan 2016
DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa  ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.
POLITIKI

DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.

Editorial 12 Nov 2016
Gabon: Umuhungu wa Perezida Ali Bongo yagizwe umuhuzabikorwa muri Perezidansi
POLITIKI

Gabon: Umuhungu wa Perezida Ali Bongo yagizwe umuhuzabikorwa muri Perezidansi

Editorial 06 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru