• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyari 56 Frw zo kubaka umuhanda Base – Butaro – Kidaho

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyari 56 Frw zo kubaka umuhanda Base – Butaro – Kidaho

Editorial 16 May 2018 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Buhinde byasinyanye amasezerano y’inguzanyo ya miliyoni 66.6 z’amadolari, ni ukuvuga miliyari zigera kuri 56 z’amafaranga y’u Rwanda, yo kubaka umuhanda Base-Butaro-Kidaho mu Ntara y’Amajyaruguru.

Uyu muhanda ureshya n’ibirometero 63 uzahuza uturere twa Rulindo na Burera ndetse uhure n’umuhanda uva i Musanze ukomeza ujya ku mupaka wa Cyanika.

Ubwo hasinywaga aya masezerano, Minisitiri w’Imari n’igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana, yavuze ko uyu muhanda uzafasha cyane mu bucuruzi, gutwara abantu ndetse n’ubukerarugendo.

Yagize ati “Uzadufasha ari mu bwikorezi bw’imizigo, ufashe ubucuruzi ariko no mu gutwara abantu. Hari ibikorwa by’amajyambere bizakoresha uyu muhanda cyane cyane ibitaro bya Butaro bivura indwara ya Kanseri, ndetse hakaba hari kubakwa na Kaminuza y’ubuvuzi, ibyo bikaba ari ibikorwa bikomeye bizatuma abagana izo serivisi boroherwa n’ingendo.”

Uretse guhuza ibitaro bya Butaro n’ibya Ruhengeri, uyu muhanda uzafasha ba mukerarugendo basura ahantu nyaburanga mu Karere ka Burera, ikiyaga cya Ruhondo, abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka ndetse woroshye n’ingendo ku bazakenera serivizi za Kaminuza ya Global Health Equity (UGHE) irimo kubakwa.

Umuyobozi wa Exim Bank mu karere wari uhagarariye Guverinoma y’u Buhinde, Tarun Sharma, yavuze ko bishimiye gukomeza gutanga umusanzu mu iterambere n’imibereho myiza mu Rwanda, binyuze mu mishinga batera inkunga.

Yagize ati “Twishimiye kuba dusinye iyi nguzanyo, icy’ingenzi kuri twe ni uko imishinga yose ari igamije iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza muri iki gihugu. Gutoranya imishinga ku ruhande rw’u Rwanda, byahereye ku rwego rw’ingufu, ubuhinzi, ubumenyingiro none uyu munsi ni ubwikorezi.”

Umuhanda Base-Butaro-Kidaho wari waratangiye kubakwa ari nako igihugu gishakisha amafaranga yo kuwurangiza.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo, ushinzwe ubwikorezi, Jean de Dieu Uwihanganye, avuga ko ubwo amafaranga yo kuwukora wose yabonetse hagiye gushakishwa rwiyemezamirimo ukomeza imirimo, ku buryo mu Ugushyingo 2018 uzatangira gukorwa.

Akomeza avuga ko abaturage bazimurwa bamaze kubarirwa, bityo bakaba bagiye kwishyurwa kugira ngo imirimo izatangire byararangiye.

Yagize ati “Ibijyanye no kwimura abaturage, bamwe barabariwe barishyurwa kandi hagendaga hishyurwa aho rwiyemezamirimo wa mbere yagombaga gukora, abandi na bo barabariwe bazishyurwa muri uyu mwaka tugiye gutangira kuko umuhanda ubwawo uzafata imyaka ibiri.”

Mu 2011 u Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 80 z’amadolari zo kubaka urugomero rwa Nyabarongo I, rutanga megawatt 27 z’amashanyarazi; Mu 2013 bwatanze inguzanyo ya miliyoni 120.05 mu mushinga wo kuhira mu Karere ka Kirehe; umwaka ushize buguriza u Rwanda miliyoni 81 z’amadolari zo kubaka amashuri y’imyuga n’ibigo bihugura urubyiruko ku kwihangira imirimo.

Inguzanyo yatanzwe n’u Buhinde izishyurwa mu myaka 25 ku nyungu ya 1.5% ariko kwishyura bikazatangira nyuma y’imyaka itanu.

2018-05-16
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Editorial 15 Apr 2020
Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Editorial 21 Jan 2018
Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Editorial 10 Dec 2019
RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017

RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017

Editorial 31 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba
Amakuru

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Editorial 02 Oct 2021
Abapolisi 160 b’u Rwanda boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo
HIRYA NO HINO

Abapolisi 160 b’u Rwanda boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo

Editorial 29 Apr 2018
“Ndi Umunyarwanda” iragarutse , umukoro ku ihuriro  Unity Club
ITOHOZA

“Ndi Umunyarwanda” iragarutse , umukoro ku ihuriro Unity Club

Editorial 26 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru