• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Burundi mu mazi abira ku kwirukana intumwa za Loni

U Burundi mu mazi abira ku kwirukana intumwa za Loni

Editorial 13 Sep 2018 Mu Mahanga

Amabasaderi w’u Burundi i Genève, yagowe no gusobanurira Akanama ka Loni gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu impamvu igihugu cye cyirukanye impuguke za Loni zari zoherejwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu.

Komiseri Wungirije Ushinzwe Uburengaznira bwa Muntu muri Loni, Kate Gilmore, yabwiye Akanama k’iri shami, ko adashobora gutanga raporo ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu mu Burundi kuko iki gihugu cyanze gukorana n’impuguke zari zoherejwe.

Viza izo ntumwa zari zahawe zaje gukurwaho muri Mata.

Ati “Biteye impungenge kuko kubura k’ubwo bufatanye u Burundi bwabujije ishyirwa mu bikorwa rw’icyemezo cy’Akanama n’inshingano z’iryo tsinda.”

U Burundi bwabayemo amakimbirane mu 2015 ubwo Perezida Pierre Nkurunziza yatangazaga ko ashaka kwiyamamariza manda ya gatatu.

Byafashwe na benshi nko kutubahiriza Itegeko Nshinga. Inzego z’umutekano zahanganye nabo n’abarwanya icyo cyemezo cya Nkurunziza, amagana y’abaturage aricwa, hafi ibihumbi 500 by’abaturage barahunga.

Gilmore yashimye uburyo abadipolomate b’Abanyaburayi banenze u Burundi, kuko iyo migirire atari iyo kwihanganira.

Ambasaderi w’u Burundi i Genève, Renovat Tabu, yavuze ko kugenda kw’izo mpuguke za Loni byafashwe nabi.

Yagize ati “U Burundi buricuza […] uburyo ibintu byafashwe bikumvikana nk’aho bwanze ubufatanye.”

Yakomeje avuga ko u Burundi bubabajwe n’ibinyoma byabushinjwe byatumye bushyirwa mu kato.

Yavuze ko Komiseri Mukuru wa Loni mu Ishami rishinzwe Uburenganzira bwa Muntu, Zeid Ra’ad al Hussein, yahinduye ubutumwa bw’izo mpuguke, bitungura Ibiro bishinzwe Abinjira n’Abasohoka, ntizongerera igihe Viza yazo.

Kohereza mu Burundi izo ntumwa, byari bishingiye ku busabe bw’ibihugu bya Afurika mu Kanama ka Loni umwaka ushize.

Izo ntumwa zabonwaga nk’izari gutuma hatoherezwayo komisiyo yihariye.

Byaje kurangira nayo yoherejweyo, bisaba u Burundi kwemerera rubanda gufasha izo ntumwa zari mu bucukumbuzi.

Mu cyumweru gishize, Komisiyo yashyiriweho gucukumbura iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu mu Burundi, yatangaje ko ihonyorwa ry’uburengaznira bwa muntu ryatizwaga umurindi n’ubutumwa bw’abayobozi barimo Perezida Nkurunziza.

Komisiyo irashaka ko havugururwa ubutumwa bw’abantu 47 b’Akanama gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu, batangiye akazi k’ibyumweru bitatu kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru.

2018-09-13
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Umwami Kigeli yameneshejwe nyuma yo kumanura ibendera ry’Ababiligi i Kinshasa , uko yahungiye i Nyamirambo kwa Rukeba n’uko yajyanywe  i Bujumbura kungufu

Uko Umwami Kigeli yameneshejwe nyuma yo kumanura ibendera ry’Ababiligi i Kinshasa , uko yahungiye i Nyamirambo kwa Rukeba n’uko yajyanywe i Bujumbura kungufu

Editorial 18 Jan 2017
Abamotari bafatanye urumogi mugenzi wabo

Abamotari bafatanye urumogi mugenzi wabo

Editorial 26 Aug 2016
Ubushakashatsi  bwa Never Again Rwanda burashimangira ubwa RGB mu  kunenga uruhare rw’Abaturage mu bibakorerwa ( Yavuguruwe )

Ubushakashatsi bwa Never Again Rwanda burashimangira ubwa RGB mu kunenga uruhare rw’Abaturage mu bibakorerwa ( Yavuguruwe )

Editorial 26 Aug 2016
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa 10/08/2016

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa 10/08/2016

Editorial 11 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wa Rene Rutagungira yarekuwe mu banyarwanda 13 bari bafungiye muri Uganda
HIRYA NO HINO

Umugore wa Rene Rutagungira yarekuwe mu banyarwanda 13 bari bafungiye muri Uganda

Editorial 18 Feb 2020
Imvugo zihembera urwango za Rusesabagina ntizigomba kwihanganirwa
INKURU NYAMUKURU

Imvugo zihembera urwango za Rusesabagina ntizigomba kwihanganirwa

Editorial 23 Jan 2020
Ubushinjacyaha bwasobanuye iby’ifatwa ry’ Umunyamakuru Eminente
Mu Mahanga

Ubushinjacyaha bwasobanuye iby’ifatwa ry’ Umunyamakuru Eminente

Editorial 05 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru