• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

Editorial 10 May 2018 IKORANABUHANGA

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyize umukono ku masezerano n’ibigo byo mu Buyapani, atuma impande zombi zinjira mu bikorwa nyirizina byo gutunganya icyogajuru nka kimwe mu bikorwa u Rwanda ruhanze amaso mu rugendo rurimo rw’ikoranabuhanga.

Mu isinywa ry’ayo masezerano ku wa 9 Gicurasi 2018, Prof Shinichi Nakasuka wo muri Kaminuza ya Tokyo yavuze ko bakora ibyogajuru guhera mu 2000, bakaba bashaka gukorana n’u Rwanda mu gukora igito kitazajya gitanga amakuru gusa ahubwo kizanongera ubushobozi buzatuma hakorwa ibirenzeho.

Yavuze ko bitewe n’aho ikoranabuhanga rigeze, ntibikiri ngombwa ko hubakwa icyogajuru cya rutura ngo cyoherezwe mu kirere, kuko ubu bari kwifashisha ikoranabuhanga ryo gukora ibyogajuru bito nk’icyo baheruka kohereza mu kirere bise TRICOM-1R, gipima ibilo bitarenga bitatu.

Icyo cyogajuru ngo kiri mu kirere ndetse muri Werurwe 2018 cyerekanye amakuru ku Rwanda nubwo abitse i Tokyo mu Buyapani.

Kuri ubu hari kubakwa ububiko ku butaka bw’u Rwanda mu Karere ka Kicukiro, amakuru azatangwa n’icyogajuru akajya aguma mu gihugu.

Ku byerekeye ingengo y’imari icyo cyogajuru gito kizatwara, Prof Shinichi yagize ati “Iki cyogajuru ubwacyo gitwara agera mu bihumbi 200 by’amadolari (miliyoni nibura 173 Frw), ariko ugereranyije n’icyogajuru cyo hambere cyo gishobora no kugera muri miliyoni 300 z’amadolari (nibura miliyari 260 Frw), cyo ugasanga kingana na metero imwe kuri imwe.”

Gusa ibi byogajuru bishya byo ni ikintu ushobora gufata mu ntoki nubwo ubushobozi bwacyo mu gukusanya amakuru bwo buhambaye.

Amasezerano u Buyapani bwabanje kuyasinyana n’Umuyobozi wa Smart Africa, Dr Hamadoun Touré, kugira ngo umushinga w’ibyogajuru uzabashe gufasha ibihugu byose bibarizwa muri iyi gahunda.

Umuyobozi Mukuru wa RURA, Lt Col Patrick Nyirishema, yashimangiye ko Smart Africa ubwayo ifite ibihugu bisaga 22, ugusinya kwa RURA ku ruhande rwa Guverinoma y’u Rwanda bikaba byerekana ko uyu mushinga atari ibitekerezo gusa ahubwo ari ibintu bigomba gushyirwa mu bikorwa.

Ati “Nk’u Rwanda turashaka gutangira umushinga hamwe n’abafatanyabikorwa bacu bo mu Buyapani, kugira ngo muri ubu bufatanye duhugure abantu, twubake icyogajuru, ku buryo mu gihe nk’iki umwaka utaha tuzabasha gutangaza icyo twakoze muri aya mezi. Ibintu bikomeye cyane ubu bigiye gukorwa.”

Dr Touré usanzwe ari enjeniyeri (engineer) mu bijyanye n’ibyogajuru, ahamya ko nta banyafurika benshi bafite ubumenyi muri uru rwego kandi abafite ubushake ari benshi, ku buryo gutanga amahugurwa mu byogajuru ari ingenzi, ngo ntirukomeze “gufatwa nk’ibitangaza.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda rufite ubushake cyane n’ubushobozi muri gahunda y’ibijyanye n’ibyogajuru, ibi bikaba bigomba gutanga umusaruro atari ku Rwanda gusa ahubwo no ku isi yose muri rusange.”

Dr Touré yavuze ko hakenewe kubakwa ubushobozi kugira ngo itumanaho ry’icyo cyogajuru n’aho cyohereza amakuru ridacika bitewe n’intera kigezeho, ariko igikenewe ni uko iryo koranabuhanga ryose rikenewe ryubakwa rikagezwa ku Banyafurika.

Umuyobozi ukora muri serivisi z’ibyogajuru mu Kigo Mpuzamahanga Gishinzwe Iterambere ry’Itumanaho (ITU), Akim Falou Dine, aheruka gutangaza ko ibihugu bya Afurika bikeneye kumva neza ibisabwa ngo nabyo bigire ibyogajuru byiyubakiye, ku buryo mu gihe cy’imyaka ibiri ibihugu byinshi bizaba bimaze kugira ibyogajuru byabyo.

Kaminuza ya Tokyo na Smart Africa basinyanye amasezerano ku byerekeye gukora ibyogajuru

Abayobozi bishimiye amasezerano agiye kuzana impinduka mu bijyanye n’ibyogajuru

2018-05-10
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

Editorial 23 Jan 2018
Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Editorial 03 May 2018
RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

Editorial 10 Mar 2019
Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Editorial 03 Dec 2018
U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

Editorial 23 Jan 2018
Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Editorial 03 May 2018
RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

Editorial 10 Mar 2019
Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Editorial 03 Dec 2018
U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

Editorial 23 Jan 2018
Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Editorial 03 May 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon
Amakuru

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon

Editorial 06 Mar 2021
Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato
SHOWBIZ

Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Editorial 27 Oct 2017
Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako  ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo
Mu Mahanga

Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Editorial 08 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru