• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

Editorial 10 May 2018 IKORANABUHANGA

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyize umukono ku masezerano n’ibigo byo mu Buyapani, atuma impande zombi zinjira mu bikorwa nyirizina byo gutunganya icyogajuru nka kimwe mu bikorwa u Rwanda ruhanze amaso mu rugendo rurimo rw’ikoranabuhanga.

Mu isinywa ry’ayo masezerano ku wa 9 Gicurasi 2018, Prof Shinichi Nakasuka wo muri Kaminuza ya Tokyo yavuze ko bakora ibyogajuru guhera mu 2000, bakaba bashaka gukorana n’u Rwanda mu gukora igito kitazajya gitanga amakuru gusa ahubwo kizanongera ubushobozi buzatuma hakorwa ibirenzeho.

Yavuze ko bitewe n’aho ikoranabuhanga rigeze, ntibikiri ngombwa ko hubakwa icyogajuru cya rutura ngo cyoherezwe mu kirere, kuko ubu bari kwifashisha ikoranabuhanga ryo gukora ibyogajuru bito nk’icyo baheruka kohereza mu kirere bise TRICOM-1R, gipima ibilo bitarenga bitatu.

Icyo cyogajuru ngo kiri mu kirere ndetse muri Werurwe 2018 cyerekanye amakuru ku Rwanda nubwo abitse i Tokyo mu Buyapani.

Kuri ubu hari kubakwa ububiko ku butaka bw’u Rwanda mu Karere ka Kicukiro, amakuru azatangwa n’icyogajuru akajya aguma mu gihugu.

Ku byerekeye ingengo y’imari icyo cyogajuru gito kizatwara, Prof Shinichi yagize ati “Iki cyogajuru ubwacyo gitwara agera mu bihumbi 200 by’amadolari (miliyoni nibura 173 Frw), ariko ugereranyije n’icyogajuru cyo hambere cyo gishobora no kugera muri miliyoni 300 z’amadolari (nibura miliyari 260 Frw), cyo ugasanga kingana na metero imwe kuri imwe.”

Gusa ibi byogajuru bishya byo ni ikintu ushobora gufata mu ntoki nubwo ubushobozi bwacyo mu gukusanya amakuru bwo buhambaye.

Amasezerano u Buyapani bwabanje kuyasinyana n’Umuyobozi wa Smart Africa, Dr Hamadoun Touré, kugira ngo umushinga w’ibyogajuru uzabashe gufasha ibihugu byose bibarizwa muri iyi gahunda.

Umuyobozi Mukuru wa RURA, Lt Col Patrick Nyirishema, yashimangiye ko Smart Africa ubwayo ifite ibihugu bisaga 22, ugusinya kwa RURA ku ruhande rwa Guverinoma y’u Rwanda bikaba byerekana ko uyu mushinga atari ibitekerezo gusa ahubwo ari ibintu bigomba gushyirwa mu bikorwa.

Ati “Nk’u Rwanda turashaka gutangira umushinga hamwe n’abafatanyabikorwa bacu bo mu Buyapani, kugira ngo muri ubu bufatanye duhugure abantu, twubake icyogajuru, ku buryo mu gihe nk’iki umwaka utaha tuzabasha gutangaza icyo twakoze muri aya mezi. Ibintu bikomeye cyane ubu bigiye gukorwa.”

Dr Touré usanzwe ari enjeniyeri (engineer) mu bijyanye n’ibyogajuru, ahamya ko nta banyafurika benshi bafite ubumenyi muri uru rwego kandi abafite ubushake ari benshi, ku buryo gutanga amahugurwa mu byogajuru ari ingenzi, ngo ntirukomeze “gufatwa nk’ibitangaza.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda rufite ubushake cyane n’ubushobozi muri gahunda y’ibijyanye n’ibyogajuru, ibi bikaba bigomba gutanga umusaruro atari ku Rwanda gusa ahubwo no ku isi yose muri rusange.”

Dr Touré yavuze ko hakenewe kubakwa ubushobozi kugira ngo itumanaho ry’icyo cyogajuru n’aho cyohereza amakuru ridacika bitewe n’intera kigezeho, ariko igikenewe ni uko iryo koranabuhanga ryose rikenewe ryubakwa rikagezwa ku Banyafurika.

Umuyobozi ukora muri serivisi z’ibyogajuru mu Kigo Mpuzamahanga Gishinzwe Iterambere ry’Itumanaho (ITU), Akim Falou Dine, aheruka gutangaza ko ibihugu bya Afurika bikeneye kumva neza ibisabwa ngo nabyo bigire ibyogajuru byiyubakiye, ku buryo mu gihe cy’imyaka ibiri ibihugu byinshi bizaba bimaze kugira ibyogajuru byabyo.

Kaminuza ya Tokyo na Smart Africa basinyanye amasezerano ku byerekeye gukora ibyogajuru

Abayobozi bishimiye amasezerano agiye kuzana impinduka mu bijyanye n’ibyogajuru

2018-05-10
Editorial

IZINDI NKURU

MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

Editorial 19 Sep 2018
Ikoranabuhanga ririfashishwa mu kurwanya isuri mu Rwanda

Ikoranabuhanga ririfashishwa mu kurwanya isuri mu Rwanda

Editorial 11 Oct 2018
U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

Editorial 16 May 2018
Apple yaciwe miliyari $1.2 ishinjwa kubangamira ihiganwa mu bucuruzi mu Bufaransa

Apple yaciwe miliyari $1.2 ishinjwa kubangamira ihiganwa mu bucuruzi mu Bufaransa

Editorial 17 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mugabe wayoboraga Zimbabwe agiye kubazwa ku gihombo cya miliyari zari kuva muri diamant
POLITIKI

Mugabe wayoboraga Zimbabwe agiye kubazwa ku gihombo cya miliyari zari kuva muri diamant

Editorial 22 May 2018
Hatahuwe uko FDLR ikorera ubworozi bw’inka mu ishyamba rya Virunga
INKURU NYAMUKURU

Hatahuwe uko FDLR ikorera ubworozi bw’inka mu ishyamba rya Virunga

Editorial 12 Apr 2019
Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore
INKURU NYAMUKURU

Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore

Editorial 20 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru