• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Editorial 20 Oct 2017 POLITIKI

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston, yasabye ibihugu bya Afurika gufungurirana amarembo ku rujya n’uruza rw’abantu, serivisi n’imari, kuko byagaragaye ko inyungu irimo iruta kuba igihugu cyakomeza gufunga imipaka yacyo.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu ubwo yatangizaga ibiganiro ku rwego rw’aba minisitiri, mu nama nyafurika yiga ku rujya n’uruza muri Afurika, iri kubera i Kigali kuva kuwa 16 kugeza kuwa 21 Ukwakira 2017. Iyi nama akaba ari yo u Rwanda rwatorewemo kuyobora izi mpuguke mu gihe cy’imyaka ibiri.


Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston atangiza inama

Aka kanama ku rujya n’uruza rw’abantu, impunzi ndetse n’abatagira aho babarizwa mu gi bihugu byabo (Specialized Technical Committee on Migration, Refugees and Internally Displaced Persons), yitezweho gukora amasezerano azagenga urujya n’uruza muri Afurika, akazemezwa n’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (AU) mu nama izaba muri Mutarama 2018.

Minisitiri Busingye yavuze ko gutorwa k’u Rwanda ari ishema ku gihugu aho intego ari ugushyira “ubumwe bwa Afurika imbere no kugerageza kuvuga twe nk’ababitangiye uko tubibona.”

Yavuze ko u Rwanda rwafunguye amarembo ku buryo Umunyafurika urujemo abonera viza aho yinjiriye ndetse rwishyize hamwe na Uganda na Kenya ku buryo kujya muri ibyo bihugu bisaba indangamuntu gusa. Ingendo mu Burundi na Congo nazo zisaba agakarita gatangwa ku mupaka.


Uhereye i Bumoso ; Kalibata Anaclet, Ministiri Kaboneka Francis na Ministiri De Bonheur Jeanne d’Arc

Yakomeje agira ati “Impungenge z’uko umutekano warushaho kuba mubi kubera ko imipaka yafunguwe, kuva aho twatangiriye kubishyira mu bikorwa ntabwo byagaragaye ko zihari. Ntabwo zabaye nyinshi gusumbya izari zisanzweho ku buryo umuntu yaguma afunze igihugu.”

“Iyo urebye inyungu ziri mu gufungura imipaka n’ingaruka zaba mu kuguma ufunze kubera kwirinda cyangwa gutinya, n’ubundi ibihugu bifite amategeko agomba gukurikizwa ku muntu wese ushaka kugira icyo akora kinyuranyije n’amategeko, yaba yinjiranye viza, yaba atayifite, amategeko aramukurikirana.”

U Rwanda rwungukira cyane mu gufungura amarembo

Umuyobozi w’Urwego Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka, Anaclet Kalibata, yavuze ko hari inyungu zimaze kugaragara ku Rwanda uhereye aho rwafunguriye imipaka ku Banyafurika.

Yagize ati “Icya mbere urabyibonera inama ziza hano, kugira ngo ibihugu bifate umwanzuro wo gushyira inama ahantu ni uko babona ko ya mananiza ahari ku bantu bashaka kujya muri icyo gihugu. Iyo ahari barabyiganyira bakajya mu kindi. Niyo mpamvu u Rwanda haza inama, ikaba ari inyungu ya mbere.”

“Icya kabiri ni uguteza imbere igihugu. Hiyongereye umubare w’abantu baza mu Rwanda ku buryo bishobora kugera nka 14%, ari ku mipaka isanzwe no ku bibuga by’indege, bigaragaza ko iyi politiki idufitiye akamaro.”

Uretse Afurika y’Iburasirazuba imaze gutera intambwe mu koroshya urujya n’uruza, Umuryango w’Ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba (CEDEAO) wo ubimazemo imyaka myinshi, ku buryo woroheje kujya, gukorera cyangwa gutura muri kimwe mu bihugu 16 biwugize.

Bwana Kalibata wari uyoboye inama y’impuguke muri iyi minsi itatu ishize, yavuze ko kwinjiza mu mategeko urujya n’uruza muri Afurika byaturutse ku myanzuro y’inama y’abakuru b’ibihugu bya Afurika yabereye muri Afurika y’Epfo n’iheruka kubera i Kigali.

Icyo gihe inama ku rwego rw’impuguke zarakozwe, iya mbere ibera muri Ghana muri Werurwe 2017, iya kabiri ibera mu Rwanda muri Gicurasi, iya gatatu ibera Flic en Flac muri Mauritius muri Nzeri, imyanzuro yabo ikaba yashyikirijwe abaminisitiri bagomba kuyunguranaho ibitekerezo, mbere y’uko abakuru b’ibihugu bayifataho umwanzuro muri Mutarama 2018.


Abaministiri b’ibihugu bya Afurika bateraniye i Kigali biga ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Kalibata yakomeje agira ati “Ibiganirwa ni uko hashyirwaho amategeko y’uko ibihugu byateza imbere urujya n’uruza rw’abantu, niba nk’u Rwanda rushaka guha viza abantu bo muri Afurika bakaza mu gihugu bayishyuye cyangwa batayishyuye, baba bakoresha pasiporo nyafurika, bikagendera ku mategeko ibihugu byakumvikanaho, bikagira itegeko risa n’aho ryenda gusa.”

Bagitangira ngo wasangaga buri gihugu cyangwa umuryango ufite uko wumva ibintu ariko bagiye basasa inzobe ku mpungenge zigaragazwa, ku buryo kugeza ubu ibintu ibintu byinshi babyumvikanaho.

Yakomeje agira ati “Icyo tutarumvikana ni ukuvuga ngo itegeko rizashyirwa rite mu bikorwa, bamwe bati rizashyirwe mu bikorwa bitewe n’icyemezo cy’abakuru b’ibihugu, abandi bati bitewe n’uko bizagenda biryemeza, nicyo tutaremeranywaho ariko nizera ko ubutaha tuzabyumvikanaho.”

“Ayo masezerano afite ingingo nyinshi zigera kuri 45 ariko zose zigamije uburyo ibihugu bya Afurika byarushaho kunoza urujya n’uruza rw’abantu.”

Komiseri ushinzwe ibya politiki muri AU, Madame Minata Samate Cessouma, yavuze ko ukwishyira hamwe kw’ibihugu bya Afurika kudashoboka hatariho uburyo buhamye bwo kwisanzura mu ngendo ku bantu, serivizi, ibicuruzwa, imari no gutura kuri uyu mugabane.


Madame Minata Samate Cessouma, Komiseri ushinzwe ibya politiki muri AU

Yagize ati “Hariho imbogamizi ariko kuko ibihugu by’uyu mugabane ntabwo biri ku rwego rumwe, ariko hari ibihugu byateye intambwe ikomeye nka Afurika y’Iburengerazuba n’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba ubu gakoreha indangamuntu. Ku buryo dushishikariza ibihugu bigize AU kwemeza amasezerano ku rujya n’uruza.”

Ubwanditsi

2017-10-20
Editorial

IZINDI NKURU

Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Editorial 24 Feb 2020
Leta y’u Rwanda yaburiye ibihugu bikomeje gushyigikira imitwe y’inyeshyamba ziyirwanya

Leta y’u Rwanda yaburiye ibihugu bikomeje gushyigikira imitwe y’inyeshyamba ziyirwanya

Editorial 05 Jan 2019
Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Editorial 06 Jun 2017
CNLG yagaragaje imitwe yakomotse mu Ruhengeri yagize uruhare mu kwica Abatutsi

CNLG yagaragaje imitwe yakomotse mu Ruhengeri yagize uruhare mu kwica Abatutsi

Editorial 11 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse
POLITIKI

Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse

Editorial 07 Apr 2016
Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Editorial 07 Jan 2018
Maj. Gen. Muganga yasimbuye Gen Ibingira nk’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara
INKURU NYAMUKURU

Maj. Gen. Muganga yasimbuye Gen Ibingira nk’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara

Editorial 20 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru