• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rugiye kwakira CHOGM ku nshuro ya kabiri mu karere, ese inshuro ya mbere muri Uganda byagenze bite?

U Rwanda rugiye kwakira CHOGM ku nshuro ya kabiri mu karere, ese inshuro ya mbere muri Uganda byagenze bite?

Editorial 25 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ku munsi w’ejo, Perezida Paul Kagame ari kumwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Icyongereza, Commonwealth, Patricia Scotland, batangaje ko inama ya CHOGM (Commonwealth Heads Government Meetings) izahuza abakuru b’ibihugu na za guverinoma izaba tariki 22 Kamena 2020 muri Kigali Convention  Center, abazayizamo bizezwa kuzafatwa neza.

Ibi perezida Kagame na Scotland babitangarije i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubwo batangazaga ku mugaragaro ko iyi nama izabera mu Rwanda bakemeza ko abakuru b’ibihugu na za Guverinoma 53 bazayitabira.

Kuva tariki ya 21 Mata 2018, Minisitiri w’Intebe w’icyo gihe Therese May atangaza ku mugaragaro ko u Rwanda ruzakira CHOGM2020, ibigarasha n’abanzi b’u Rwanda bakoze iyo bwabaga ngo baburizemo icyo gikorwa haba mu bitangazamakuru ndetse bitwaje naya miryango yitwa ko iharanira uburenganzira bwa Muntu ariko biba iby’ubusa. Byageze naho Imitwe y’iterabwoba ishyigikiwe na Uganda igaba ibitero nyuma y’iminsi mike hemejwe ko CHOGM2020 izabera mu Rwanda.

Perezida Kagame yitabira inama ya Commonwealth muri Mata 2018

Iyi nama ya CHOGM2020 ni ku nshuro ya kabiri igiye kubera muri  aka karere kuko ubwa mbere yabereye muri Uganda mu mwaka wa 2007. Uburyo yagenze muri Uganda byabaye inkuru kugeza n’uyu munota, atari ukubera uburyo yateguwe ahubwo ruswa yo mu rwego rwo hejuru yagaragayemo uhereye ku bayobozi bakuru barimo Visi Perezida Gilbert Bukenya na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Sam Kutesa. Tubibutse ko muri gahunda ya Ruswa, Kutesa aba ahagarariye Perezida Museveni nka muramu we.

Amatsinda yose mu nzego zitandukanye yavuzwemo ruswa ariko aho yakabije naho Uganda yavuzeko yaguze imodoka nyinshi za BMW zo gutwara abanyacyubahiro ku giciro cyo hejuru nyuma bikaza kugaragara ko izo modoka zitaguzwe ahubwo zakodeshejwe muri Afurika y’Epfo aho kugurwa mu Budage. Komite igenzura imikoreshereze y’imari ya leta  mu nteko ishinga amategeko ya Uganda yatumyeho abavuzweho ruswa ariko kuko inteko igizwe ahanini na NRM yanga kubakuraho icyizere.

Bitangira, Ingengo y’Imari ya Uganda yo kwakira CHOGM yari miliyari 180 z’amashiringi, nyuma ziba miliyari 278, hanyuma miliyari 300, birangira zibaye miliyari 380 z’amashiringi (hafi miliyoni 170 z’amadorali y’Amerika).

 Museveni yakirwa mu Bwongereza

Abayobozi muri Uganda batanze amasoko mbere yuko basinya contract bakorana n’abafite imiriimo ngo babone icya cumi. Aha twavuga nka Karim Hirji nyiri IMPERIAL Royale Hotel Kampala wahawe miliyoni 2,6 z’amadorali ngo azakire abashyitsi baje mu nama ariko yaragambanye n’abayobozi ba Uganda ko abashyitsi baziyishyurira ayo mafaranga nyuma ayo yahawe bakayagabana. Buri mushyitsi yishyuraga amadorali Magana atanu ku munsi kandi byari byitezwe ko ari Leta iri bubishyurire.

Inzego zose zateguye CHOGM muri Uganda zagaragaje ruswa y’umurengera kuko amahanga yose yarahagurutse arabyamagana. Aha twavuga nk’Ubuholandi muri Mata 2011 bwafashe icyemezo cyo guhagarika inkunga yageneraga  Uganda ingana na miliyoni 3,2 z’amayero kuberako Leta itagize icyo ikora ngo ihane abagaragaye muri Ruswa yatanzwe mugihe Uganda yakiraga CHOGM 2007. Abaterankunga bari bamaze imyaka isaga ine bijujutira umuco wo kudahana wa Ruswa muri Uganda. Ahubwo gusirasira mu manza mu gihe cy’imyaka itanu nabyo byatwaye akayabo k’amafaranga.

Uyu mwaka, Kigali yabaye iyakabiri muri Afurika nyuma ya Cape Town iza ku mwanya wa mbere mu kwakira inama mpuzamahanga no kwakira ibirori nkuko byatangajwe na International Congress and Convention Association (ICCA).

Perezida w‘iyi mpuzamashyirahamwe Dame Louise Martin, wari mu Rwanda mu minsi ishize yavuze ko n’ubwo u Rwanda rumaze imyaka 10 gusa rwinjiye mu muryango w’ibihugu bikoresha Icyongereza, imiyoborere n’imikorere yarwo byagaragaje ko ari igihugu cy’ingirakamaro muri uyu muryango.

Yagize ati “Nari ndi hano mu myaka 3 ishize, kuko ni ho habereye inama nk’iyi ku rwego rwa Afurika. Ibyo nabonye mu gihe nahamaze byanyeretse ko iki gihugu gitera imbere binatuma nyuma y’ibyumweru 3 mpita ngaruka nzanye n’inkoni y’umwamikazi. Maze kwirebera uburyo iyi nkoni yakoreshejwe abantu b’imihanda yose bari hano ubona bafite akanyamuneza, basangizanya ibyo bayiziho,.. narabyitegereje mbibonamo ishusho y’uburyo Kigali n’u Rwanda rutera imbere. N’ubwo u Rwanda ari cyo gihugu navuga ko ari gishya kurusha ibindi muri uyu muryango, nabwiye minisitiri nti ndabona mwakwakira inteko rusange yacu. Ntabwo ari igihugu cyose n’ubwo cyaba ari kinini usanga gifite ubushobozi bwo kwakira iyi nama ngo igende neza na cyo kibashe gucuruza isura yacyo muri uyu muryango, ariko u Rwanda rwo rurimo kubikora neza mu buryo butangaje!”

2019-09-25
Editorial

IZINDI NKURU

Umuvugo: Kwibohora ni uguhozaho, ababisha ntibarashirwa.

Umuvugo: Kwibohora ni uguhozaho, ababisha ntibarashirwa.

Editorial 02 Jul 2021
Uganda : CMI yadukanye indi turufu yo guhimba ibinyoma bigamije guharabika no gusiga icyasha u Rwanda

Uganda : CMI yadukanye indi turufu yo guhimba ibinyoma bigamije guharabika no gusiga icyasha u Rwanda

Editorial 16 Feb 2018
Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Editorial 18 Apr 2019
Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Editorial 28 Dec 2024
Umuvugo: Kwibohora ni uguhozaho, ababisha ntibarashirwa.

Umuvugo: Kwibohora ni uguhozaho, ababisha ntibarashirwa.

Editorial 02 Jul 2021
Uganda : CMI yadukanye indi turufu yo guhimba ibinyoma bigamije guharabika no gusiga icyasha u Rwanda

Uganda : CMI yadukanye indi turufu yo guhimba ibinyoma bigamije guharabika no gusiga icyasha u Rwanda

Editorial 16 Feb 2018
Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Editorial 18 Apr 2019
Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Editorial 28 Dec 2024
Umuvugo: Kwibohora ni uguhozaho, ababisha ntibarashirwa.

Umuvugo: Kwibohora ni uguhozaho, ababisha ntibarashirwa.

Editorial 02 Jul 2021
Uganda : CMI yadukanye indi turufu yo guhimba ibinyoma bigamije guharabika no gusiga icyasha u Rwanda

Uganda : CMI yadukanye indi turufu yo guhimba ibinyoma bigamije guharabika no gusiga icyasha u Rwanda

Editorial 16 Feb 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru