• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga iziga ku micungire y’imyanda mu mijyi

U Rwanda rugiye kwakira Inama mpuzamahanga iziga ku micungire y’imyanda mu mijyi

Editorial 22 Sep 2017 Mu Rwanda

Mu cyumweru gitaha guhera tariki ya 25kugeza kuya 29 Nzeli, u Rwanda ruzakira Inama mpuzamahanga y’aba Engeniyeri, izaba irebera hamwe uburyo bwo gucunga ndetse no gutunganya imyanda mu mijyi.

Ni Inama yateguwe n’Urugaga rw’aba Engeniyeri mu Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’Ibikorwa remezo ndetse n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire mu Rwanda, ikazaba ifite nsanganyamatsiko igira iti “Icunga n’Itunganywa neza ry’Imyanda muri Afrika.”

Iyi nama izitabirwa n’abantu batandukanye baturutse mu mpande zose z’isi ariko abenshi bakazaba ari ahanyarwanda , izitabirwa kandi n’abahagarariye ingaga z’aba Engeniyeri ku isi, muri Afrika ndetse no muri Afrika y’Iburasirazuba izi ngaga zose zikaba zikorana n’urugaga rw’aba Engeniyeri rwo mu Rwanda.

Mu kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa kane umuyobozi w’Urugaga rw’aba Engeniyeri mu Rwanda Bwana Kazawadi Papias yavuze ko muri iyi nama bazigiramo uburyo bwo gukoresha mu gutunganya imyanda ishobora kubyazwa umusaruro, aho ibihugu byateye imbere mu gutunganya imyanda bizabasangiza uko babikoze n’imbogamizi bahuye nazo kugira ngo babashe gukemura ikibazo cyo gutunganya imyanda no kuyibyaza umusaruro.

Yavuze kandi ko Kuba u Rwanda arirwo bahisemo kuberamo iyi inama ari ukugira ngo babashe kwigira ku bindi bihugu uko barushaho gucunga imyanda, yaba ituruka mu ngo n’ahandi.

Bwana Edward Kyazze Umuyobozi ushinzwe iterambere ry’imijyi n’imiturire muri Minisiteri y’ibikorwa remezo yavuze ko abazitabira iyi nama nabo bazigira ku Rwanda ibijyanye n’isuku, servisi nziza, n’imiyoborere iganisha ku iterambere u Rwanda rufite ubu, anavuga ko urwego rwo gucunga imyanda rukiri hasi hakaba hakenewe gushyiramo ingufu bityo akaba yasabye umuntu wese utuye gufata amazi kuburyo atakwangiriza uwo baturanye, hacukurwa ibyobo bifata amazi.

Yanavuze kandi ko hakenewe ubukangurambaga bwo gucunga imyanda kugira ngo itangiza ikirere ndetse nabaturanyi muri rusange.

Ku bijyanye n’imyanda itabora yavuze ko kuri ubu bafite abashoramari bayihindura ikavamo ibindi bikoresha nk’impapuro zikoreshwa muri bwiherero, gusa ngo haracyakenewe abandi bashoramari kugira ngo imyanda igera ku Kimoteri ibe mikeya.

Umuyobozi mukuru ushinzwe imiturire n’imyubakire mu mujyi wa Kigali Bwana Nkurunziza Alphonse yavuze ko ikibazo cyo gucunga imyanda no kumenya aho ijya ari ikibazo gikomereye umujyi wa Kigali,bityo iyi nama ikaba ije ikenewe kugira ngo bigire ku bindi bihugu bimaze gutera imbere uko babicunga ku buryo burushijeho, ngo bizabafasha kandi kurushaho guhangana n’ikibazo cy’imicungire y’imyanda gikomereye umujyi wa Kigali.

Iyi nama igiye kubera mu Rwanda izaba baye ku nshuro ya kane kuva itangiye kubaho nyuma y’iyabereye muri Afrika yepfo, Zimbabwe, ndetse na Nigeria, ikazitabirwa n’abantu basaga 700 abenshi bakazaba ari Abanyarwanda.

-8052.jpg

Perezida w’Urugaga Nyarwanda rw’aba Enjeniyeri, Eng. Kazawadi Papias

Kuri ubu urugaga rw’aba engeniyeri mu Rwanda rufite abanyamuryango barenga 800, ariko bakaba bakomeje kwakira abandi babagana bakaba bateganya kuzagira abagera ku 2000 mu waka utaha.

Norbert Nyuzahayo

2017-09-22
Editorial

IZINDI NKURU

Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Editorial 20 Jun 2017
Mutzig Beer Fest: Meddy yanejeje abafana be mu ijwi rinogeye amatwi no mu mbyino zidasanzwe

Mutzig Beer Fest: Meddy yanejeje abafana be mu ijwi rinogeye amatwi no mu mbyino zidasanzwe

Editorial 03 Sep 2017
Nyuma y’umwaka umwe ayivuyemo, Guy Bukasa yongeye kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Gasogi United ahabwa inshingano yo gutwara igikombe

Nyuma y’umwaka umwe ayivuyemo, Guy Bukasa yongeye kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Gasogi United ahabwa inshingano yo gutwara igikombe

Editorial 19 Aug 2021
Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe

Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe

Editorial 04 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FBI yasatse urugo rwa Manafort wayoboye ibikorwa byo kwamamaza Donald Trump
Mu Rwanda

FBI yasatse urugo rwa Manafort wayoboye ibikorwa byo kwamamaza Donald Trump

Editorial 10 Aug 2017
2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw
UBUKUNGU

2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

Editorial 13 Jul 2019
INZEGO ZIBANZE KU ISONGA MUGUHINDURA IMITANGIRE YA SERIVISI HIFASHISHIJWE URUBUGA  IREMBO
Mu Mahanga

INZEGO ZIBANZE KU ISONGA MUGUHINDURA IMITANGIRE YA SERIVISI HIFASHISHIJWE URUBUGA IREMBO

Editorial 09 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru