• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Editorial 07 Oct 2019 UBUKERARUGENDO

U Rwanda binyuze muri gahunda yarwo yo kwamamaza ubukerarugendo “Visit Rwanda” rwahawe igihembo cyo guteza imbere, kunoza ubukerarugendo no kwimenyekanisha nk’ahantu habereye ubukerarugendo, igihembo kizwi nka Destination Award.

Iki gihembo cyatangiwe mu imurika mpuzamahanga rya serivisi z’ubukerarugendo riri kubera Sydney muri Australia, rizwi nka Sydney Luxperience Travel Show 2019 ritegurwa n’Ikigo Luxperience.

Iki gihembo gihabwa ikigo cya Leta cyangwa igihugu cyagize uruhare rugaragara mu gukora ibishoboka byose ngo biteze imbere ubukerarugendo birimo kuzana no kumenyekanisha serivisi nshya zikurura ba mukerarugendo kandi zigezweho.

Ubusanzwe muri iri murikagurisha hatangwa ibihembo bine birimo icy’ikigo gifite ibikorwa byunguka kandi byabera abandi icyitegererezo (Inspiring Award), igihembo gihabwa ikigo cyangwa igihugu n’abandi b’intangarugero mu bikorwa bibungabunga ibidukikije (Meaningful Award).

Hari igihembo gihabwa intangarugero mu kumenyekanisha ibikorwa by’ubukerarugendo ku buryo bigera ku babikeneye bose (Connections Award) n’igihembo cya kane gihabwa igihugu cyangwa ikigo cya Leta gishyize imbere kuzana no gutanga serivisi zinoze mu by’ubukerarugendo nk’imwe mu nzira zo gukurura ba mukerarugendo hirya no hino ku Isi (Destination Award).

Igihembo u Rwanda rwahawe umwaka ushize cyari cyahawe Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubukerarugendo mu Buyapani (Japan National Tourism Organization).

Luxperience Travel Show ni rimwe mu mamurika akomeye ku Isi mu bijyanye n’ubukerarugendo, rikaba rihuza abamurika serivisi z’ubukerarugendo baturutse imihanda yose cyane cyane abo mu bice by’Amajyepfo y’Isi.

Ni umwanya ukomeye abafite ibikorwa by’ubukerarugendo bahanahana ubunararibonye, abashoramari bakabona ahantu hashya bashora imari mu bukerarugendo n’ibindi.

Uyu mwaka icyo gikorwa kiratangira guhera kuri uyu wa Mbere tariki 7 kugeza tariki 10 Ukwakira 2019, kikaba kizitabirwa n’abasaga 5000.

Imibare ya RDB igaragaza ko mu 2017 u Rwanda rwinjije miliyoni $438 zivuye mu bukerarugendo, bijyanye n’intego ya Guverinoma yihaye ko mu 2024 inyungu ruvana mu bukerarugendo igomba kwikuba kabiri ikagera kuri miliyoni $800.

Ibyo biva mu guteza imbere ibikorwa byo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima muri pariki z’igihugu, kuzana inyamaswa zitari zisanzwe mu Rwanda, kubaka hoteli zigezweho kandi zifite ibyumba byinshi n’ibindi.

Ibi bikorwa by’imurikagurisha rigamije kumenyekanisha ubukerarugendo bw’u Rwanda byiyongera ku bikorwa bikomeye mu kubumenyekanisha birimo amasezerano rwasinye n’Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza ndetse na Filimi ya Rwanda: The Royal Tour.

Umwaka ushize wa 2018, mu Rwanda haje abakerarugendo bangana na miliyoni 1.7.

Src : IGIHE

2019-10-07
Editorial

IZINDI NKURU

Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa

Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa

Editorial 04 Apr 2019
U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege

U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege

Editorial 05 May 2018
Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Editorial 10 Dec 2024
RwandAir yahawe uburenganzira bwo gukorera ku bibuga byose by’indege muri Nigeria

RwandAir yahawe uburenganzira bwo gukorera ku bibuga byose by’indege muri Nigeria

Editorial 27 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubushake Bwa Politiki ya RPF –INKOTANYI Ku Isonga Mu Gutuma Umugore ahumeka “Ikoranabuhanga”
POLITIKI

Ubushake Bwa Politiki ya RPF –INKOTANYI Ku Isonga Mu Gutuma Umugore ahumeka “Ikoranabuhanga”

Editorial 30 Nov 2017
Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’
ITOHOZA

Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’

Editorial 02 Oct 2016
Abadepite ba Uganda bahawe abasirikare ba mudahusha bo kubarinda
HIRYA NO HINO

Abadepite ba Uganda bahawe abasirikare ba mudahusha bo kubarinda

Editorial 12 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru