• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika

U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika

Editorial 17 Jul 2017 Mu Rwanda

U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika (arenga amafaranga y’u Rwanda miliyoni 100″ azakoreshwa mu guteza imbere ubumenyi mu byiciro bitandukanye by’uburezi hagendewe ku bikenewe ku isoko ry’umurimo.

Amasezerano y’iyi nguzanyo yasinyiwe i Kigali kuri uyu wa Mbere, tariki ya 17 Nyakanga 2017, hagati ya Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Claver Gatete n’Umuyobozi uhagarariye Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal.

Azakoreshwa mu myaka itatu y’ingengo y’imari, ni ukuvuga 2017/18, 2018/19 n’uwa 2019/2020, mu guteza imbere ubumenyi (Skills development), hibandwa ku byiciro bitandukanye birimo Ingufu, Gutwara abantu n’ibintu, n’inganda by’umwihariko iziteza imbere gahunda y’ibikorerwa mu gihugu izwi nka ‘Made in Rwanda’.

Minisitiri Gatete yasobanuye ko aya mafaranga azakoreshwa muri gahunda igamije gukora ibishoboka byose ngo hatangwe ubumenyi bujyanye n’isoko, n’ihangwa ry’imirimo.

Yagize ati ”Ni amafaranga y’inguzanyo ihendutse, cyane cyane aza kugira ngo atwunganire tuzibe icyuho cy’aho twari dufite ubumenyi bukenewe mu nzego nyinshi, aho twasangaga mu byukuri aya mafaranga akenewe […] Aya mafaranga ntabwo ariyo yonyine aje gukemura ibibazo byose biri mu burezi kuko hari ingengo y’imari yacu isanzwe.”

Umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal yavuze ko bamaze igihe basinya amasezerano ajyanye no kubaka ibikorwaremezo bitandukanye, ubu bakaba bagiye gutanga umusanzu mu kubaka ubumenyi n’ubushobozi bw’abazabicunga.

Yagize ati ”Uyu mushinga uri muri gahunda ya leta ijyanye n’umurimo, by’umwihariko ikaba itanga umusanzu mu nkingi ebyiri z’ingenzi arizo guteza imbere ubumenyi, kugenzura no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’iyi gahunda.”

Yakomeje avuga ikigamijwe ari ugutanga umusanzu mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’imbaturabukungu EDPRS II mu buryo butaziguye, by’umwihariko mu bijyanye no guhanga imirimo ibihumbi 200 idashingiye ku buhinzi.

Banki y’isi kandi yanagiranye amasezerano n’ibigo bishamikiye kuri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo na Minisiteri y’Uburezi bizashyira mu bikorwa iyi gahunda, birimo Ikigo gishinzwe Kubaka ubushobozi n’Umurimo (CESB); Inama Nkuru y’Amashuri makuru na Kaminuza (HEC); Kaminuza y’u Rwanda; Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda (WDA) na Banki Nyarwanda Itsura Amajyambere (BRD).

-7264.jpg

Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias na Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Judith Uwizeye

Minisiti w’Uburezi, Dr Musafiri Papias, yavuze ko iyi nguzanyo izatanga umusanzu ufatika mu guteza imbere ireme ry’uburezi mu Rwanda ndetse bakazayakoresha mu gushyira imbaraga ahari icyuho kurusha ahandi.

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Uwizeye Judith, nawe yagaragaje ko hakenewe byinshi kugira ngo iyi gahunda ijyanye n’ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo igerweho, anavuga ko biteguye gukora cyane bafatinyije n’abikorera kugira ngo bagere ku ntego igihugu cyihaye.

Iyi nguzanyo Banki y’Isi yahaye u Rwanda izishyurwa mu gihe cy’imyaka 38 ukuyemo 10 izasonerwa, inyungu izatangwa ikaba ingana na 0.75%.

-7263.jpg

Umuyobozi uhagarariye Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Claver Gatete basinyana amasezerano y’inguzanyo

2017-07-17
Editorial

IZINDI NKURU

Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Editorial 29 Mar 2022
APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

Editorial 06 Oct 2021
Kinshasa : Abadepite bavugirije amafirimbi mu Nteko bamagana Minisitiri w’Intebe mushya

Kinshasa : Abadepite bavugirije amafirimbi mu Nteko bamagana Minisitiri w’Intebe mushya

Editorial 17 May 2017
U Rwanda  kwisonga  mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

U Rwanda kwisonga mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

Editorial 06 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera
Mu Rwanda

Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera

Editorial 27 Aug 2017
Imyanzuro ikakaye yafashwe nyuma y’IMVURURU zashyamiranyije ubuyobozi  muri Rayon Sports
IMIKINO

Imyanzuro ikakaye yafashwe nyuma y’IMVURURU zashyamiranyije ubuyobozi muri Rayon Sports

Editorial 11 May 2018
BREAKING NEWS: Kayumba Nyamwasa Yatumije Inama Y’ikitaraganya Ya RNC Nyuma Yo Kuba Intabwa Kubera Abayoboke N’ingabo Zimushizeho
INKURU NYAMUKURU

BREAKING NEWS: Kayumba Nyamwasa Yatumije Inama Y’ikitaraganya Ya RNC Nyuma Yo Kuba Intabwa Kubera Abayoboke N’ingabo Zimushizeho

Editorial 08 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru