• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Rwanda rwamaganye irekurwa rya Rukundo na Nahimana bahamijwe ibyaha bya Jenoside

U Rwanda rwamaganye irekurwa rya Rukundo na Nahimana bahamijwe ibyaha bya Jenoside

Editorial 17 Dec 2016 Mu Mahanga

Komisiyo y’ igihugu yo kurwanya jenoside CNLG n’ umuryango IBUKA uharanira inyungu z’ abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi bamaganye umwanzuro wa MICT wo kurekura Ferdinand Nahimana na Padiri Emmanuel Rukundo.

Muri iki cyumweru dusoza nibwo umucamanza mu Urwego rw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha(MICT) rwashyiriweho kurangiza imirimo yasizwe n’Urukiko rwa Arusha ( ICTR), Theodor Meron yatangaje ifungurwa rya Nahimana na Rukundo.

Aba bombi icyahoze ari urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ku Rwanda ICTR cyabahamije ibyaha bya jenoside yakorewe abatutsi. Kuri ubu bari bafungiye mu gihugu cya Mali.

Mu kiganiro yatanze kuwa 16 Ukuboza 2016, mu nama ya 14 y’ Umushyikirano, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascene yakomoje ku irekurwa rya Rukundo na Nahimana avuga ko byakozwe mu buryo bunyuranyije n’ amategeko.

Nahimana yakatiwe gufungwa imyaka 30 naho Padiri Rukundo akatirwa gufungwa imyaka 23. Umucamanza Meron watangaje ko bagiye kurekurwa ngo yabishingiye ku kuba buri umwe amaze 2/3 by’ igifungo bakatiwe.

Dr Bizimana yavuze ko hari ibintu bitatu bigomba kwitabwaho mbere yo kurekura umugororwa birimo ‘Uburemere bw’ icyaha yakoze, Kureba niba yarihannye, no kugisha inama guverinoma y’ igihugu aturukamo’

Dr Bizimana yavuze ko irekurwa ry’ abagororwa bahamijwe ibyaha bikomeye ari ikibazo gikomeye.

IBUKA nayo yamaganye irekurwa rya Nahimana na Padiri Rukundo

Prof Jean Pierre Dusingizemungu uyobora IBUKA yavuze ko irekurwa ry’ aba bagabo ritumvikana ndetse ngo ni uguhakana jenoside .

Yagize ati” Ni gute birengagiza ko jenoside ari icyaha gikomeye cyibasiye inyokomuntu? Ni gute babarekura ngo bagaragaje ibimenyetso byo kwikosora? Bigeze se byibuze bicuza ibyaha bakoze? Bafashije se ubucamanza kubona amakuru ajyanye na Jenoside?”

Yakomeje agira ati “Abo bagabo se wenda beretse Isi ko biyemeje kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside? Ibikorwa by’umucamanza Theodore Meron na bagenzi be ntibyumvikana rwose. Ku bwacu ni uguhakana jenoside yakorewe Abatutsi.”

-158.png

Dr Bizimana Jean Damascene na Prof Jean Pierre Dusingizemungu uyobora IBUKA

Imvaho nshya yanditse ko Abantu icumi muri 61 bafatwa nka ba ruharwa bateguye bakanakora Jenoside bakatiwe na ICTR bamaze kurekurwa igihe bakatiwe kitaragera.

Nahimana yahoze ari umwarimu w’amateka muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, ndetse ni we washinzwe radiyo, RTLM, ifatwa kabuhariwe mu kubiba urwango mu banyarwanda, yakanguriraga Abahutu kwica Abatutsi mu gihe cya Jenoside.

Yafashwe mu 1996, muri 2003 ICTR yamuhamije byaha bya Jenoside, ubugambanyi mu gukora Jenoside, gukangurira rubanda gukora jenoside, gutoteza no gutsemba imbaga.

Naho Rukundo, wafashwe mu 2001 yahamijwe ibyaha bya Jenoside, ubwicanyi no gutsemba imbaga muri Gashyantare 2009.

2016-12-17
Editorial

IZINDI NKURU

Banyarwanda mwirinde abagome babasaba amafaranga yo gutegura filimi mbarabinyoma iharabika Igihugu cyanyu

Banyarwanda mwirinde abagome babasaba amafaranga yo gutegura filimi mbarabinyoma iharabika Igihugu cyanyu

Editorial 23 Oct 2021
RECSA yasuzumye raporo ku byaha bikoreshwamo intwaro muri Afurika y’Iburasirazuba.

RECSA yasuzumye raporo ku byaha bikoreshwamo intwaro muri Afurika y’Iburasirazuba.

Editorial 26 Jul 2016
Ibitaro bya Gisilikare Kanombe byasangiye Noheli n’Abana babirwariyemo

Ibitaro bya Gisilikare Kanombe byasangiye Noheli n’Abana babirwariyemo

Editorial 22 Dec 2016
Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira

Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira

Administrator 03 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyagatare: Abaturage basabwe kugira uruhare mu kubungabunga umutekano
Amakuru

Nyagatare: Abaturage basabwe kugira uruhare mu kubungabunga umutekano

Editorial 05 Dec 2016
Kayumba Rugema yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Rugema yatawe muri yombi

Editorial 07 Jun 2018
Umwami Kigeli yashimiye Rushyashya kumukiza amabandi
ITOHOZA

Umwami Kigeli yashimiye Rushyashya kumukiza amabandi

Editorial 03 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru