• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

Editorial 29 Jun 2018 UBUKUNGU

U Rwanda rwatangije gahunda ya Kane y’impinduramatwara mu buhinzi (PSTA4) iteganyijwemo kongera umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi ndetse no kongerera agaciro ibibukomokaho.

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi itangaza ko iyi gahunda y’imyaka itanu yo kuva mu 2018 kugera mu 2023, izatwara miliyari 2700 z’amafaranga y’u Rwanda. Izibanda ku nkingi enye zirimo; ubushakashatsi n’iyamamazabuhinzi n’ubworozi, kubaka ubudahangarwa mu bijyanye n’indwara zifata ibihingwa.

Izibanda kandi ku kongera amasoko no gutunganya umusaruro, kongerera abahinzi n’aborozi ubumenyi ndetse no gukoresha umutungo nk’amazi mu bikorwa bitangiza ibidukikije.

Mu gutangiza iyi gahunda kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko nishyirwa mu bikorwa neza izakura abanyarwanda benshi mu bukene.

Ubushakashatsi bwa Kane ku mibereho y’ingo mu Rwanda (EICV4), bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, bwagaragaje ko mu 2024 umubare w’abanyarwanda bari mu bukene uzagabanuka ugere kuri 15%, uvuye kuri 39.1% wariho mu 2015. Ubuhinzi bwitezweho gutanga umusanzu ufatika muri iyi ntego.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko umusaruro w’ubuhinzi mu musaruro mbumbe w’igihugu wiyongereyeho 6% muri gahunda y’impinduramatwara ya gatatu (PSTA 3), muri gahunda ya PSTA 4 bikaba bizarushaho kuko uzajya wiyongeraho 10%.

Yagize ati “Muri gahunda ya Kane y’impinduramatwara mu buhinzi, hari byinshi byitezwe kugerwaho. Turateganya kongera iterambere ry’ubuhinzi no guhanga imirimo”.

Muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi yatangiye mu 2017 ikazageza mu 2024, biteganyijwe ko hazahangwa imirimo 214 000 ku mwaka. Iyi mirimo irimo n’izaturuka mu buhinzi nyirizina, inganda zongerera umusaruro ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, ubucuruzi na za resitora.

Dr Ngirente yavuze kandi ko u Rwanda rurimo kugerageza kongera ubuso bwuhirwa kugira ngo igihugu cyose kizihaze mu biribwa. Icyakora yavuze ko ingamba za Afurika yunze Ubumwe n’iziri mu masezerano ibihugu bya Afurika byagiranye mu guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi yiswe Malabo, zizagerwaho ari uko uru rwego rwashowemo imari nyinshi.

Ati “Izi ngamba zose ntizagerwaho hatabayeho ishoramari rikomeye mu buhinzi. Kubw’ibyo, Guverinoma izakomeza gushora imari mu bushakashatsi mu buhinzi, kubwagura, guteza imbere amasoko no guhanga udushya.”

Ubuso bwuhirwa bwarazamutse ku kigero cya 75%, buva kuri Hegitari 27 796 bugera kuri 48 508, inka zatanzwe muri gahunda ya Girinka zazamutse kuri 118%, aho zavuye ku 149 889 zigera kuri 326 964.

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Mukeshimana Gerardine, avuga ko gahunda ya kane y’impinduka mu buhinzi izanibanda ku kubaka ubushobozi bw’abahinzi no guteza imbere ubushakashatsi kugira ngo bubashe guhangana n’ihindagurika ry’ikirere.

Yagize ati “Nubwo tudashobora guhagarika ihindagurika ry’ibihe, dushobora kuriteganyiriza binyuze muri bimwe mu bikorwa birimo kurwanya isuri kugira ngo imyuzure idatwara imyaka y’abaturage, kuhira no gutanga amakuru ku iteganyagihe”.

Biteganyijwe ko urwego rw’abikorera ruzagira uruhare muri iyi gahunda, aho ruzashoramo miliyari 420 z’amafaranga y’u Rwanda, mu bijyanye n’ifumbire, imbuto, guhinga ndetse no gufata neza umusaruro.

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Mukeshimana Gerardine

Amafoto: Primature

2018-06-29
Editorial

IZINDI NKURU

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Editorial 19 Apr 2018
Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Editorial 09 Jan 2019
Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Editorial 14 May 2019
BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw

BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw

Editorial 20 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko RNC yasenyutse uruhongohongo ikamera nk’impabe mu rukubo
INKURU NYAMUKURU

Uko RNC yasenyutse uruhongohongo ikamera nk’impabe mu rukubo

Editorial 25 Feb 2020
Umuhanzi Teta Diana yaciye agahigo  i San Fransisco muri  Rwanda Day
ITOHOZA

Umuhanzi Teta Diana yaciye agahigo i San Fransisco muri Rwanda Day

Editorial 28 Sep 2016
CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi
INKURU NYAMUKURU

CMI yaciye umuvuno : Abanyarwanda 2 Muri Gereza Ya Luzira Bashinjwa Gutunga Imbunda N’ubutasi

Editorial 14 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru