• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Rwanda rwifatanije n’Ibindi bihugu mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’Itangazamakuru ( Abanyamakuru barakicira isazi mu jisho )

U Rwanda rwifatanije n’Ibindi bihugu mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’Itangazamakuru ( Abanyamakuru barakicira isazi mu jisho )

Editorial 03 May 2016 Mu Mahanga

Taliki ya 3 Gicurasi, ni umunsi mpuzamahanga w’itangazamakuru, umunsi abakora uwo mwuga bisuzuma ngo barebe intambwe bamaze gutera haba mu bunyamwuga, ndetse no mu nyungu bakura muri ako kazi, ugereranyije n’umwaka wawubanjirije.

Ni naho kandi bibukiraho bagenzi babo bagiye bahohoterwa kubera umwuga, abafungiwe ahantu hanyuranye, abishwe, ababujijwe uburenganzira bwo gutara cyangwa gutangaza, n’uko bakongera gufatana urunana rwo kuvugira abo babujijwe uruvugiro.

Mu Rwanda, iyi taliki ibaye itangazamakuru ryifashe rite? Byose ni Sawa sawa!
Uyu mwaka ushize nta munyamakuru ubarizwa mu ibohero, nta gitangazamakuru cyahagaritswe, ahubwo hashinzwe amateleviziyo yigenga akangari! Ibinyamakuru biracicikana online, ibidasohoka ni akazi kabyo ntawabinize.

Muri buri kigo cya Leta hari umuvugizi utanga amakuru, kugeza ku karere. Umuntu afite uburenganzira bwo kubaza cyangwa gutanga igitekerezo, haba mu kiganiro mbwirwaruhame, atelefonnye kuri Radio na Televiziyo ashaka, cyangwa yohereje ubutumwa bugufi ku rukuta rwa Facebook. Muri iyo ndorerwamo, ubwisanzure bw’Itangazamakuru buhari ku gipimo 100%.

Ariko se ko usanga Abanyamakuru bahigima ni ukubera iki?

Muri ubwo bwisanzure tuvuze haruguru, haraburamo ugusohoka kw’ibinyamakuru byandikwa. N’ibyandikwa usanga bitagurwa! Umuntu yakwibaza impamvu z’ubwitabire buke bw’abasomyi. Aho ntibaba babura icyo basoma muri ibyo binyamakuru? Bwaba ari ubushobozi buke mu myandikire se?

-2752.jpg

Ibi binyamakuru byari bikunzwe ku isoko ntibigisohoka

Oya! Mu gighugu cyacu hamaze kugeza amakaminuza arenga atanu yigisha itanagzamakuru kandi amaze guha impamyabushobozi nyinshi abayasohotsemo. Ibyo rero ntibyakabaye ikibazo.Kuko ntabararyize, bigishijwe n’uburambe.Ikindi kandi abo basohotse,iyo bageze mu yindi mirimo baba aba PR beza! Kuki tubabura mu itangazamakuru, n’abagerageje bakaza basaba kwandika cyangwa kuvuga ku makuru y’imyidagaduro n’imikino gusa? Aho hari ipfundo buri wese yakwihamo umukoro.
Amakuru si ashyushya umutwe kandi si ayo gusebya ibyiza twagejejweho n’ubuyobozi bwiza.

Nibyo! Amakuru si anenga gusa, ariko na none avuga ko byose ari sawa sawa nayo si amakuru. Ibyakavugiwe mu itangazamakuru bivugirwa mu tubari bikarangiza bibaye impaka n’impuha zabyara icyaha cyangwa ikirego. None abanyamakuru baba aribo biyima amakuru, batinya kubaza amakuru, bakangwa bakiruka kibuno mpamaguru, ugukanze akagufatira aho? Ntawe ntoza kugumuka, ariko burya ntawe ukunda umunenga, kuko bivamo kubura umugati. Mu makuru mushobora gutangaza , hari abo yakubikira imbehe, abo rero sibo bazabatelefona ngo nimuze mbatekerereze uko nanyereje umutungo wa Leta. Aho rero mwahakura abanzi, byanze bikunze.

Amahitamo ni ayanyu, kwemera ingaruka z’umwuga, kwihagararaho cyangwa kurya Giti, umwuga ukawuparika. Ngirango benshi bibaza impamvu ibyo bandika bitagurwa, bashakira aho. Ubundi umunyamakuru mwiza, areba hirya y’akada ke cyane cyane akenshi ko kaba ari na gato, agashaka aho ukuri kuri, agakomereza aho. Umuntu yicuza iyo ariwe warenganye, akabona abantu bose bamwihoreye, nawe akibuka ko hari abandi yajyaga yihorera bakarengana areba kandi inshingano ze ari uguteza ubwega hakiri kare.

Amaradiyo na Televiziyo bitambutsa ibiganiro byiza!

Ibiganiro biteza Muzika imbere birategurwa kandi bikabisikana ku bwinshi n’amasengesho n’imbuga z’imikino. Ndetse banigisha kubana neza ku bashakanye, bakanarangira abakobwa abagabo n’abasore bakabarangira inkumi! Mukomereje aho mu kwisanzura mutyo, ntaho muzahurira n’uzababuza uburenganzira. Nyamara ariko, umwe mu bayobozi b’ itangazamakuru witwa Fred Muvunyi, abantu bumvise ngo yahunze, abanyamakuru mwimana amakuru, ubwo namwe muzabazwa kudatanga amakuru, nk’uko hari abo muvuga ko bayabima!

-2753.jpg

Amaradiyo arahanyanyaza

Hagati aha, umuryango w’abanyamakuru batagira umupaka, bashyize u Rwanda ku mwanya wa 161 kuri 180 ku isi,muri Afurika abatugiye inyuma ni
161 Rwanda , 164 Libye ,167 Somalie , 168 Guinée Équatoriale ,172 Djibouti,174 Soudan ,180 Erythrée
muraruca murarumira! RGB, niyo yasohoye amatangazo avuguruza uwo mwanya, kuko IMIRYANGO Y’ABAZUNGU ITUWE ITWANGA, NTA GISHYA : “Ntaho bitandukaniye n’izindi basanzwe bandika, twebwe ntabwo tuziha n’agaciro ko ari raporo, ni ingirwa-raporo ziba zitwaje izindi nyungu za politike zabo.

Banza urebe interuro yonyine y’iyo raporo, iravugamo ko Leta ngo yitwaza ngo Jenoside kugira ngo ihohotere itangazamakuru, bakanavugamo ifungwa rya BBC, urumva ko byonyine interuro yayo ari ikibazo cya Politike, kidafite aho gihuriye; BBC ibyo yakoze, ibyo yavuze byari ibihakana n’ibipfobya Jenoside, nk’u Rwanda rero ntabwo rushobora kwemera ibintu nk’ibyo ngo ni byo bashingiraho bapima uburenganzira n’ubwisanzure by’itangazamakuru.”. Itangazamakuru ryararuciye rirarumira.

Ese mwaba mwarabyemeye? Cyangwa nabwo mwaketse ko hari uri bububaze kwisanzura? Ibyo ni ibimenyetso bigaragara ko hari ikibabuza kwisanzura cyabagiyemo, kikarika, atari ngombwa ko hagira ubibabuza!( self-censure)!

Abanyamakuru barakennye cyane uwaza wese yabagura!

Mu bigaragara, Itangazamakuru ryo mu Rwanda, ryagiye ribyimba ariko ridakura ( ryabaye Igukuri ). Urebeye inyuma, ni inganzamarumbo, ku izina gusa, ariko iyo uroye ikiri imbere ni icyuka ( Levure) ,icyo gihe rero ntiryakwigenga , ntiryakwisanzura, ufite amafunguro wese yarikoresha.

Niyo mpamvu hagiye haboneka abagiye baba ibikoresho by’abanyapolitiki ( beza cyangwa babi), abandi bagahungira ubukene mubanzi b’igihugu ngo baramuke kabiri n’abandi bashaka kwitaka cyangwa guhishira intege nke zabo. Ngiryo Itangazamakuru rigeze aho, risigara rivugirwa n’abavugizi babagirira impuhwe gusa, babafasha gukomeza kwirundarunda ngo batabura burundu, nabyo bikaba amahano!

Muri iyi minsi harapfa abanyamakuru benshi, wareba icyo bazize ugasanga harimo inzara no kubura ubushobozi bwo kwivuza ( kubura imiti ) Umunyamakuru akaryama iwe akifungirana agapfa ( Emile Bayisenge na Niyonteze Emmanuel ) Ibi birababaje cyane, ntabwishingizi bwo kwivuza abanyamakuru bagira. Ukibaza ayo mashyirahamwe yabo amaze imyaka n’imyaniko icyo amaze kikakuyobera.

Nyamara riracyariho

Haracyari ikizere cyo kubaho . Niba muri ino nyandiko tuvuze ko Itangazamakuru rihaze ridigadiga mu bwisanzure, igikuru ni uko ririho, kandi aho rizakangukira rizisanzura, kuko niryo rigomba kugaragaza ko ubwisanzure butabahagije. Iyi taliki ibe iyo kongera gutekereza ku bunyamwuga bwanyu, maze ibitekerezo byanyu, ntibizajye bitegereza ko mu banza kujyanwa mu Nkumba mu Itorero, kuko umunyamakuru mwiza ntatozwa, ntatongerwa, kuko aba atuwe ari Intore.

-2751.jpg

Umunsi mukuru mwiza.
Sam Gody NSHIMIYIMANA

2016-05-03
Editorial

IZINDI NKURU

Kicukiro: Abantu 150 bagize ibyiciro bitandukanye basabwe gushyiraho ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro

Kicukiro: Abantu 150 bagize ibyiciro bitandukanye basabwe gushyiraho ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro

Editorial 01 Apr 2016
Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Editorial 10 Mar 2025
ITANGAZO

ITANGAZO

Editorial 13 Aug 2016
Rwanda: Ikimansuro cyagarutsweho nk’inzira ishyira icuruzwa ry’abantu

Rwanda: Ikimansuro cyagarutsweho nk’inzira ishyira icuruzwa ry’abantu

Editorial 01 Jul 2016
Kicukiro: Abantu 150 bagize ibyiciro bitandukanye basabwe gushyiraho ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro

Kicukiro: Abantu 150 bagize ibyiciro bitandukanye basabwe gushyiraho ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro

Editorial 01 Apr 2016
Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Editorial 10 Mar 2025
ITANGAZO

ITANGAZO

Editorial 13 Aug 2016
Rwanda: Ikimansuro cyagarutsweho nk’inzira ishyira icuruzwa ry’abantu

Rwanda: Ikimansuro cyagarutsweho nk’inzira ishyira icuruzwa ry’abantu

Editorial 01 Jul 2016
Kicukiro: Abantu 150 bagize ibyiciro bitandukanye basabwe gushyiraho ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro

Kicukiro: Abantu 150 bagize ibyiciro bitandukanye basabwe gushyiraho ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro

Editorial 01 Apr 2016
Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Editorial 10 Mar 2025
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru