• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM

U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM

Editorial 13 Mar 2020 UBUKUNGU

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, Clare Akamanzi, yavuze ko inama izahuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma b’ibihugu bikoresha Icyongereza, CHOGM, yitezwemo amasezerano y’ubucuruzi ya miliyoni $700, akangurira abikorera kubyaza umusaruro iyi nama n’abashoramari bazayitabira.

Inama ya CHOGM yitezwe kubera mu Rwanda muri Kamena 2020, hagati ya tariki 22-27. Kuri uyu wa Gatanu nibwo habaye inama yahuje RDB n’abikorera, harebwa uruhare bagira mu myiteguro y’iyi nama.

Akamanzi yavuze ko mu masezerano byitezwe ko azatangazwa muri CHOGM, hari ajyanye n’Ikigo Mpuzamahanga cy’i Kigali gishinzwe Ibikorwa by’Ubucuruzi n’Imari (KIFC), kuko hari inama u Rwanda rurimo gukorana n’abantu ngo babe bakwinjira muri iki kigo kizaba kirimo amafaranga y’abantu batandukanye.

Yakomeje ati “Hari ikigo twashyizeho nka Leta cyitwa Rwanda Finance kugira ngo kidufashe kumenyekanisha u Rwanda nk’igicumbi mpuzamahanga, aho imari cyangwa ibigega bitandukanye bishobora kuza mu gihugu cyacu bigacuruza amafaranga, hari abo turimo kuganira nabo bakaba baza muri KIFC tukazabitangaza mu gihe cya CHOGM.”

“Hari abashaka kujya mu bwubatsi, hari imishinga ikomeye turimo gukorana nabo ariko hari n’ibijyanye n’imikino n’imyidagaduro turimo gukorana nabo, byose twifuza ko tubirangiza mu gihe cya CHOGM.”

Akamanzi yasabye abikorera kwiyandikisha mu bazitabira CHOGM banyuze mu bunyamabanga bwayo bwashyizweho bukorera ahazwi nka Camp Kigali, bakazabasha kuganira n’ibindi bigo bizayitabira hagamijwe kubaka imikoranire.

Yakomeje ati “Biragusaba gukora cyane, utangire kwitegura ureba ibyo ukeneye ku rwego rwawe. Icyo twe tuzagukorera, ni uko tugiye kuzana abantu 7000 mu gihugu kandi bafite amafaranga yo gutanga, bakora ubucuruzi. Byaza umusaruro ayo mahirwe.”

“Hari uburyo busanzwe muzabonamo inyungu nko kubaha aho barara, ibyo bazarya, abantu 7000 mu cyumweru cyose bazakenera amafunguro menshi, ni amahirwe yo kuyagemura aho bazaba bari haba muri restaurant, amahoteli, ubwo ni uburyo bugaragara. Ariko ikindi kireba umuntu ku giti cye. Ni iki ashaka kugeraho, cyangwa unaze iwacu uvuge uti ‘mumfashe ndebe mu bantu bazaza, nkeneye umuntu wamfasha muri ibi’, abantu bacu mu bunyamabanga biteguye kugufasha.”

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera, Robert Bapfakurera, yasabye Abanyarwanda kwitega inyungu muri CHOGM, ariko bakagaragaza ubunyangamugayo ngo hato umuntu atazazigama hoteli azararamo, kubera ko yageze mu Rwanda nta handi afite ho kurara, yahagera nyiri hoteli akamuzamuriraho ibiciro.

Yakomeje ati “Abantu bakwiye gukora bakunguka muri iyi nama, ariko nanone bagasiga izina ryiza mu Rwanda.”

Mu gihe u Rwanda rukomeje kwitabira CHOGM ariko, hari icyorezo cya Coronavirus gikomeje kwibasira Isi, ku buryo inama nini zikomeje gusubikwa kimwe n’ibindi bikorwa bihuza abantu benshi.

Akamanzi yavuze ko bahisemo gukomeza imyiteguro, ariko banakurikiranira hafi uko iki cyorezo gihagaze, icyemezo cya nyuma kikazafatwa hagati muri Mata nyuma yo gusesengura uburemere bw’icyo cyorezo.

Rwiyemezamirimo Zulfat Mukarubega, yavuze ko aya ari amahirwe akomeye ku bikorera, ariko hanakenewe ko n’abandi bazatanga serivisi muri iyi nama nk’abatwara bagenzi baba abamotari cyangwa taxi, baganirizwa bakamenya uko bazafata abashyitsi, bakanabasha kugaragaza isura nyayo y’igihugu.

Umuyobozi w’Ubunyamabanga burimo gutegura inama ya Commonwealth, Alphonsine Mirembe, yijeje ko inzego bireba zizahugurwa mu gihe gito kiri imbere, ku buryo imyiteguro ikomeje kugenda neza

Ati “Coronavirus nitatuvangira, twiteguye ko tuzaba twiteguye neza.”

Akamanzi yanavuze ko hari gahunda yateguwe yo kwigisha abantu batandukanye uburyo bashyikirana n’umuntu bashaka guha serivisi mu Cyongereza.

Src: IGIHE

2020-03-13
Editorial

IZINDI NKURU

RRA yongereye ukwezi ku gihe cyo kwishyura imisoro

RRA yongereye ukwezi ku gihe cyo kwishyura imisoro

Editorial 31 Jan 2020
80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

Editorial 20 Jun 2018
Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Editorial 29 Apr 2018
Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Editorial 23 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Dr Sam Ruvuma yatawe muri yombi akekwaho uruhare mu gucyura ku ngufu  impunzi z’Abanyarwanda
ITOHOZA

Uganda: Dr Sam Ruvuma yatawe muri yombi akekwaho uruhare mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Editorial 19 Dec 2017
Itangazo ry’Ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 06 Werurwe 2020
INKURU NYAMUKURU

Itangazo ry’Ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 06 Werurwe 2020

Editorial 07 Mar 2020
RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo
POLITIKI

RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo

Editorial 23 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru