• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»U Rwanda rwungutse sitasiyo ebyiri zizakemura ikibazo cy’amashanyarazi muri Kigali na Bugesera

U Rwanda rwungutse sitasiyo ebyiri zizakemura ikibazo cy’amashanyarazi muri Kigali na Bugesera

Editorial 30 Mar 2019 IKORANABUHANGA

U Rwanda rwungutse sitasiyo nto ebyiri z’amashanyarazi, zitezweho kugaburira no gukemura ikibazo cy’umuriro mu Mujyi wa Kigali, mu Karere ka Bugesera no mu tundi duce tuhakikije.

Izi sitasiyo zirimo iya Nzove yubatse mu Karere ka Nyarugenge, ifite ubushobozi bwo gutanga Megawatt 16 n’iya Gahanga mu Karere ka Kicukiro ifite ubwo gutanga Megawatt 19.

Zombi zubatswe mu mushinga watewe inkunga n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi (EU), ukubiye mu masezerano y’amayero miliyoni 23 wasinyanye n’u Rwanda mu 2015, yo gukemura cyane cyane ikibazo cy’amashanyarazi atakara.

Aya mafaranga yakoreshejwe mu kubaka umuyoboro mugari ureshya na kilometero 27 uhuza Jabana, Mont Kigali na Gahanga no gusana sitasiyo za Mont Kigali, Jabana na Birembo.

Hari kandi kubaka izindi nshya zirimo iya Nzove na Gahanga no gukwirakwiza mubazi 8000 zifite ikoranabuhanga rimenya ingano y’amashanyarazi atakara kuri buri gice, na buri muyoboro ushyirwaho utumashini dufasha kuwugabanya.

Izi ebyiri zatashywe kuri uyu 28 Werurwe 2018, imwe imwe yatwaye miliyoni hafi eshatu z’amayero utabariyeho ayubakishijwe umuyoboro uzigezaho amashanyarazi. Ubu mu gihugu hose hari sitasiyo nto 27.

Iya Nzove igaburira ibice bya Nyabugogo n’uduce tuyikikije turimo uruganda rwa Skol, urw’amazi rwa Nzove n’abatuye Shyorongi, mu gihe iya Gahanga igaburira Kicukiro, Bugesera n’ibindi bice.

Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Amb. Gatete Claver, yavuze ko izo sitasiyo zizafasha mu guhaza abaturage amashanyarazi no kugabanya ingano y’atakara mu bice bitandukanye birimo iby’Umujyi wa Kigali, Akarere ka Bugesera, Muhanga na Kamonyi.

Ati “Iya Nzove, izajya itanga umuriro hariya muri Nzove n’ahandi ariko cyane cyane hariya, twari tuhafite uruganda rw’amazi rwa Nzove rwari rufite angana na metero kibe ibihumbi 80 ariko yose ntashobore kugera ku bantu kuko atagiraga umuriro uhagije wayazamura.”

Yakomeje agira ati “Shyorongi n’ibindi bice bagiye kubona umuriro uhagije, ubundi wabaga ari mucye kuko waturukaga kure ukahagera nta mbaraga nyinshi ufite. Iyi [Sitasiyo] ya Gahanga naho twari dufite ikibazo kinini, inganda nka Master Steel n’izindi zikeneye umuriro mwinshi ntiziwubone ariko ubu zatangiye kuwubona.”

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG) igaragaza ko ingano y’amashanyarazi atakara atageze ku baturage yagabanutse ava kuri 21.1% mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2016/17 agera kuri 19.1% mu wa 2017/18 ndetse intego ni ukugabanya 1% buri mwaka.

Umuyobozi uhagarariye EU mu Rwanda, Amb. Nicola Bellomo, yavuze ko bishimira intambwe u Rwanda rutera mu gukwirakwiza amashanyarazi, by’umwihariko mu kugabanya atakara kuko ari nayo ntego y’iyo nkunga.

Ati “Intego z’iyo mishinga zirasobanutse, ni ukunoza ubuziranenge bw’amashanyarazi ahabwa abanya-Kigali no gufasha inganda zihari gutera imbere. Kigali ikeneye amashanyazi menshi, aboneka neza kandi ahendutse kandi ni bimwe uyu mushinga uzakemura.”

Guverinoma y’u Rwanda ifite intego ko buri munyarwanda azaba afite amashanyarazi bitarenze 2024.

Impuzandengo y’abayafite iheruka gutangazwa muri Gashyantare 2019 igaragaza ari 51% barimo 37% bafatira ku muyoboro mugari. Icyo gihe u Rwanda rwari rufite ubushobozi bwo gutanga amashanyarazi angana na Megawatt 221.1

Minisitiri Gatete na Ambasaderi Bellomo bafungura sitasiyo y’amashanyarazi

Sitasiyo ya Gahanga izagaburira Kicukiro, Bugesera n’utundi duce

Sitasiyo ya Nzove izagaburira Nyabugogo n’ibindi bice bihegereye

Src : Igihe

2019-03-30
Editorial

IZINDI NKURU

Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Editorial 15 May 2019
RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

Editorial 19 Nov 2018
Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Editorial 13 Apr 2020
U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe

U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe

Editorial 02 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Amerika baragaragaza impamvu u Bufaransa bugomba kuba  bwaragize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

Muri Amerika baragaragaza impamvu u Bufaransa bugomba kuba  bwaragize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 15 Dec 2017
Iki noneho si ikinyoma, ni ikinamico. Nyuma y’iminsi isaga 300 ageze mu Rwanda, abo kwa Rusesabagina badukanye amatakirangoyi ko ngo yakorewe iyicarubozo!
Amakuru

Iki noneho si ikinyoma, ni ikinamico. Nyuma y’iminsi isaga 300 ageze mu Rwanda, abo kwa Rusesabagina badukanye amatakirangoyi ko ngo yakorewe iyicarubozo!

Editorial 31 May 2021
Amateka akomeye y’umusirikare w’umugore wafotowe ateruye umwana mu kubohora igihugu
ITOHOZA

Amateka akomeye y’umusirikare w’umugore wafotowe ateruye umwana mu kubohora igihugu

Editorial 04 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru