• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda

Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda

Editorial 17 Apr 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Tribert Rujugiro Ayabatwa, umucuruzi w’umunyarwanda wahunze akaba m’umutwe w’iterabwoba wa RNC uhora mu bikorwa bihungabanya umutekano w’u Rwanda, yagaragaye muri raporo nshya igaragaza uburyo ubucuruzi butemewe muri Afurika y’iburasirazuba butera inkunga ubuhezanguni, bugatera inkunga ibikorwa by’ubugizi bwa nabi budasize na Ruswa.

RNC iyobowe na Kayumba Nyamwasa ubarizwa muri Afurika y’Epfo, ni umutwe w’iterabwoba wari inyuma y’ibitero bya grenade byahitanye abantu mu murwa mukuru w’u Rwanda, Kigali, hagati ya 2010 na 2013. Rujugiro, umucuruzi utarishuraga imisoro uko bikwiye, yavuye mu Rwanda mu 2010 nyuma y’ibibazo bitandukanye harimo kutishyura imisoro ndetse adasize na za ruswa.

Rujugiro kandi aravugwaho mu kwihisha inyuma y’ibikorwa bitemewe birimo no gucuruza ibiyobyabwenge bidasigana n’Itabi ahinga, mu karere, “Iyi raporo ikaba yaragarutse ku iIsano riri hagati y’ubutagondwa n’ubucuruzi butemewe muri Afurika y’iburasirazuba.
Raporo ivuga ko ku isi hose, imitwe y’intagondwa zifite kandi zikomeje kungukira mu bucuruzi butemewe burimo n’ibiyobyabwenge. Raporo ivuga ko iyo shusho igaragara no muri Afurika y’Iburasirazuba no mu turere tuyikikije, aho wasangaga itabi ritemewe ritera inkunga imitwe y’inyeshyamba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), ari nako ibikorwa bya ruswa mu karere kose ikomeje kuzamuka.

Rujugiro asanzwe azwiho icyaha cyo kunyereza imisoro akaba yaranagejejwe imbere y’urukiko rwo muri Afurika y’Epfo mu mwaka wa 2009, ashinjwa kandi “gutera inkunga imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda.” Muri Uganda, Rujugiro ni nyir’uruganda rukora itabi hamwe akaba afatanyije na murumuna wa Perezida Yoweri Museveni, Caleb Akandwanaho uzwi nka Salim Saleh, wahawe imigabane ingana na 15% muri sosiyete kandi yemera kurinda umutungo wa Rujugiro muri Uganda.
Muri Afurika y’Iburasirazuba, itabi ritemewe ritwara leta miliyoni 100 z’amadolari y’imisoro buri mwaka. Isosiyete ya Rujugiro muri Uganda igamije kwimika RNC ngo iganze mu bugande, mu ntego zabo zo guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Mu mwaka w’Ukuboza 2018 raporo y’umuryango w’abibumbye igaragaza Rujugiro na P5, RNC na FDLR ikanerekano isano rya hafi hagati ya Rujugiro n’ubutegetsi bwo muri Uganda no mu Burundi

RNC isanzwe ari umutwe w’iterabwoba ufite ibirindiro muri Kongo na Uganda, washinzwe n’abatavuga rumwe n’u Rwanda mu mwaka wa 2010 kugira ngo bahirike burundu guverinoma y’u Rwanda yashyizweho n’abaturage. Mu mwaka wa 2012, Mastermind Tobacco Kenya yatanze ikirego kirega Leaf Tobacco and Commodities (LTC), ishami rya PTG, ishinja isosiyete ya Rujugiro kuba yariganye ikirango cyayo cyamamaza Supermatch, kandi ikagurisha iryo tabi ku giciro gihendutse ku isoko rya Kenya.

Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda ukomeje kuzamba guhera 2017 nyuma yahoo bigaragariye ko Uganda ifasha imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda. Uganda ikomeje gushyigikira iyinjizwa ry’abarwanyi cyane cyane mu gufata Abanyarwanda berekeza muri Uganda no kubahatira kujya mu mitwe yitwaje intwaro ugamije guteza intambara mu Rwanda.

Iyi Raporo irasaba kandi ko hajyaho ingamba zubahiriza amategeko hagamijwe gukumira ubucuruzi butemewe no gufata ababukoze itibagiwe gushyiraho uburyo bwo kugenzura kugirango hubahirizwe amabwiriza agenga inganda n’isoko kugirango hirindwe umusaruro n’ikwirakwizwa ry’ibicuruzwa bitemewe.

2021-04-17
Editorial

IZINDI NKURU

Ikibazo cye kiroroshye, yumvaga ko adakorwaho- Perezida Kagame avuga kuri Ingabire  na Diane Rwigara

Ikibazo cye kiroroshye, yumvaga ko adakorwaho- Perezida Kagame avuga kuri Ingabire na Diane Rwigara

Editorial 13 Nov 2018
‘U Rwanda  nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

‘U Rwanda nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

Editorial 29 Mar 2017
Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

Administrator 08 Nov 2025
Mu gihe USA ikangurira ibindi bihugu  demokarasi no guca igihano cy’urupfu, yo iracyagikatira abaturage bayo.

Mu gihe USA ikangurira ibindi bihugu demokarasi no guca igihano cy’urupfu, yo iracyagikatira abaturage bayo.

Editorial 06 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus
Amakuru

Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus

Editorial 10 Dec 2020
Areruya Joseph na Team Rwanda bongeye kwakirwa nk’intwari nyuma yo kwegukana Tour de l’Espoir
IMIKINO

Areruya Joseph na Team Rwanda bongeye kwakirwa nk’intwari nyuma yo kwegukana Tour de l’Espoir

Editorial 06 Feb 2018
Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup
Amakuru

Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup

Editorial 13 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru