• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa

Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa

Editorial 13 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Harerimana Jean Paul ni umunyarwanda w’imyaka 31 uvuka mu Ntara y’Iburengerazuba mu Karere ka Nyamasheke, Umurenge wa Karambi mu Kagari ka Gasovu.

Ni umwe mu banyarwanda bisanze mu gisirikare cy’umutwe urwanya Leta y’u Rwanda wa RNC, ahabwa imyitozo amezi abiri akuwe mu gihugu cya Uganda.

Harerimana yagiye muri Uganda tariki 28 Mutarama 2019 agiye gusura bashiki be bo kwa se wabo batuye i Muwembe, birangira yisanze mu ngabo za Rudi z’umugabo bakunda kwita Jean Michel, ariko bikaba byari ukujijisha kuko ngo zari iza RNC ya Kayumba Nyamwasa. [ Reba Video ] Abatawe muri yombi.

Ikibigaragaza ngo ni uko mu bari baziyoboye harimo Kayumba Rugema mwishywa wa Kayumba Nyamwasa. Muri izi ngabo ngo Rugema afite ipeti rya Colonel mu gihe yavuye mu ngabo z’u Rwanda akiri ku ipeti rya Caporal.

Rugema Kayumba wari Caporal.

Harerimana asobanura uburyo yaje kwisanga muri izo ngabo yagize ati “Naragiye ndabasura igihe cyo kugaruka cyegereje nza kumva ko imipaka ifunze mu mpera z’ukwezi kwa Kabiri, nibwo umuntu w’umuturanyi yambwiraga ko afite ahantu acukura amabuye y’agaciro ngo mu gihe ntegereje ko imipaka ifungurwa naba ngiyeyo nkaba nkora. Nagiyeyo nsanga ibyo yari anjyaniye si byo ahubwo nisanze ndi mu mahugurwa ya gisirikare mu gihugu cya Congo aho bita ku Kabindi muri Rutshuru.”

Harerimana yageze muri Congo muri Werurwe uyu mwaka, atangira guhabwa imyitozo ya gisirikare ku gahato amezi abiri ashize bajyanwa mu birindiro ari naho yaje gutorokera.

Imyitozo yakozwe n’abantu 75, barimo abanyarwanda, abanye-Congo n’abanya-Uganda.

Ati “Batubwiraga ko ari igisirikare cya Rudi gifite intego yo kujya kubohora abanyarwanda.”

Ngo batozwaga n’abantu bavuga Igifaransa, abandi bakabasemurira mu Kinyarwanda.

Ngo intego y’icyo gisirikare, bababwiraga ako ari iyo kuza gukuraho ubutegetsi mu Rwanda.

Ati “Ngo icyo gisirikare cyari kigamije kuza gukuraho ubutegetsi bwabohoje abanyarwanda. Abandi bakundaga kutuganiriza ni abatwigishaga amategeko ya gisirikare ngo nabo bahoze mu ngabo z’u Rwanda.”

Yatorokeye muri Uganda arafungwa

Harerimana avuga ko ibirindiro byabo byari hafi y’umupaka wa Uganda na Congo. Aho yaje kuhagirira igitekerezo cyo gutoroka akagaruka iwabo.

Ubwo bari barangije imyitozo ntabwo bahise bahabwa imbunda ahubwo zahawe batanu bari bashinzwe kubarinda gusa, abandi bagenda babakwirakwiza mu matsinda atandukanye, babasezeranya kuzabaha imbunda nyuma.

Byaramworoheye gutoroka kuko abari bafite imbunda bashobora kumurasa bari bake, byongeye akaba yari afite umuturage wamwemereye kumufasha gutoroka.
Ati “Naragiye nitanga mu nkambi iri ku mupaka wa Congo na Uganda ikunda kwakira impunzi z’abakongomani, sinzi uko byagenze mbona bahise bahamagara abasirikare ba Uganda gusa nkaba nari mfite gahunda yo gufata moto ikangeza Kisoro kuko wa muturage watumye ntoroka yari yambwiye ko ningera Kisoro kwambuka biri bunyorohere.”

Ageze aho ku mupaka, abasirikare ba Uganda baramufashe bamujyana ku kigo cya gisirikare cya Bwindi, bakomeza kumuzengurutsa mu bigo bya gisirikare kugeza ubwo bamujyanaga kumufungira ku cyicaro gikuru cy’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare, CMI.

Harerimana avuga ko aho yahakubitiwe cyane we n’abandi banyarwanda babaga bafunganywe.

Ati “Mu gufungwa nta kintu na kimwe bigeze banshinja kuko nta dosiye bigeze bankorera ahubwo babyukaga badukubita ngo nuko turi abanyarwanda. Ubu mfite ikibazo cy’amatwi ntabwo acyumva neza kubera inkoni nakubitiwe muri gereza ya CMI i Kampala.”

Harerimana yarekuwe kuri uyu wa Kane, we n’abandi banyarwanda 31 bapakirwa imodoka irabazana ibashyira ku mupaka wa Kagitumba ugabanya u Rwanda na Uganda mu Karere ka Nyagatare.

Yavuze ko muri CMI asizemo abandi banyarwanda babiri bakoranye imyitozo ya gisirikare. Abo bagabo ngo yari yasize ababwiye uburyo bazatoroka igisirikare, atungurwa no kubona babamusangishije muri gereza ya CMI.

Harerimana abaye ikindi gihamya cyemeza ko muri Uganda hari abarwanashyaka ba RNC bakorana n’ubutegetsi bw’icyo gihugu mu guhatira abanyarwanda kujya mu bikorwa birwanya Leta y’u Rwanda, ubyanze agatotezwa.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko abanyarwanda basaga igihumbi bari mu nzu z’ibanga no muri gereza za Uganda, batotezwa kandi nta cyaha bakoze, ntibanahabwe amahirwe yo kugezwa mu butabera.

Ibihugu byombi biherutse gusinyana amasezerano y’ubufatanye agamije guhosha umwuka mubi ugamije kubangamirana, ariko kugeza ubu nta musaruro biratanga kuko abanyarwanda bafungiwe ubusa muri Uganda batararekurwa.

2019-09-13
Editorial

IZINDI NKURU

Havumbuwe umugambi w’u Burundi na Uganda wo guhungabanya u Rwanda

Havumbuwe umugambi w’u Burundi na Uganda wo guhungabanya u Rwanda

Editorial 15 Nov 2018
Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Editorial 08 Jan 2018
Nkurunziza yongeye gusaba Museveni, gutumiza inama yiga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi

Nkurunziza yongeye gusaba Museveni, gutumiza inama yiga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi

Editorial 30 Dec 2018
Rutangungira Rene washimuswe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda byamuviriyemo ubumuga bw’amaboko

Rutangungira Rene washimuswe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda byamuviriyemo ubumuga bw’amaboko

Editorial 07 Nov 2017
Havumbuwe umugambi w’u Burundi na Uganda wo guhungabanya u Rwanda

Havumbuwe umugambi w’u Burundi na Uganda wo guhungabanya u Rwanda

Editorial 15 Nov 2018
Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Editorial 08 Jan 2018
Nkurunziza yongeye gusaba Museveni, gutumiza inama yiga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi

Nkurunziza yongeye gusaba Museveni, gutumiza inama yiga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi

Editorial 30 Dec 2018
Rutangungira Rene washimuswe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda byamuviriyemo ubumuga bw’amaboko

Rutangungira Rene washimuswe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda byamuviriyemo ubumuga bw’amaboko

Editorial 07 Nov 2017
Havumbuwe umugambi w’u Burundi na Uganda wo guhungabanya u Rwanda

Havumbuwe umugambi w’u Burundi na Uganda wo guhungabanya u Rwanda

Editorial 15 Nov 2018
Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Editorial 08 Jan 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru