• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Editorial 21 Sep 2016 Mu Mahanga

Urukundo ni ikintu gikomeye, cyiza, kivugwa kandi buri muntu agira kabone niyo yaba ari mubi bikabije kuko na Satani agira ibyo akunda. Ikibazo ni ukumenya urukundo rwiza n’urukundo rubi noneho imfura n’abanyabwenge bagakunda kandi bagakora ibyiza. Gukunda igihugu nabyo si ugupfa gukora uko umuntu yishakiye, hari uburyo n’inzira icumi bikorwamo. Dore izo arizo n’uko umuntu azinyuramo no kuzifatamo neza:

Gutunga indangamuntu

Iyo abapolisi cyangwa abashinzwe umutekano haba mu gihugu cyangwa hanze bakubajije bati “Zana ikikuranga cyangwa icyangombwa”, nkuko bamwe bakita usibye ko ntemera iyo mvugo, ukuramo indangamuntu ukayerekana ukumva unezerewe kandi wemye, ibyo bikagaragaza ko uri Umunyarwanda cyangwa umunyagihugu runaka. Ibi bigaragara niyo ugiye ahantu mu mahanga, iyo Atari indangamuntu iba ari pasiporo usibye ko nayo ari indangamuntu. Iyo muri ku mupaka buri wese aba afashe iyerekana igihugu cye, ibyo ni ugukunda igihugu.

Ubundi buryo bwo gukunda igihugu cyawe ni ugukunda abo mu muryango, abo muturanye mu mudugudu n’abanyagihugu muri rusange, mbese gukunda abanyarwanda utitaye cyane kubyo mupfa nibyo mupfana kuko n’ubundi abantu bapfa ibyo basangiye. Iyo umuntu atangiye kureba ngo asenga yunamye cyangwa yambaye ingofero cyangwa abyina n’ubundi buryo bwo gusenga akabigiramo ikibazo aba adakunda igihugu cye. Iyo umuntu atangiye kuvuga ngo iyi ni siporo y’abakire nk’umumotari uherutse kubimbwira antwaye ku cyumweru gishize, aba adakunda igihugu cye. Nizere ko ibyo namwigishije yabyumvise.

Icya gatatu ni ukwiga, kumenya no kwita ku rurimi rw’abanyagihugu, aha ni ukuvuga “Ikinyarwanda” ukacyishimira bitabujije ko wakwiga n’izindi ndimi nk’Igiswahili nk’uko umwanditsi w’iyi nkuru Prof. MALONGA Pacifique yakitangiye kucyigisha no kugiteza imbere.

Icya kane ni ugukunda no guteza imbere umuco, imbyino n’indirimbo nyarwanda. Ibi bivuga kutabirutisha ibyaduka cyangwa ibyo hanze. Natashye ubukwe mbona umugeni abyinnye igishakamba neza nuko yikuza akabyino nyarwanda numva koko akunda igihugu cy’u Rwanda. Umugabo cyangwa umusore w’umunyarwanda ukunda uRwanda ajye yiga ibyivugo byibura agire ati “Ndi rutamira mushogoro rwa ntamushobora, umugabo utagira urugo ntarwanira intebe”.

Icyindi ni ugukunda imitekere cyangwa ibiryo n’ibinyobwa by’u Rwanda n’ikinyarwanda. Ibi ni uburyo bwo gukunda igihugu cyane cyane ko bituma duhinga, tukorora tugateza imbere iby’iwacu kandi ndakurahiye bituma ubuzima n’amagara y’abakoresha indyo n’ibinyobwa nyarwanda baramba.

Icya gatandatu ni ugukunda itegeko nshinga no kuryubahiriza. Iyo umunyarwanda avuga ngo akunda u Rwanda atazi, adakunda itegeko nshinga burya aba ari umubeshyi nubwo yaba adashaka kubeshya kandi haba harimo n’ubuswa, kuko n’intambwe n’uburyo bwo gukunda no kurinda igihugu cyawe.

Uburyo bwa karindwi ni ugukunda abaguhagarariye mu buyobozi, ni ukuvuga abakuyobora bakurikiza kandi bashaka icyaguteza imbere. Aha umuntu ukunda igihugu cye ntabwo apfa gutora nk’umuhango cyangwa yikiza ahubwo umuntu ukunda igihugu cye agomba gutora umunyabwenge kugira ngo atayoborwa n’impumyi kuko hagira aho imugeza cyangwa ngo igire aho igeza igihugu. Injiji, igisambo, igisahiranda, umugome ntaho yageza abe cyangwa abo ayobora n’abamuyobora bamugiraho ibibazo bikomeye.

Kuri iyi ngingo ya karindwi nanjye nawe twubahe kandi dushime Perezida Paul KAGAME kubera yatweretse ko ari indashyikirwa mu buyobozi, tuzamutore twongere tumutore mu rwego rwo gukunda igihugu cyacu cy’u Rwanda.

Uburyo bwa munani bwo gukunda u Rwanda, ni ugutanga imisoro n’amahoro. Ntaburyo wakunda igihugu cyawe utifuza imihanda, amazi, amashanyarazi, utifuza ko abakozi bahembwa. Ibyo byose kugira ngo bikorwe ni uko umuntu wese ukunda igihugu atanga imisoro n’amahoro. Abanyarwanda babeshya imisoro n’amahoro burya iyo bavuze ngo bakunda u Rwanda baba babeshye, kuko nk’umwana w’Umutambyi iyo batanga amaturo n’ikigiracumi mu nsengero ariko ntibatange imisoro n’amahoro baba bakora ubusa badakunda n’u Rwanda kuko Bibiliya iravuga iti “Iby’Uwiteka mubihe Uwiteka, ibya Kayizari mubihe Kayizari”.

Aha ni byiza ko abantu baba abagena imisoro, baba n’abayitanga birinde kuvanga iby’Uwiteka, ibya Kayizari n’ibitunga abana. Sinatinya no kuvuga ko nanjye hari ibyo nkwiye, bazabimpe mu rwego rwo gukunda igihugu.

Uburyo bwa cyenda bwo gukunda u Rwanda nk’umunyarwanda, ni ukuba umuntu ushishoza, ukita ku bibazo, imbogamizi, ibizazane no kutita kubitandukanya abanyarwanda ahubwo umuntu akita kubibahuza kuko abahuje n’abashyize hamwe Imana irabasanga. Nongere nti “Nubundi burya nta muntu umeze nk’undi ahubwo bose bahuzwa no kwegerana ni uko gukunda Rurema, no gukunda u Rwanda, igihugu cyawe.

Uburyo bwa cumi ni ukurinda umutekano w’igihugu cyawe ukoresheje uburyo ushoboye ubwo aribwo bwose. Jyewe nzakoresha ikaramu. Wowe musomyi urabivugaho iki?

“Prof. MALONGA ati ngibyo bisome ugire icyo wibwira”

-4116.jpg


Prof. Pacifique MALONGA
Umwanditsi akaba n’Umunyamakuru wigenga

2016-09-21
Editorial

IZINDI NKURU

Arabia Saoudite Yahambirije Ambasaderi Wa Canada Inahamagaza Uwayo

Arabia Saoudite Yahambirije Ambasaderi Wa Canada Inahamagaza Uwayo

Editorial 06 Aug 2018
Umuvugizi wa FDLR yemeje ko Col Augustin Nshimiyimana yafatiwe mu rusengero

Umuvugizi wa FDLR yemeje ko Col Augustin Nshimiyimana yafatiwe mu rusengero

Editorial 09 Jun 2021
Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zakanguriwe kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zakanguriwe kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Editorial 19 Jun 2016
Ikipe ya APR FC igiye gukina umukino wa gicuti na AS Maniema mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo aho bazakina na na Mogadishu City FC yo muri Somalia

Ikipe ya APR FC igiye gukina umukino wa gicuti na AS Maniema mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo aho bazakina na na Mogadishu City FC yo muri Somalia

Editorial 31 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 08 Dec 2022
Byinshi ku rugendo rwa Wizkid ugomba kurara ageze i Kigali
IMIKINO

Byinshi ku rugendo rwa Wizkid ugomba kurara ageze i Kigali

Editorial 24 Aug 2016
SoftPower  igikoresho cy’abanzi b’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

SoftPower igikoresho cy’abanzi b’u Rwanda

Editorial 12 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru