• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ubushakashatsi bwagaragaje icyuho mu Itangazamakuru ryo mu Rwanda

Ubushakashatsi bwagaragaje icyuho mu Itangazamakuru ryo mu Rwanda

Editorial 26 May 2017 Mu Rwanda

Ubushakashatsi bwakozwe n’ Umuryango Nyarwanda w’abanyamakuru baharanira amahoro, Pax Press, bwagaragaje ko mu Rwanda hari ibibazo bigaragara mu nkuru zitambuka mu binyamakuru, bikagira uruhare mu kwangiza ihame ry’ubunyamwuga bw’abarikora.

Ubwo bushakashatsi bwiswe Media and Policy Making in Rwanda bwari bugamije kureba uburyo Abanyamakuru batangaza inkuru zirebana na gahunda za Leta, imbogamizi bagira, ibibazo birimo n’icyakorwa kugira ngo bikemuke.

Nk’uko ibyavuye muri ubwo bushakashatsi bubigaragaza, 71.2% by’inkuru zitambuka kuri za televiziyo, radio, ibinyamakuru byandika n’ibikorera kuri Internet, ziba zaturutse mu bayobozi bakuru muri guverinoma, 28% zikava ahandi, mu gihe 45.8% zitruka mu nama ziba zabereye mu mujyi wa Kigali.

Ni ubushakashatsi bwakozwe habajijwe inzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’Itangazamakuru zirimo; abanyamakuru ubwabo 238, abayobozi babyo 121, abahagarariye imiryango itegamiye kuri Leta 268, bikorwa kuva muri Nzeri kugeza mu Ugushyingo mu 2016.

Bugaragaza ko 10% mu babajijwe bavuze ko itangazamakuru mu Rwanda rikora kinyamwuga, 37.6% babyemera batabyemeye mu gihe 50.6% babuze ko nta bunyamwuga buhari.

Mu byatangajwe mu binyamakuru 17 byakozweho ubushakashatsi, byagaragaje ko 94.2% batangaza amakuru ya gahunda za Leta, ariko bigaragaza icyuho cy’uko n’ibivamo usanga 51.1% ari izivuga ku byabaye gusa, inkuru zicukumbuye zikaba zikorwa kuri 2.1%, mu gihe inkuru ndende zikorwa hashingiwe ku bintu bihari zikorwa kuri 13.7%.

-6674.jpg

Dr Christopher Kyumba wafashije mu gukora ubushakashatsi

Muri zo kandi 84.9% zishyigikira gahunda za Leta, 6% zikazirwanya, na ho 0.3% zo ntizifite aho zibogamiye.

Ni ibyuho abakoze ubushakashatsi bagaragaza nk’umworera muremure utuma abaturage batagira uruhare mu bibakorerwa dore ko ngo izo nkuru usanga 32.5% ziva mu nama abayobozi bagirana n’Abanyamakuru, 4.2% akaba ari zo ziva mu baturage gusa.

Umuhuzabikorwa wa Pax Press, Twizeyimana Albert Baudouin yavuze ko icyuho kiri mu itangazwa ry’amakuru, gishingiye ku kuba ngo abanyamakuru bagaragara nk’abasinziriye mu gihe gahunda za Leta ziba zikiri gutangira gushyirwaho, ahubwo bikabitangaza gusa mu gihe ziba zatangiye gushyirwa mu bikorwa.

Umushakashatsi akaba n’Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr Kayumba Christopher wayoboye ubwo bushakashatsi yavuze ko hari ibikwiye kubanza kuva mu nzira kugira ngo abanyamakuru bavuge kuri gahunda za Leta dore ko ngo kutazitangaza bigira ingaruka ku muturage.

Yagize ati “ Ingaruka ni uko ibyo abaturage batekereza kuri izo politiki ntibimenyekana, kandi iyo bitamenyekanye no kumenya ibyo politiki ibagenera biba ikibazo. Ikindi ni uko ibivugirwa mu nama ari ibyo abashinzwe politiki bashaka kubabwira, ibyabananiye badakora ntabwo bashobora kubibabwira, ni ukuvuga ko niba utangaza ibyo bakubwiye gusa kuko ntawivuga nabi, ntabwo ibyabo uzabimenya.”

Gusa nubwo itangazamakuru rinengwa kudatangaza inkuru zituruka mu baturage ubu bushakashatsi bugaragaza ko hari aho rimaze kugera ugereranyije n’aho ryavuye mu myaka yashize.

Gusa zimwe mu mpamvu zitungwa agatoki mu gutera ibyo byose zishingiye ahanini ku bukene bw’ibitangazamakuru no kubura amahugurwa ahagije ku barikora, ariko na none hakaba abashinjwa kwinjira mu mwuga batawukoreye inyigo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama Nkuru y’Itangazamakuru mu Rwanda (MHC), Peacemaker Mbungiramihigo yijeje ko Guverinoma y’u Rwanda yiteguye gutanga ubufasha bushoboka kugira ngo itangazamakuru rikorane ubunyamwuga bukwiye.

-6675.jpg


Umuhuzabikorwa wa Pax Press, Twizeyimana Albert Baudouin

Source : Igihe

2017-05-26
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa –Minisitiri Kaboneka

Abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa –Minisitiri Kaboneka

Editorial 27 Apr 2017
Nyuma y’amezi abiri gusa igiciro cya lisansi kizamutseho amafaranga 52

Nyuma y’amezi abiri gusa igiciro cya lisansi kizamutseho amafaranga 52

Editorial 02 Mar 2017
Ntabwo dukeneye abatugirira impuhwe, dukeneye uburenganzira- Jeanne d’Arc Ntigurirwa

Ntabwo dukeneye abatugirira impuhwe, dukeneye uburenganzira- Jeanne d’Arc Ntigurirwa

Editorial 14 Aug 2017
Abapagani bagiye kwamburwa Business zihabwe Abarokore -Dr. APÔTRE GITWAZA

Abapagani bagiye kwamburwa Business zihabwe Abarokore -Dr. APÔTRE GITWAZA

Editorial 12 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abahoze ari abarwanyi ba Rusesabagina Paul bafatiwe ku rugamba muri Kongo bakomeje kugaragaza uruhare rwe mu bikorwa by’iterabwoba mu Rwanda no mu burasizarazuba bwa Kongo
INKURU NYAMUKURU

Abahoze ari abarwanyi ba Rusesabagina Paul bafatiwe ku rugamba muri Kongo bakomeje kugaragaza uruhare rwe mu bikorwa by’iterabwoba mu Rwanda no mu burasizarazuba bwa Kongo

Editorial 17 Jul 2020
U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi
POLITIKI

U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi

Editorial 23 Feb 2016
Ingabire Victoire yemereye RIB ko hari amategeko y’igihugu atari asobanukiwe
ITOHOZA

Ingabire Victoire yemereye RIB ko hari amategeko y’igihugu atari asobanukiwe

Editorial 09 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru