• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Abanyarwanda bakomeje kwegeranya amafaranga yo kubaka urwibutso muri Mpigi

Uganda: Abanyarwanda bakomeje kwegeranya amafaranga yo kubaka urwibutso muri Mpigi

Editorial 10 Apr 2018 Mu Mahanga

Abanyarwanda baba mu gihugu cya Uganda bakomeje gukusanya inkunga y’amafaranga ateganyirijwe kurangiza imirimo yo kubaka Urwibutso rwa jenoside yakorewe Abatutsi ruri kubakwa mu Karere ka Mpigi ruzatwara miliyari 3,7 z’Amashilingi.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Maj. Gen. Frank Mugambage akaba atangaza ko iki ari igitekerezo bagize mu rwego rwo gukomeza kuzirikana inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ibi ambasaderi Mugambage akaba yarabitangaje mu mpera z’icyumweru gishize ubwo Abanyarwanda baba muri Uganda batangiraga ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Maj. Gen Mugambage yavuze ko uru rwibutso ruzifashishwa nk’ikigo cy’inyigisho zigamije gusakaza ubutumwa bwo kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, no kuyihakana.

Uru rwibutso ruri kubakwa rusanga izindi nzibutso nk’uri Kasensero mu Karere ka Rakai ndetse n’urwa Lambu ruri mu Karere ka Masaka nk’uko iyi nkuru dukesha New Vision ikomeza ivuga.

Ni urwibutso ruzaba rurimo amafoto y’abazize jenoside, imyambaro ishaje ndetse rurimo n’amateka y’u Rwanda.

Ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihugu cya Uganda bikaba byaratangirijwe kuwa 07 Mata I Entebbe byitabiriwe n’abahagarariye guverinoma, abadipolomate n’Abanyarwanda.

Kuwa 11 mata muri Kaminuza ya Livingstone mu Karere ka Mbale, hateganyijwe ijoro ryo kwibuka rizitabirwa n’urubyiruko ruzaba riwgishwa ububi bwa jenoside, naho kuwa 14 Mata hazabe ikiganiro mbwirwaruhame muri Kaminuza Mpuzahanga ya Kampala muri campus ya Bushenyi, hazabeho ikindi kuwa 20 Mata kuri kaminuza yitiriwe Mutagatifu Lawrence ahitwa Mengo.

Kuwa 21 Mata, hazashyirwa indabyo ku rwibutso rwa Kasensero mu Karere ka Rakai ahashyinguye imibiri y’abazize jenoside yakorewe Abatutsi.

Ambasaderi Mugambage yibukije ko jenoside itatewe n’ihanurwa ry’indege nk’uko bamwe babivuga mu itangazamakuru.

Ati: “Jenoside ntibaho itunguranye, ni muvoma itegurwa yibasira ubwoko cyangwa itsinda ry’ubwoko ryihariye. Jenoside yo mu 1994 yabaye nyuma y’ibikorwa byari byaranabaye mu 1959, 1963 no mu 1973.”

Yakomeje asobanura ko jenoside itegurwa mu byiciro nko kubanza kwaka abantu ubumuntu, aho abishwe bafatwaga nk’ibimenyetso kandi badakwiye kubaho.

2018-04-10
Editorial

IZINDI NKURU

Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi, Smaragde Mbonyintege aritana bamwana na IBUKA na Tom Ndahiro

Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi, Smaragde Mbonyintege aritana bamwana na IBUKA na Tom Ndahiro

Editorial 30 Jun 2016
Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera

Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera

Editorial 06 Jan 2017
Abayoboke ba PL  bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Abayoboke ba PL bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Editorial 16 Jul 2016
Happy 27th Wedding Anniversary

Happy 27th Wedding Anniversary

Editorial 10 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Benin: Umuhanzi Bikindi Simon waririmbye indirimbo “Nanga Abahutu” yitabye Imana
Mu Mahanga

Benin: Umuhanzi Bikindi Simon waririmbye indirimbo “Nanga Abahutu” yitabye Imana

Editorial 16 Dec 2018
Maj.Gatarayiha na The Rwandan ni nde uvugisha ukuri ?
INKURU NYAMUKURU

Maj.Gatarayiha na The Rwandan ni nde uvugisha ukuri ?

Editorial 05 May 2018
RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru
UBUKERARUGENDO

RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru

Editorial 29 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru