• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Igipolisi cyafunze ibiro by’ ikinyamakuru Red Pepper nyuma yo gutangaza amabanga ya leta

Uganda: Igipolisi cyafunze ibiro by’ ikinyamakuru Red Pepper nyuma yo gutangaza amabanga ya leta

Editorial 21 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Kuri iki gicamunsi cyo ku wa kabiri tariki ya 21 Ugushyingo 2017, igipolisi cya Uganda kimaze gufunga ibiro by’ikinyamakuru cya Uganda Red Pepper kubera inkuru yasohotse mu kinyamakuru Rushyashya cyo mu Rwanda kiyiziza gutangaza mu cyongereza inkuru cyakuye muri Rushyashya.

Amakuru aturuka I Kampala atugezeho nonaha avuga ko polisi iyobowe na komanda w’igipolisi cy’umujyi wa Kampala CP Franck Mwesigwa ari we wayoboye iki gikorwa cy’iterabwoba cyo gusaka no gufunga ibiro na bamwe mu bakozi ba Red Pepper.

Polisi igota inyubako Red Pepper ikoreramo

Icyo gikorwa cyakozwe na polisi ishinzwe kurwanya iterabwoba (counter terrorism unit) cyasanze abanyamakuru n’abayobozi ba Red Pepper bari mu nama y’ubwanditsi (editorial meeting) gikusanya ibikoresho byose birimo mudasobwa, telefoni, Ipad, n’inyandiko zose zirebana n’ikinyamakuru cya Red Pepper cyasohotse kuri uyu  wambere tariki  20 Ugushyingo, inkuru nyamukura ivuga ku migambi ya leta ya Uganda yo gushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Iyi nkuru yari ifitanye isano niyasotse muri Rushyashya yitwa “Iryavuzwe Riratashye :Uganda Ibaye Indiri Y’abanzi B’u Rwanda”

Amwe mu magambo yari ari muri iyi nkuru yacu avuga ko mu minsi ishize Perezida Museveni yagiranye ibiganiro byihariye n’umujenerali w’umufaransa bava Entebbe State House bajya guhurira Kisozi muri Gomba, iyo nama y’ibanga yarimo Gen (Rtd) Henry Tumukunde na Gen Salim Saleh (Caleb Akandwanaho). Aya makuru avuga ko iyi nama yari iyo kureba uko ingabo z’ubufaransa zakwegera gato  hafi y’umupaka  w’u Rwanda.

Inkuru nyirabayazana yo gufungwa kwa Red Pepper

Polisi ya Uganda yifashishije urwandiko rw’urukiko rwa Kampala muri Uganda rwashyizwe hanze uyu munsi tariki ya 21 ugushyingo 2017 rwahaga uruhushya rwo gusaka no gufatira ibikoresho by’ikinyamakuru n’abakozi ba Red Pepper yahageze ihita ifunga imiryango y’ibiro bya Red pepper itangira gusaka ndetse inafunga abakozi bose b’ikinyamakuru.

Muri 2013, leta ya Uganda nabwo yafunze iminsi 11 iki kinyamakuru nyuma yaho gisohoreye ibaruwa ya Gen David Sejusa, wahoze ayobora urwego rw’ iperereza muri Uganda, agaragaza imigambi yo kwica abatavuga rumwe na leta ndetse n’umuryango wa Museveni.

Turakomeza kubakurikiranira ibya Red Pepper

Ubwanditsi

2017-11-21
Editorial

IZINDI NKURU

Gen. Salim Saleh na Rujugiro Tribert Inyuma Y’ibibazo Byose Gen. Kayihura n’umuryango we barimo

Gen. Salim Saleh na Rujugiro Tribert Inyuma Y’ibibazo Byose Gen. Kayihura n’umuryango we barimo

Editorial 17 Jun 2018
Ni iyihe mpamvu yari gutuma tubuza Katumbi kwinjira mu Rwanda?-Perezida Kagame

Ni iyihe mpamvu yari gutuma tubuza Katumbi kwinjira mu Rwanda?-Perezida Kagame

Editorial 12 Jun 2018
RDC: Inyeshyamba za FDLR zirashinjwa gushimuta abaturage 13 zibasanze mu mirima

RDC: Inyeshyamba za FDLR zirashinjwa gushimuta abaturage 13 zibasanze mu mirima

Editorial 15 Jun 2018
U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

Editorial 10 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Habaye imyigaragambyo yo kwamagana ONU n’u Bufaransa
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Habaye imyigaragambyo yo kwamagana ONU n’u Bufaransa

Editorial 03 Jun 2018
Uhagarariye Ndayishimiye I Kinshasa afitanye amateka yihariye na FDLR guhera mbere ya 2010
Amakuru

Uhagarariye Ndayishimiye I Kinshasa afitanye amateka yihariye na FDLR guhera mbere ya 2010

Administrator 17 Nov 2025
Menya abakandida bahatanira kuyobora u Rwanda
POLITIKI

Menya abakandida bahatanira kuyobora u Rwanda

Editorial 14 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru