• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Ikinyamakuru cyashinje Gen. Kayihura kwica Andrew Kaweesi kiri mu mazi abira

Uganda: Ikinyamakuru cyashinje Gen. Kayihura kwica Andrew Kaweesi kiri mu mazi abira

Editorial 05 Nov 2018 Mu Mahanga

Ikinyamakuru ‘New Vision’ cyo muri Uganda kigiye gukurikiranwa mu mategeko nyuma y’uruhererekane rw’inkuru cyagiye cyandika kuri Gen. kale Kayihura zimushinja kugira uruhare mu rupfu rw’uwari umuvigizi w’Igipolisi cya Uganda, Andrew Felix Kaweesi.

Muri Werurwe 2017, nibwo Assistant Inspector General of Police (AIGP) Andrew Felix Kaweesi, wari Umuvugizi wa Polisi muri Uganda yicanwe n’umushoferi we ndetse n’uwari ushinzwe kumurinda. Nyuma y’urupfu rwe, Gen Kayihura wayoboraga Polisi, yagiye ashinjwa urupfu rwe ndetse anasabwa ibisobanuro kuri rwo.

Mu mwaka ushize ubwo yashinjjwaga kubigiramo uruhare, aganira na Chimpreports Kayihura yagize ati “Kuki nari kwica Kaweesi? Kubera iki?, njyewe? Gen Kale? Nubwo muntera (itangazamakuru) ibyondo ntibizamfataho. Kubera ko ndi inzirakarengane cyane”.

Ikinyamakuru ‘New Vision’ cya Leta ya Uganda cyagiye gisohora inkuru zishinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi, ariko umunsi yagezwaga mu rukiko mu byaha yashinjwe iki ntabwo kigeze kigaragaramo.

Kayihura utemerewe kurenga umujyi wa Kampala atabiherewe uburenganzira, kubera ibyaha bitatu ashinjwa ‘kunanirwa kurinda ibikoresho by’intambara(imbunda), kunanirwa kugenzura imbunda zahawe umutwe wa Flying Squad w’igipolisi n’umutwe w’ubugenzacyaha wa polisi hagati ya 2010 na 2018 no kugira uruhare mu ishimuta no gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda hagati ya 2012 na 2016’; ubwo yagezwaga mu rukiko ntabwo yigeze ashinjwa icyo kwica Kaweesi.

Abamwunganira mu by’amategeko bibumbiye mu rugaga rw’Abavoka KAA (Kampala Associated Advocates), batangaza ko Kayihura yifuza ko iki kinyamakuru cyamushinje ubwicanyi kimusaba imbabazi, kikanyomoza inkuru cyagiye kimwandikaho by’umwihariko kikanamwishyura ibihumbi 300 by’amashilingi ya Uganda kuri buri nkuru y’indishyi z’akababaro.

Nk’uko Chimpreports ibitangaza, ngo mu cyumweru gishize New Vision yasohoye inkuru mu bice bitatu zigaruka ku rupfu rwa Kaweesi, by’ubwihariko kikarugereka kuri Kayihura. Abunganizi be bakaba bavuga ko kimwe n’izindi cyatangaje mbere atari iz’ukuri.

Abatangaga ubuhamya mu nkuru cyasohoye bavuga ko bashinja Kayihura, ngo bitangarije ubwabo ko babikoreshejwe ku gahato ndetse ngo banacurirwa ibimenyetso byo kumushinja.

Ibiganiro byo kuri Telefoni ngo New Vision yatangaje ko aribyo kayihura yagiye agirana n’abishe Kaweesi ubwo bari basoje misiyo, byagaragaye ko nabyo ari ibicurano, mu gihe bigaragara ko Kayihura atigeze yakira izo telefoni zivugwa.

Aba banyamategeko bavuga ko inkuru zose iki kinyamakuru cyagiye cyandika kuri Kayihura zamugizeho ingaruka mu gihe hari ibindi binyamakuru byagiye bizikoresha nka Sunday Vision, Bukedde, Saturday Vision,… zikwirwakwizwa ku mbuga nkoranyambaga n’abantu benshi, bityo ngo abantu ibihumbi bakaba baragiye bazisoma.

Bagira bati “urukuta rwanyu rwa Twitter ubwarwo rukurikirwa n’abasaga ibihumbi 462, ibyo birego byasomwe n’ibihumbi amajana y’abaturage”.

Ibi byaha byashinjwe Kayihura, ngo byateje akababaro n’ ihungabana ku muryango, inshuti n’abavandimwe, bityo bakaba bategeka iki kinyamakuru ko mu minsi itarenze irindwi kigomba kuba cyarangije kunyomoza inkuru zose cyamwanditseho kimusiga icyasha, kumusaba imbabazi ndetse no kumwishyura ibihumbi 300 by’amashilingi ya Uganda kuri buri nkuru y’indishyi y’akababaro, bitaba ibyo kikagezwa imbere y’ubutabera. Ku ruhande rwa ‘New Vision’ nta kintu bari batangaza kuri ibi bavugwaho.

Gen Kale Kayihura w’imyaka 62 y’amavuko, yahoze ari umuyobozi w’igipolisi cya Uganda, muri Werurwe uyu mwaka nibwo Perezida Museveni yamuvanye kuri uyu mwanya amusimbuza Okoth Ochola. Ku buyobozi bwe hakaba haragiye habaho ubwicanyi bwakorewe abayobozi mu nzego zitandukanye barimo n’uyu AIGP Andrew Kaweesi.

Andrew Kaweesi yishwe ku mwanywa y’ihangu

 

2018-11-05
Editorial

IZINDI NKURU

Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Editorial 25 Oct 2018
Twagiramungu yongoye guta ibaba avugira umuzunguzayi amwita intungane

Twagiramungu yongoye guta ibaba avugira umuzunguzayi amwita intungane

Editorial 17 May 2016
Padiri Mutarambirwa Athanase na Sheikh MVUYEKURE Swaib wahoze ayobora Abayisiramu mu Ntara y’Uburengerazuba, ni bamwe mu banyamadini bakorana na INGABIRE Victoire mu gukusanya amafaranga yo kohereza FDLR

Padiri Mutarambirwa Athanase na Sheikh MVUYEKURE Swaib wahoze ayobora Abayisiramu mu Ntara y’Uburengerazuba, ni bamwe mu banyamadini bakorana na INGABIRE Victoire mu gukusanya amafaranga yo kohereza FDLR

Editorial 26 Oct 2021
Tombola ya 1/4 cya CAF Champions League yasize Simba izakina na Kaizer Chief naho muri CAF Confederations Cup Orlando Pirates izakine na Raja Cassablanca

Tombola ya 1/4 cya CAF Champions League yasize Simba izakina na Kaizer Chief naho muri CAF Confederations Cup Orlando Pirates izakine na Raja Cassablanca

Editorial 30 Apr 2021
Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Editorial 25 Oct 2018
Twagiramungu yongoye guta ibaba avugira umuzunguzayi amwita intungane

Twagiramungu yongoye guta ibaba avugira umuzunguzayi amwita intungane

Editorial 17 May 2016
Padiri Mutarambirwa Athanase na Sheikh MVUYEKURE Swaib wahoze ayobora Abayisiramu mu Ntara y’Uburengerazuba, ni bamwe mu banyamadini bakorana na INGABIRE Victoire mu gukusanya amafaranga yo kohereza FDLR

Padiri Mutarambirwa Athanase na Sheikh MVUYEKURE Swaib wahoze ayobora Abayisiramu mu Ntara y’Uburengerazuba, ni bamwe mu banyamadini bakorana na INGABIRE Victoire mu gukusanya amafaranga yo kohereza FDLR

Editorial 26 Oct 2021
Tombola ya 1/4 cya CAF Champions League yasize Simba izakina na Kaizer Chief naho muri CAF Confederations Cup Orlando Pirates izakine na Raja Cassablanca

Tombola ya 1/4 cya CAF Champions League yasize Simba izakina na Kaizer Chief naho muri CAF Confederations Cup Orlando Pirates izakine na Raja Cassablanca

Editorial 30 Apr 2021
Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Editorial 25 Oct 2018
Twagiramungu yongoye guta ibaba avugira umuzunguzayi amwita intungane

Twagiramungu yongoye guta ibaba avugira umuzunguzayi amwita intungane

Editorial 17 May 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru