• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Ikinyamakuru cyashinje Gen. Kayihura kwica Andrew Kaweesi kiri mu mazi abira

Uganda: Ikinyamakuru cyashinje Gen. Kayihura kwica Andrew Kaweesi kiri mu mazi abira

Editorial 05 Nov 2018 Mu Mahanga

Ikinyamakuru ‘New Vision’ cyo muri Uganda kigiye gukurikiranwa mu mategeko nyuma y’uruhererekane rw’inkuru cyagiye cyandika kuri Gen. kale Kayihura zimushinja kugira uruhare mu rupfu rw’uwari umuvigizi w’Igipolisi cya Uganda, Andrew Felix Kaweesi.

Muri Werurwe 2017, nibwo Assistant Inspector General of Police (AIGP) Andrew Felix Kaweesi, wari Umuvugizi wa Polisi muri Uganda yicanwe n’umushoferi we ndetse n’uwari ushinzwe kumurinda. Nyuma y’urupfu rwe, Gen Kayihura wayoboraga Polisi, yagiye ashinjwa urupfu rwe ndetse anasabwa ibisobanuro kuri rwo.

Mu mwaka ushize ubwo yashinjjwaga kubigiramo uruhare, aganira na Chimpreports Kayihura yagize ati “Kuki nari kwica Kaweesi? Kubera iki?, njyewe? Gen Kale? Nubwo muntera (itangazamakuru) ibyondo ntibizamfataho. Kubera ko ndi inzirakarengane cyane”.

Ikinyamakuru ‘New Vision’ cya Leta ya Uganda cyagiye gisohora inkuru zishinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi, ariko umunsi yagezwaga mu rukiko mu byaha yashinjwe iki ntabwo kigeze kigaragaramo.

Kayihura utemerewe kurenga umujyi wa Kampala atabiherewe uburenganzira, kubera ibyaha bitatu ashinjwa ‘kunanirwa kurinda ibikoresho by’intambara(imbunda), kunanirwa kugenzura imbunda zahawe umutwe wa Flying Squad w’igipolisi n’umutwe w’ubugenzacyaha wa polisi hagati ya 2010 na 2018 no kugira uruhare mu ishimuta no gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda hagati ya 2012 na 2016’; ubwo yagezwaga mu rukiko ntabwo yigeze ashinjwa icyo kwica Kaweesi.

Abamwunganira mu by’amategeko bibumbiye mu rugaga rw’Abavoka KAA (Kampala Associated Advocates), batangaza ko Kayihura yifuza ko iki kinyamakuru cyamushinje ubwicanyi kimusaba imbabazi, kikanyomoza inkuru cyagiye kimwandikaho by’umwihariko kikanamwishyura ibihumbi 300 by’amashilingi ya Uganda kuri buri nkuru y’indishyi z’akababaro.

Nk’uko Chimpreports ibitangaza, ngo mu cyumweru gishize New Vision yasohoye inkuru mu bice bitatu zigaruka ku rupfu rwa Kaweesi, by’ubwihariko kikarugereka kuri Kayihura. Abunganizi be bakaba bavuga ko kimwe n’izindi cyatangaje mbere atari iz’ukuri.

Abatangaga ubuhamya mu nkuru cyasohoye bavuga ko bashinja Kayihura, ngo bitangarije ubwabo ko babikoreshejwe ku gahato ndetse ngo banacurirwa ibimenyetso byo kumushinja.

Ibiganiro byo kuri Telefoni ngo New Vision yatangaje ko aribyo kayihura yagiye agirana n’abishe Kaweesi ubwo bari basoje misiyo, byagaragaye ko nabyo ari ibicurano, mu gihe bigaragara ko Kayihura atigeze yakira izo telefoni zivugwa.

Aba banyamategeko bavuga ko inkuru zose iki kinyamakuru cyagiye cyandika kuri Kayihura zamugizeho ingaruka mu gihe hari ibindi binyamakuru byagiye bizikoresha nka Sunday Vision, Bukedde, Saturday Vision,… zikwirwakwizwa ku mbuga nkoranyambaga n’abantu benshi, bityo ngo abantu ibihumbi bakaba baragiye bazisoma.

Bagira bati “urukuta rwanyu rwa Twitter ubwarwo rukurikirwa n’abasaga ibihumbi 462, ibyo birego byasomwe n’ibihumbi amajana y’abaturage”.

Ibi byaha byashinjwe Kayihura, ngo byateje akababaro n’ ihungabana ku muryango, inshuti n’abavandimwe, bityo bakaba bategeka iki kinyamakuru ko mu minsi itarenze irindwi kigomba kuba cyarangije kunyomoza inkuru zose cyamwanditseho kimusiga icyasha, kumusaba imbabazi ndetse no kumwishyura ibihumbi 300 by’amashilingi ya Uganda kuri buri nkuru y’indishyi y’akababaro, bitaba ibyo kikagezwa imbere y’ubutabera. Ku ruhande rwa ‘New Vision’ nta kintu bari batangaza kuri ibi bavugwaho.

Gen Kale Kayihura w’imyaka 62 y’amavuko, yahoze ari umuyobozi w’igipolisi cya Uganda, muri Werurwe uyu mwaka nibwo Perezida Museveni yamuvanye kuri uyu mwanya amusimbuza Okoth Ochola. Ku buyobozi bwe hakaba haragiye habaho ubwicanyi bwakorewe abayobozi mu nzego zitandukanye barimo n’uyu AIGP Andrew Kaweesi.

Andrew Kaweesi yishwe ku mwanywa y’ihangu

 

2018-11-05
Editorial

IZINDI NKURU

Umusaruro w’ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambike watangiye kugera no ku babirwanyije: Gaz ivuye mu ntara ya Cabo Delgado igiye gutabara Abanyaburayi

Umusaruro w’ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambike watangiye kugera no ku babirwanyije: Gaz ivuye mu ntara ya Cabo Delgado igiye gutabara Abanyaburayi

Editorial 16 Nov 2022
U Rwanda ku mwanya wa gatatu muri Afurika mu kugira ubukungu butajegajega

U Rwanda ku mwanya wa gatatu muri Afurika mu kugira ubukungu butajegajega

Editorial 29 Sep 2016
Polisi y’u Rwanda yafashe imodoka ebyiri zipakiyemo ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yafashe imodoka ebyiri zipakiyemo ibiyobyabwenge

Editorial 01 Nov 2016
Umunyarwenya Anne Kansiime ari mu byishimo byinshi byo kwitegura kwibaruka imfura ye.

Umunyarwenya Anne Kansiime ari mu byishimo byinshi byo kwitegura kwibaruka imfura ye.

Editorial 16 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Meddy Yishimiye bikomeye n’impano yahawe na Miss Kate Bashabe
IMIKINO

Meddy Yishimiye bikomeye n’impano yahawe na Miss Kate Bashabe

Editorial 07 Nov 2016
Gatsibo: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kurengera ibidukikije
Mu Mahanga

Gatsibo: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kurengera ibidukikije

Editorial 01 Feb 2016
Man United 4-0 Feyenoord: Rooney umaze iminsi akomerwa n’abafana yaciye  agahigo
IMIKINO

Man United 4-0 Feyenoord: Rooney umaze iminsi akomerwa n’abafana yaciye agahigo

Editorial 25 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru