• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Imvururu zishingiye ku butaka zaguyemo umwe, inzu 100 ziratwikwa

Uganda: Imvururu zishingiye ku butaka zaguyemo umwe, inzu 100 ziratwikwa

Editorial 19 May 2018 Mu Mahanga

Umuntu umwe yaguye mu mirwano ishingiye ku butaka mu karere ka Nebbi, inzu 100 ziratwikwa naho umudugudu wose uhungira muri Congo Kinsha.

Imirwano yashyamiranyije amoko abiri ubwitwa Acer n’abandi bitwa Jupu-Omaki mu gace kitwa Angule mu karere ka Nebbi muri Uganda.

Imirwano ikomeye yatangiye ku wa kabiri ihosha ku wa gatatu, yaranze no gutwika inzu no gutema insina kuri buri ruhande.

Ukuriye Polisi mu gace ka Nebbi witwa Fred Ahimbisibwe, yavuze ko muri iyi mirwano haguyemo uwitwa Gabriel Jakisa w’imyaka 32 wo ku ruhande rw’abo mu bwoko bwa Jupa.

Ahimbisibwe yashinje abo mu bwoko bwa Acer gutera bagenzi babo bo mu bwoko bwa Jupu-Omaki.

Yatangarije The Monitor ati “Hagomba kubahwa amategeko, kandi amategeko agomba gufasha mu gukemura imvururu hagati y’amoko.”

Imvururu zishingiye ku butaka muri kariya gace ngo zigeze kubaho mu 1996 ndetse ikibazo kigezwa mu nkiko mu 2014.

Amakimbirane yongeye kubura ubwo urukiko rwategekaga gufata abandi bantu bo mu bwoko bwa Acer ngo bagire ibyo babazwa kuri iki kibazo.

Ahimbisibwe avuga ko abo bantu batawe muri yombi ngo babazwe kubera ko abakekwaho ibyaha bahunze.

Umuyobozi w’agace ka Ndhew (Sub-county) Bosco Okwai yasabye aba baturage kwicara hamwe bakaganira ku kibazo kibatandukanya.

Ati “Tugoba kwigisha abato kubaha itegeko aho kurirengaho.”

Yavuze ko abana n’abagore b’inzirakarengane bararara badasinziriye aho bahungiye kubera ikibazo gito abantu bakwicara bagakemura.

Umwe mu bo mu bwoko bwa Acer, Angwe Oyeki w’imyaka 81, avuga ko ubutaka abo mu bwoko bwa Jupu-Omaki biyitirira bwagenewe kuragirwaho amatungo.

Ati “Abo mu bwoko bwa Jupu-Omaki bo muri Angule ni impunzi zacumbikiwe hano zivuye muri Congo Kinshasa, nta butaka bagira ino, ariko bashaka gufata n’ubutaka buruta ubwo umukuru w’umuryango wacu yabahaye.”

Uyu musaza avuga ko abo bantu bageze mu gace kabo mu 1964, ubutaka bapfa bungana na A 500.

2018-05-19
Editorial

IZINDI NKURU

Imyiteguro yo kwakira John Kerry mu Rwanda irarimbanije

Imyiteguro yo kwakira John Kerry mu Rwanda irarimbanije

Editorial 08 Oct 2016
Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Editorial 28 Feb 2020
Ikipe ya Cameroon na Cape Verde zatangiye neza mu mikino y’igikombe cya Afurika kiri kuba ku ncuro ya 33

Ikipe ya Cameroon na Cape Verde zatangiye neza mu mikino y’igikombe cya Afurika kiri kuba ku ncuro ya 33

Editorial 10 Jan 2022
Uko ibiyobyabwenge  bigira uruhare mu ihohoterwa rikorerwa abana

Uko ibiyobyabwenge bigira uruhare mu ihohoterwa rikorerwa abana

Editorial 15 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

South African Airways iri mu bihe bikomeye by’amikoro; idatabawe ishobora gufunga imiryango
UBUKERARUGENDO

South African Airways iri mu bihe bikomeye by’amikoro; idatabawe ishobora gufunga imiryango

Editorial 17 Dec 2019
Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri
ITOHOZA

Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri

Editorial 18 Jan 2017
Burundi: Zimwe mu mpunzi zari zatahutse zirimo gusubira mu buhungiro
POLITIKI

Burundi: Zimwe mu mpunzi zari zatahutse zirimo gusubira mu buhungiro

Editorial 13 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru