• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Imvururu zishingiye ku butaka zaguyemo umwe, inzu 100 ziratwikwa

Uganda: Imvururu zishingiye ku butaka zaguyemo umwe, inzu 100 ziratwikwa

Editorial 19 May 2018 Mu Mahanga

Umuntu umwe yaguye mu mirwano ishingiye ku butaka mu karere ka Nebbi, inzu 100 ziratwikwa naho umudugudu wose uhungira muri Congo Kinsha.

Imirwano yashyamiranyije amoko abiri ubwitwa Acer n’abandi bitwa Jupu-Omaki mu gace kitwa Angule mu karere ka Nebbi muri Uganda.

Imirwano ikomeye yatangiye ku wa kabiri ihosha ku wa gatatu, yaranze no gutwika inzu no gutema insina kuri buri ruhande.

Ukuriye Polisi mu gace ka Nebbi witwa Fred Ahimbisibwe, yavuze ko muri iyi mirwano haguyemo uwitwa Gabriel Jakisa w’imyaka 32 wo ku ruhande rw’abo mu bwoko bwa Jupa.

Ahimbisibwe yashinje abo mu bwoko bwa Acer gutera bagenzi babo bo mu bwoko bwa Jupu-Omaki.

Yatangarije The Monitor ati “Hagomba kubahwa amategeko, kandi amategeko agomba gufasha mu gukemura imvururu hagati y’amoko.”

Imvururu zishingiye ku butaka muri kariya gace ngo zigeze kubaho mu 1996 ndetse ikibazo kigezwa mu nkiko mu 2014.

Amakimbirane yongeye kubura ubwo urukiko rwategekaga gufata abandi bantu bo mu bwoko bwa Acer ngo bagire ibyo babazwa kuri iki kibazo.

Ahimbisibwe avuga ko abo bantu batawe muri yombi ngo babazwe kubera ko abakekwaho ibyaha bahunze.

Umuyobozi w’agace ka Ndhew (Sub-county) Bosco Okwai yasabye aba baturage kwicara hamwe bakaganira ku kibazo kibatandukanya.

Ati “Tugoba kwigisha abato kubaha itegeko aho kurirengaho.”

Yavuze ko abana n’abagore b’inzirakarengane bararara badasinziriye aho bahungiye kubera ikibazo gito abantu bakwicara bagakemura.

Umwe mu bo mu bwoko bwa Acer, Angwe Oyeki w’imyaka 81, avuga ko ubutaka abo mu bwoko bwa Jupu-Omaki biyitirira bwagenewe kuragirwaho amatungo.

Ati “Abo mu bwoko bwa Jupu-Omaki bo muri Angule ni impunzi zacumbikiwe hano zivuye muri Congo Kinshasa, nta butaka bagira ino, ariko bashaka gufata n’ubutaka buruta ubwo umukuru w’umuryango wacu yabahaye.”

Uyu musaza avuga ko abo bantu bageze mu gace kabo mu 1964, ubutaka bapfa bungana na A 500.

2018-05-19
Editorial

IZINDI NKURU

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Editorial 06 Jun 2024
ACP Mutezintare yasabye abamotari bo muri Musanze kugira uruhare mu gukumira ibyaha

ACP Mutezintare yasabye abamotari bo muri Musanze kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Editorial 29 Dec 2016
Gakenke: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abaturage kwirinda ihohoterwa ryo mu ngo

Gakenke: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abaturage kwirinda ihohoterwa ryo mu ngo

Editorial 02 May 2016
Imyaka irenga 25 y’imfabusa kuri Ingabire Victoire

Imyaka irenga 25 y’imfabusa kuri Ingabire Victoire

Editorial 19 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nigeria: Umupasiteri akurikiranyweho gusambanya no gucuruza abana bato bo mu itorero rye
Mu Rwanda

Nigeria: Umupasiteri akurikiranyweho gusambanya no gucuruza abana bato bo mu itorero rye

Editorial 05 May 2017
RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano
INKURU NYAMUKURU

RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano

Editorial 14 Aug 2018
Fears as Burundi starts census to register foreigners
ITOHOZA

Fears as Burundi starts census to register foreigners

Editorial 03 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru