• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?

Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?

Editorial 21 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’inkuru nyinshi tugenda tubagezaho zigaragaza uburyo leta ya Uganda ikomeje gushaka guteza umutekano muke n’urujijo mu Rwanda, ubu noneho hadutse igihuha kivuga ko umugande yashimutiwe mu Rwanda.

Amakuru twatohoje neza aravuga ko umugande witwa Justus Tweyogyere yinjiye ejo taliki ya 20 Ugushyingo 2017 afite amafaranga agera kuri miliyoni mirongo 36. Yinjira ku ruhande rw’u Rwanda k’umupaka wa Gatuna, ntiyagaragaje ayo mafaranga ku nzego zibishinzwe nkuko amabwiriza ya Banki Nkuru y’u Rwanda abivuga mu gihe utwaye amafaranga arenze amadolari 10,000.

Amaze kubitsa aya mafaranga muri Banki y’Abaturage ishami ryayo riri ku mupaka wa Gatuna, Polisi yamusabye gutanga ibisobanuro kubera ko atari yubahirije itegeko, asobanura ko amafaranga yari afite arayo akoresha mu kazi akora k’ubuvunjayi. Yavuze ko abitsa hano amanyarwanda, bagenzi banjye b’i Kigali bakampa amadorali tugakora ubucuruzi hagati ya Kabale, Gatuna/Katuna na Kigali.”

Polisi yamusabye kwerekana ibiro by’ivunjisha (Forex Bureau) bakorana nabyo I Kigali nkuko yabisobanuye, araza arabyerekana ndetse polisi igenzura impapuro z’amafaranga yari afite isanga nta kibazo kirimo.

Nyuma yo gutanga ibisobanuro, Polisi yaramuherekeje muri Gare ya Nyabugogo, aho yafatiye imodoka imusubizayo. Mu masaha ya nyuma ya saa sita akaba aribwo yambutse asubira Uganda, akaba ari mu kazi ke nk’uko bisanzwe.

Nyirubwite akaba yitangarije ko polisi itigeze imufunga ahubwo ko yamwegereye ikamwaka ibisobanuro. Umuntu akaba yakwibaza aho ibinyamakuru byo muri Uganda byashingiye bitangaza ko yashimuswe?

Ishami rishinzwe iperereza ku mari mu Rwanda (Financial intelligence Unit) ryashyizeho amabwiriza agamije kugena ingano y’amafaranga (cash) cyangwa inyandiko mvunjwafaranga bitemerewe kwambutswa umupaka byinjizwa cyangwa bisohorwa mu Rwanda.

Nk’uko bigaragara muri ayo mabwiriza N° 01/2017 yo kuwa 2 Ukwakira 2017 y’Ishami rishinzwe iperereza ku mari yerekeye imenyekanisha ry’amafaranga ku mupaka (yasohotse mu igazeti ya Leta ya Repubulika y’u Rwanda No. 40 yo ku itariki ya 2 Ukwakira 2017), mu ngingo yayo ya gatatu havugwamo ko ingano y’amafaranga cyangwa agaciro k’impapuro mvunjwafaranga byemerewe kuvanwa cyangwa kwinjizwa ku butaka bw’u Rwanda nyirabyo atarinze kubimenyekanisha ari amadolari y’Amerika atarenga ibihumbi icumi (10,000 USD) cyangwa iyo ngano mu bundi bwoko bw’amafaranga.

Ntawashidikanya ko ibinyoma ku Rwanda bikomeje gutangazwa n’ibinyamakuru byo muri Uganda hari abantu babiri inyuma bagamije guharabika isura y’u Rwanda.

Amakuru twatohoje tukanatangaza mu nkuru zabanje nuko bamwe muri abo bari muri leta ya Uganda.

Tuzakomeza kubakurikiranira amakuru hagati ya Uganda n’u Rwanda.

Ubwanditsi.

2017-11-21
Editorial

IZINDI NKURU

Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha

Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha

Editorial 17 Oct 2022
Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 08 Kanama 2018

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 08 Kanama 2018

Editorial 09 Aug 2018
Imbabazi za Perezida wa Repubulika ni igihango n’Igihugu, ugitatiye kiramusama

Imbabazi za Perezida wa Repubulika ni igihango n’Igihugu, ugitatiye kiramusama

Editorial 22 Oct 2024
Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC

Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC

Editorial 15 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda bwamurikiwe ibyagezweho mu mikino uyu mwaka
Mu Rwanda

Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda bwamurikiwe ibyagezweho mu mikino uyu mwaka

Editorial 12 Jun 2017
Amasashe ya pulasitiki 435,000 yafatiwe mu mikwabu Polisi y’u Rwanda yakoranye na REMA
Mu Mahanga

Amasashe ya pulasitiki 435,000 yafatiwe mu mikwabu Polisi y’u Rwanda yakoranye na REMA

Editorial 23 Dec 2016
#TAS2017: Kigali yabaye Umujyi ku bw’impanuka – Kagame
Mu Rwanda

#TAS2017: Kigali yabaye Umujyi ku bw’impanuka – Kagame

Editorial 11 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru