• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Umukuru w’igipolisi aravugwaho guha abaturage uburenganzira bwo kujya batera abapolisi amabuye

Uganda: Umukuru w’igipolisi aravugwaho guha abaturage uburenganzira bwo kujya batera abapolisi amabuye

Editorial 25 May 2018 Mu Mahanga

Umukuru w’Igipolisi cya Uganda, IGP Martins Ochola arahakana ko yahaye abaturage uburenganzira bwo kujya batera amabuye abapolisi be, aho yasobanuye ko atigeze avuga ngo bajye batera abapolisi amabuye, ahubwo yabasabye kujya birwanaho birinda abo yise ba rushimusi.

IGP Ochola yagize ati: “Umuntu ugerageza gufata umuntu nta burenganzira bwo guta muri yombi afite cyangwa atambaye impuzankano ya polisi si umupolisi ahubwo ni rushimusi”I.

Ibi IGP Ochola akaba yabitangarije abanyamakuru mu kiganiro yagiranye nabo I Mbarara nk’uko bitangazwa na Chimpreports.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, ubwo yaganiraga n’aba banyamakuru ku cyicaro cya polisi, umuyobozi wayo yamaganye uburyo butari ubwa kinyamwuga abapolisi bamwe bakoresha mu guta muri yombi abakekwaho ibyaha.

IGP Ochola akaba yaraboneyeho kubwira abaturage ko abapolisi bazajya bajya gufata umunyabyaha bazajya babanza bakivuga kandi bakamenyesha impamvu bagiye guta muri yombi umuntu. Ubwo yibutswaga ko aba bapolisi akenshi bagenda bitwaje imbunda, IGP yavuze ko abaturage bashobora gukoresha amabuye bakarwanya abapolisi nk’abo.

Icyo gihe yagize ati: “Mudufashe kubafata. Niba bafite intwaro, mushobora kubatera amabuye.”

Aya mabwiriza y’umukuru w’igipolisi yahise ateza urunturuntu ndetse bituma umukuru w’inteko ishinga amategeko ahamagaza minisitiri w’ushinzwe ibibazo by’imbere mu gihugu, Gen. Jejje Odongo ngo atange ibisobanuro.

Muri iki gitondo cyo kuri uyu wa gatanu nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga, muri Mbarara, umukuru w’igipolisi yahakanye ko yategetse abaturage kujya batera amabuye abapolisi, ahubwo abishyira ku banyamakuru babitangaje abashinja kubura ubunyamwuga.

Yagize ati: “Ibi biragaragaza urwego rw’itangazamakuru muri iki gihugu. Naba umuntu wa nyuma wavuga gutera amabuye abapolisi banjye. Ntushobora kubwira umuntu ngo atere ibuye umwana wawe.”

Yakomeje asobanura ko icyo gihe yashakaga kwereka abanyamakuru uko abapolisi bakwiye gukora akazi ko guta umuntu muri yombi.

Yavuze ko umupolisi waza yambaye ibyo yishakiye, adafite uruhushya rumwemerera guta muri yombi umuntu, ntiyisobanure ngo avuge aho aturutse, n’icyaha uwo ashaka yakoze cyangwa ngo amusomere uburenganzira bwe, aba ari umushimusi.

Ati: “Sinigeze mvuga ngo mugende mutere amabuye kandi ndashaka ko mubisobanurira neza abaturage.”

2018-05-25
Editorial

IZINDI NKURU

Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa

Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa

Editorial 10 Nov 2016
Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Editorial 26 Nov 2021
Perezida Kagame yakiriye intiti zirimo kumufasha kuvugurura Komisiyo ya AU

Perezida Kagame yakiriye intiti zirimo kumufasha kuvugurura Komisiyo ya AU

Editorial 13 Dec 2016
Ambasaderi w’u Rwanda muri Marocco yasuye ikipe y’igihugu ya Beach Volleyball anagirana ibiganiro n’umuyobozi wa CAVB

Ambasaderi w’u Rwanda muri Marocco yasuye ikipe y’igihugu ya Beach Volleyball anagirana ibiganiro n’umuyobozi wa CAVB

Editorial 26 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup
Amakuru

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Editorial 17 Oct 2021
Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu
Amakuru

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Editorial 06 Jun 2024
Amaraso arasama: Isomo rikomeye kuri Paulina Nyiramasuhuko n’abo mu muryango we bashiriye muri gereza, kubera guhekura Urwababyaye.
Amakuru

Amaraso arasama: Isomo rikomeye kuri Paulina Nyiramasuhuko n’abo mu muryango we bashiriye muri gereza, kubera guhekura Urwababyaye.

Editorial 22 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru