• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

  • Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga   |   24 Jun 2025

  • AMAFOTO: APR FC yerekanye abakinnyi bashya barimo uwabaye umukinnyi mwiza muri Burkina Faso   |   22 Jun 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)

Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)

Editorial 10 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Kuri uyu wa Kabiri taliki 8 Mutarama 2019, Umunyarwanda Tumwine Robert yaguye mu bitaro bya Mbarara muri Uganda azize ingaruka z’iyicarubozo yakorewe igihe kigera ku mezi icyenda n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda (CMI).

Nyakwigendera yasezerewe mu ngabo z’u Rwanda muri 2003 ajya gutura Mbarara/ Uganda muri 2017;  nyuma aza gufatirwa na CMI mu rugo rwe aho yari arwariye taliki 24 Gashyantare 2018 afungirwa iminsi itatu mu kigo cya gisirikare cya Makenke.

Nyuma y’iminsi itatu Tumwine Robert yajyanywe ku cyicaro gikuru cy’urwego rw’iperereza rwa gisirikare (CMI)  aho yakorewe iyicarubozo mu gihe cy’amezi icyenda.

Mu kwezi kwa cumi na kumwe 2018, CMI yamujugunye muri bus iva Kampala ijya Mbarara imubwira ko agenda akazagwa iwe mu rugo I Mbarara. Ahageze yajyanywe ku bitaro bya Mbarara akomeza kuvurwa ariko biranga biba iby’ubusa kuko yaje kwtiaba Imana kuri uyu wa Kabiri taliki 8 Mutarama 2019.

Si Tumwine wakorewe iyicarubozo kuko nkuko twagiye tubibatangariza muri Mutarama 2018, Umunyarwanda Cyemayire Emmanuel wari ufungiwe muri Uganda, yagarutse mu Rwanda nyuma y’iminsi 25 y’ububabare yanyujijwemo n’Urwego rw’Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda (CMI), rwamushimuse bikarangira ibyaha bamushakagaho babiburiye ibimenyetso.

Cyemayire yamaze iminsi 25 akorerwa iyicarubozo muri Uganda

Nyuma y’ibikorwa bimaze iminsi bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda n’abanyarwanda, inzego z’umutekano muri Uganda zikomeje kugirira nabi abafite ubwenegihugu bw’u Rwanda bari ku butaka bw’iki gihugu cy’igituranyi.

Ibi bikorwa bya hato na hato bigejeje ahantu abanyarwanda benshi batangaza ko ‘nta munyarwanda ucyumva atekanye mu gihe ari muri Uganda’.

Ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, iyicarubozo ndetse n’ibindi birimo gufata nabi abanyarwanda bikorwa n’Inzego zishinzwe Iperereza mu gisirikare cya Uganda bimaze igihe kinini bihangayishikije abanyarwanda.

Bamwe mu banyarwanda bakorewe iyicarubozo muri Uganda

Ibi bikorwa byakajije umurego kuva ubwo u Rwanda rugejeje kuri Uganda ikibazo kijyanye n’uko Umutwe w’Iterabwoba wa RNC uri gukoresha ubutaka bw’iki gihugu cy’igituranyi mu bikorwa ushyigikiwemo n’Urwego rw’Ubutasi mu gisirikare cya Uganda, CMI, hagamijwe gushaka abantu bawisungaho ngo bahungabanye umutekano w’u Rwanda.

Hari amakuru yakunze kujya hanze y’abanyarwanda bajugunywe ku mupaka uhuza ibihugu byombi nyuma y’ibyumweru bakorerwa iyicarubozo ku cyicaro cya CMI giherereye ahitwa Mbuya ahantu abanya-Uganda bavuga ko hameze nko mu buvumo bwo ku gihe cya Idi Amin.

Amakuru aturuka muri Uganda ni uko ibibazo byose abanyarwanda bahurira nabyo muri Uganda bituruka ku bantu bakorana n’umutwe wa RNC wa Kayumba Nyamwasa.

Nta kabuza ibyo bisobanuye ko CMI ifite uruhushya ruturuka ibukuru kwa Museveni rwo guta muri yombi umunyarwanda, kumukorera iyicarubozo, kumufungira i Mbuya hatitawe ku byo amategeko ateganya.

Abanyarwanda benshi bagizweho ingaruka n’ibikorwa by’abambari ba Kayumba Nyamwasa wa RNC, nka Pasiteri Deo Nyirigira na Dr Sam Ruvuma, aho bagira uruhare mu kuvuga umunyarwanda wo guta muri yombi, gukorera iyicarubozo baha amakuru Abel Kandiho na bagenzi be. Uyu Brig. Gen. Abel Kandiho niwe ukuriye Urwego rushinzwe Ubutasi mu Ngabo za Uganda, CMI.

2019-01-10
Editorial

IZINDI NKURU

Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho

Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho

Editorial 15 Mar 2016
Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Editorial 13 Aug 2023
Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Editorial 24 Jan 2025
Abafaransa ntibishimiye gahunda ya AU yo kwishakamo ibisubizo iyobowe na Perezida Kagame

Abafaransa ntibishimiye gahunda ya AU yo kwishakamo ibisubizo iyobowe na Perezida Kagame

Editorial 31 Jan 2018
Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho

Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho

Editorial 15 Mar 2016
Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Editorial 13 Aug 2023
Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Editorial 24 Jan 2025
Abafaransa ntibishimiye gahunda ya AU yo kwishakamo ibisubizo iyobowe na Perezida Kagame

Abafaransa ntibishimiye gahunda ya AU yo kwishakamo ibisubizo iyobowe na Perezida Kagame

Editorial 31 Jan 2018
Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho

Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho

Editorial 15 Mar 2016
Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Editorial 13 Aug 2023
prev
next

3 Ibitekerezo

  1. Rebero Jeremy
    January 10, 20195:05 pm -

    Kuba warabaye mu gisirikare ugashaka gukorera mu kindi gihugu biragora. Uganda yiyamye abahoze mu gisirikari cy’Urwanda biyoberanya bagakorera muri Uganda. Kuki se batahava ngo basubire iwabo cyanga se babe impunzi niba bafite icyo bahunga? Nonese abaganda bakomeza kureba ibibi byose bimaze kubakorerwa nk’ukuntu bashebeje igihugu cya Uganda mu ishimutwa ly’impunzi? Numva Uganda nta kosa lyo kwirinda!

    Subiza
  2. Btwenge
    January 10, 20196:10 pm -

    Yewe. bavuga ngo
    Int are ishaje irigata umwana
    Wintama kuko amenyo aba yarashize
    Mukanwa!!!
    Ukuntu mutabazi yagejejwe
    Murwand avuye uganda nabandi
    Bapfiriyeyo

    Mwakomeje mukabikora
    No kurizo nyangarwanda
    Za kayumba fdlr. Sinzi nabandi????

    Subiza
  3. Sunday
    January 11, 201911:14 am -

    Babashimute kugeza igihe bazafatira uriya mucyanshuro wamaguru amaze nkayurutagangurwa

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru