• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Yicishije mushiki we, asambanya umurambo we mu kujijisha agamije kumuhuguza imitungo

Uganda: Yicishije mushiki we, asambanya umurambo we mu kujijisha agamije kumuhuguza imitungo

Ubwanditsi 09 May 2018 Mu Mahanga

Igipolisi cya Uganda ahitwa Kasangati cyataye muri yombi abantu batatu bakurikiranweho kwica umugore w’umunyemari bagamije kwigarurira ibibanza bye bigera kuri bitatu, aho mu bafashwe harimo na musaza we unashinjwa gusambanya umurambo we nyuma yo kumwivugana.

Nyakwigendera, Elisabeth Nakato w’imyaka 32 wari umucuruzi ku muhanda uzwi nka Luwum Street bakaba barakundaga kumwita Mulongo, yishwe n’ibikomere yatewe mu mutwe kuwa Gatanu, itariki 06 Gicurasi 2018, umurambo we ujugunywa ahitwa Kakelenge, mu Karere ka Wakiso.

Abakekwaho kumwica ni musaza we, Pius Mugambwa w’imyaka 26, Sunday Nsubuga w’imyaka 32 akaba ari umushoferi, ndetse na kasim Mpalanyi bakunda kwita engineer w’imyaka 37.

Bivugwa ko Mugambwa yari umwizerwa ukomeye kuri mushiki we ndetse ngo bakaba barasangiraga buri kimwe cyiza mu buzima, ariko Elisabeth atazi ko musaza we yashakaga kumwubakamo icyizere afite undi umugambi munini ubyihishe inyuma nk’uko Spyreports dukesha iyi nkuru ivuga.

Bikanavugwa kandi ko mu cyumweru gishize mbere y’uko yicwa, Elisabeth yahishuriye musaza we ukuntu ashaka kugurisha ibibanza bye kugirango abashe kuzagura ikindi kibanza cyegereye umujyi.

Mugambwa rero yateguye umugambi arawunoza afatanyije na mugenzi we, Kassim Mpalanyi bahamagara nyakwigendera bamusaba kwitegura abaguzi b’ubutaka.

Nymara ariko ngo uyu mugambi nk’uko abakekwa babyiyemereye, ngo icyari kigamijwe ahanini ni ukwica Elisabeth barangiza bakigabanya ibyo bibanza ubwabo mu gihe umugambi wabo wari kuba ugezweho.

Byari biteganyijwe ko Mugambwa azafata ibibanza bibiri biri ahitwa Mpoma, mugenzi we agafata ikindi kiri ahitwa Bukerere, naho uwo mushoferi akazishyurwa miliyoni y’amashilingi ya Uganda.

Bitewe n’uko Elisabeth yari amaze kwizezwa kujya guhura n’abaguzi, musaza we yamubwiye kuza yitwaje amasezerano y’ubugure yose kugirango bahite babirangiza, bateganya ko bazagira uburenganzira kuri ibyo bibanza ari uko bafite amasezerano byaguriweho.

Abashinjwa rero bakodesheje imodoka yo mu bwoko bwa Premio ifite pulaki UAK 824 H yari itwawe n’uwitwa Sunday Nsubuga nawe ushinjwa, ariko mbere yo kujya gufata nyakwigendera baca kuri Mpalanyi usanzwe ari n’umukomisiyoneri.

Elisabeth yaje gukurwa Namugongo nka saa 3;00 z’amanywa, ngo agaragara nk’uwishimiye ko abonye abamugurira ibyo bibanza nk’uko byemezwa n’abashinjwa, bagenze urugendo rutoya Mpalanyi aba aramwadukiriye atangira kumuniga mu gihe musaza we yari amufatiye amaguru ngo amubuze kwinyagambura.

Nyuma y’akanya ko guhangana, Mpalanyi ngo yakuye inyundo inyuma ayikubita nyakwigendera inshuro 5 mu mutwe ahita amwica. Amaze kumwica yabwiye musaza we ko uburyo bwonyine bwo guhisha ubu bwicanyi ari ugusambanya nyakwigendera wari washizemo umwuka kugirango iyi dosiye izashyirwe mu zindi z’abagore bamaze iminsi bicwa muri Uganda bityo bizagore abashinzwe iperereza mu kuvumbura ukuri.

Ubwo aba bombi bafatanyije gusambanya umurambo barangije bajya kuwujugunya ahitwa Kakelenge mu Karere ka Wakiso. Mpalanyi wumvaga ngo ari we wagize uruhare runini muri iki gikorwa yafashe icyemezo cyo gutwara telephone ya nyakwigendera ndetse n’ayo masezerano y’ubugure.

Mu kugarura iyo modoka yari yakorewemo ubwicanyi mu kinamba ngo bayoze, abakozi babonye irimo amaraso ahantu hose, ariko Nsubuga avuga ko ari amaraso y’inkoko yasizwemo n’abapfumu yari yajyanye mu rugendo. Aba baturage ariko ntibabyemeye babimenyesha station ya polisi ya Kanyanya yahise ifata iyo modoka n’umushoferi.

Hafashwe makeya kuri ayo maraso yo mu modoka bajya kuyapima muri laboratwali ya leta iri ahitwa Wandegeya yemeza ko ayo maraso ari ay’umuntu bituma iperereza ryoroha abagize uruhare mu bwicanyi batabwa muri yombi.

Mu gusaka mu rugo rwa Mpalanyi, telephone ya nyakwigendera barayihasanze, banahasanga igitabo kiriho amazina y’umuhungu wa nyakwigendera ndetse n’ayo masezerano y’ubugure bw’ibibanza yazize. Ubwo kandi hanagaragaye andi masezerano y’amahimbano agaragaza ko nyakwigendera yari yamaze kugurisha ibyo bibanza undi muntu.

Abashinjwa kuri ubu bafungiye kuri station ya polisi ya Kasangati, bakaba bakurikiranweho ibyaha by’ubwicanyi no gufata ku ngufu bikabije.

 

2018-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 20 Mar 2024
Leopold Munyakazi arashinjwa urupfu  rwa  Kamagaju Gerturde wari warahungiye iwe yibwira ko azaharokokera

Leopold Munyakazi arashinjwa urupfu rwa Kamagaju Gerturde wari warahungiye iwe yibwira ko azaharokokera

Ubwanditsi 11 Oct 2016
Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka

Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka

Ubwanditsi 25 Dec 2016
Perezida Kagame asanga amashanyarazi ya Gaz Methan azateza imbere Karongi

Perezida Kagame asanga amashanyarazi ya Gaz Methan azateza imbere Karongi

Ubwanditsi 17 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye
INKURU NYAMUKURU

Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Gatsibo: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe kuba ku isonga  mu kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Gatsibo: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe kuba ku isonga mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 15 Mar 2016
Uganda : Umugabo ari mu maboko ya Police azira gusambanya uruhinja rw’amezi 4 abereye se wabo
Mu Rwanda

Uganda : Umugabo ari mu maboko ya Police azira gusambanya uruhinja rw’amezi 4 abereye se wabo

Ubwanditsi 07 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru