• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Yicishije mushiki we, asambanya umurambo we mu kujijisha agamije kumuhuguza imitungo

Uganda: Yicishije mushiki we, asambanya umurambo we mu kujijisha agamije kumuhuguza imitungo

Ubwanditsi 09 May 2018 Mu Mahanga

Igipolisi cya Uganda ahitwa Kasangati cyataye muri yombi abantu batatu bakurikiranweho kwica umugore w’umunyemari bagamije kwigarurira ibibanza bye bigera kuri bitatu, aho mu bafashwe harimo na musaza we unashinjwa gusambanya umurambo we nyuma yo kumwivugana.

Nyakwigendera, Elisabeth Nakato w’imyaka 32 wari umucuruzi ku muhanda uzwi nka Luwum Street bakaba barakundaga kumwita Mulongo, yishwe n’ibikomere yatewe mu mutwe kuwa Gatanu, itariki 06 Gicurasi 2018, umurambo we ujugunywa ahitwa Kakelenge, mu Karere ka Wakiso.

Abakekwaho kumwica ni musaza we, Pius Mugambwa w’imyaka 26, Sunday Nsubuga w’imyaka 32 akaba ari umushoferi, ndetse na kasim Mpalanyi bakunda kwita engineer w’imyaka 37.

Bivugwa ko Mugambwa yari umwizerwa ukomeye kuri mushiki we ndetse ngo bakaba barasangiraga buri kimwe cyiza mu buzima, ariko Elisabeth atazi ko musaza we yashakaga kumwubakamo icyizere afite undi umugambi munini ubyihishe inyuma nk’uko Spyreports dukesha iyi nkuru ivuga.

Bikanavugwa kandi ko mu cyumweru gishize mbere y’uko yicwa, Elisabeth yahishuriye musaza we ukuntu ashaka kugurisha ibibanza bye kugirango abashe kuzagura ikindi kibanza cyegereye umujyi.

Mugambwa rero yateguye umugambi arawunoza afatanyije na mugenzi we, Kassim Mpalanyi bahamagara nyakwigendera bamusaba kwitegura abaguzi b’ubutaka.

Nymara ariko ngo uyu mugambi nk’uko abakekwa babyiyemereye, ngo icyari kigamijwe ahanini ni ukwica Elisabeth barangiza bakigabanya ibyo bibanza ubwabo mu gihe umugambi wabo wari kuba ugezweho.

Byari biteganyijwe ko Mugambwa azafata ibibanza bibiri biri ahitwa Mpoma, mugenzi we agafata ikindi kiri ahitwa Bukerere, naho uwo mushoferi akazishyurwa miliyoni y’amashilingi ya Uganda.

Bitewe n’uko Elisabeth yari amaze kwizezwa kujya guhura n’abaguzi, musaza we yamubwiye kuza yitwaje amasezerano y’ubugure yose kugirango bahite babirangiza, bateganya ko bazagira uburenganzira kuri ibyo bibanza ari uko bafite amasezerano byaguriweho.

Abashinjwa rero bakodesheje imodoka yo mu bwoko bwa Premio ifite pulaki UAK 824 H yari itwawe n’uwitwa Sunday Nsubuga nawe ushinjwa, ariko mbere yo kujya gufata nyakwigendera baca kuri Mpalanyi usanzwe ari n’umukomisiyoneri.

Elisabeth yaje gukurwa Namugongo nka saa 3;00 z’amanywa, ngo agaragara nk’uwishimiye ko abonye abamugurira ibyo bibanza nk’uko byemezwa n’abashinjwa, bagenze urugendo rutoya Mpalanyi aba aramwadukiriye atangira kumuniga mu gihe musaza we yari amufatiye amaguru ngo amubuze kwinyagambura.

Nyuma y’akanya ko guhangana, Mpalanyi ngo yakuye inyundo inyuma ayikubita nyakwigendera inshuro 5 mu mutwe ahita amwica. Amaze kumwica yabwiye musaza we ko uburyo bwonyine bwo guhisha ubu bwicanyi ari ugusambanya nyakwigendera wari washizemo umwuka kugirango iyi dosiye izashyirwe mu zindi z’abagore bamaze iminsi bicwa muri Uganda bityo bizagore abashinzwe iperereza mu kuvumbura ukuri.

Ubwo aba bombi bafatanyije gusambanya umurambo barangije bajya kuwujugunya ahitwa Kakelenge mu Karere ka Wakiso. Mpalanyi wumvaga ngo ari we wagize uruhare runini muri iki gikorwa yafashe icyemezo cyo gutwara telephone ya nyakwigendera ndetse n’ayo masezerano y’ubugure.

Mu kugarura iyo modoka yari yakorewemo ubwicanyi mu kinamba ngo bayoze, abakozi babonye irimo amaraso ahantu hose, ariko Nsubuga avuga ko ari amaraso y’inkoko yasizwemo n’abapfumu yari yajyanye mu rugendo. Aba baturage ariko ntibabyemeye babimenyesha station ya polisi ya Kanyanya yahise ifata iyo modoka n’umushoferi.

Hafashwe makeya kuri ayo maraso yo mu modoka bajya kuyapima muri laboratwali ya leta iri ahitwa Wandegeya yemeza ko ayo maraso ari ay’umuntu bituma iperereza ryoroha abagize uruhare mu bwicanyi batabwa muri yombi.

Mu gusaka mu rugo rwa Mpalanyi, telephone ya nyakwigendera barayihasanze, banahasanga igitabo kiriho amazina y’umuhungu wa nyakwigendera ndetse n’ayo masezerano y’ubugure bw’ibibanza yazize. Ubwo kandi hanagaragaye andi masezerano y’amahimbano agaragaza ko nyakwigendera yari yamaze kugurisha ibyo bibanza undi muntu.

Abashinjwa kuri ubu bafungiye kuri station ya polisi ya Kasangati, bakaba bakurikiranweho ibyaha by’ubwicanyi no gufata ku ngufu bikabije.

 

2018-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Ubwanditsi 16 Jan 2025
Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Ubwanditsi 13 Jul 2022
Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, ibyaranze umwaka w’imikino wa English Premier League 2023-204

Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, ibyaranze umwaka w’imikino wa English Premier League 2023-204

Ubwanditsi 20 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize
INKURU NYAMUKURU

Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize

Ubwanditsi 12 Feb 2020
BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga
UBUKUNGU

BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

Ubwanditsi 19 Mar 2020
Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi
UBUKUNGU

Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi

Ubwanditsi 11 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru